• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 16 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, POLITIKI

Kuri uyu wa Gatanu , itariki 16 Nzeri 2019, i Kigali mu Rwanda hateraniye inama ihuza u Rwanda na Uganda yiga ku ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’ubwumvikane yashyiriweho umukono I Luanda muri Angola.

Intumwa z’u Rwanda muri iyi nama ziyobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gihe intumwa za Uganda ziyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sam Kutesa.

Iyi nama kandi yitabiriwe na Hon. Manuel Domingos Augusto, Minisitiri w’imibanire yo hanze wa Angola, ndetse na Hon. Gilbert Kankonde Malamba, Visi Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’umutekano wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku ruhande rwe, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda, Sam Kutesa yatangaje ko abaturage b’u Rwanda n’aba Uganda bifuza imibanire myiza hagati y’ibihugu byabo by’ibivandimwe. Yijeje ko Uganda yiteguye kandi izashyira mu bikorwa amasezerano y’Ubwumvikane ya Luanda.

Naho ku ruhande rw’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yibukije ko Amasezerano y’Ubwumvikane ya Luanda yari ngombwa cyane ariko ishyirwa mu bikorwa ryayo ari rwo rufunguzo rwo gusubiza mu buryo imibanire y’u Rwanda na Uganda.

Kimwe na mugenzi we, yijeje ko u Rwanda narwo rwiyemeje gushyira mu bikorwa ibiteganywa n’Amasezerano y’Ubwumvikane ya Luanda.

Amasezerano y’Ubwumvikane hagati y’u Rwanda na Uganda yashyizweho umukono kuwa 21 Kanama 2019 muri Angola. Nduhungirehe yavuze ko iyi yari intambwe ikomeye iganisha ku mahoro arambye n’umutekano mu karere.

Imbogamizi ku ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano

Umwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda yabwiye ikinyamakuru Chimpreports kuri uyu wa Mbere, ko u Rwanda rwifuza ko Abanyarwanda bafungiwe muri Uganda by’umwihariko Rene Rutagungira,  wakorewe iyicarubozo ,ukurikiranweho uruhare mu gucyura ku ngufu Abanyarwanda mu butabera bwa Uganda yafungurwa. Haribazwa rero uko ibi bizashoboka mu gihe uyu Munyarwanda yamaze kugezwa mu rukiko.

Uyu yibukije ko mu nama yahuje Perezida w’u Rwanda na mugenzi we wa Uganda muri Angola, yifuzaga ko Uganda imwizeza ko nta Munyarwanda uzongera gutabwa muri yombi ariko Uganda nayo igashimangira ko abazagira uruhare mu byaha batazareberwa izuba.

Igihugu cya Uganda kandi kirifuza kuganira ku ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna mu gihe u Rwanda rwanaburiye abaturage barwo babuzwa gukorera ingendo muri Uganda kubera umutekano wabo.

Ibi byateje ihungabana mu bucuruzi bw’ibihugu byombi ndetse abacuruzi bo muri Uganda bahomba akayabo ka za miliyari.

Nk’uko byemezwa na Banki ya Uganda, ngo hagati ya werurwe na Nyakanga 2018, Uganda yohereje mu Rwanda ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyari 323 z’Amashilingi. Ariko aya yaje kugera kuri miliyari 23 gusa muri Werurwe kugeza muri Nyakanga 2019 ubwo umupaka mhagati y’ibihugu byombi wafungwaga.

Ababikurikiranira hafi ariko hagati aho bafite icyizere ko  ibiganiro bishobora gutanga imbuto na cyane ko hari Amasezerano y’Ubwumvikane yamaze gushyirwaho umukono n’abakuru b’ibihugu byombi agomba kuyobora abari mu biganiro.

2019-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo yaba ashyigikiye RNC ku giti cye cyangwa nibyo yatumwe?

Ese Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo yaba ashyigikiye RNC ku giti cye cyangwa nibyo yatumwe?

Ubwanditsi 14 Nov 2018
Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano  ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini

Kagame: U Rwanda ni igihugu gito mu ngano ariko mu ntekerezo no mu rwego rwa Politiki ni igihugu kinini

Ubwanditsi 01 Apr 2019
Nicolas Sarkozy wahoze uyobora Ubufaransa yatawe muri yombi

Nicolas Sarkozy wahoze uyobora Ubufaransa yatawe muri yombi

Ubwanditsi 20 Mar 2018
Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Ubwanditsi 27 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza
INKURU NYAMUKURU

Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza

Ubwanditsi 29 Dec 2017
RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni
POLITIKI

RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½
IMIKINO

Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Ubwanditsi 09 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru