• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Menya uburyo Marie Bamutese n’umugabo we Peter Verlinden bagoreka amateka n’umwirondoro wabo mu rwego rwo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Menya uburyo Marie Bamutese n’umugabo we Peter Verlinden bagoreka amateka n’umwirondoro wabo mu rwego rwo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 21 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru w’Umubiligi, Peter Verlinden by’umwihariko inshuti magara n’umuryango wa Habyarimana ndetse n’abari abayoboke bose ba Muvoma bahungiye mu bihugu by’iburayi, yashakanye n’umunyarwandakazi, babanje kubeshya umwirondoro ndetse n’amateka ye kugirango abone uburyo bazajya bahakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kubona ibyangombwa mu buryo bwihuse.

Umugore we witwa Marie Bamutese, ubundi amazina ye y’ukuri ni Marina Bamurebe yavukiye mu Mudugudu wa Rugasa, akagari ka Ngenda, umurenge wa Nyarugenge hafi n’umupaka w’u Burundi mu Karere ka Bugesera. Mu bihe bitandukanye Bamurebe wihinduye Bamutese, yumvikana ashyigikiwe n’umugabo we bakwirakwiza ibinyoma mugushinja ibyaha bitandukanye ingabo zahoze ari iza FPR-Inkotanyi. Icyo abantu bakwiye kumenya, nuko Atari ukubeshyera FPR Inkotanyi n’u Rwanda muri rusange mu nyandiko n’imvugo yabo, ahubwo nabo ubwabo babeshya amateka  ndetse n’umwirondoro wa Marie Bamutese wakuze yitwa Marina Bamurebe.

Bamurebe (Bamutese) yanditse inyandiko nyinshi, akora ibiganiro bitandukanye haba ku mateleviziyo Mpuzamahanga agoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Umwe mu bo mu muryango we yabwiye Kigali Today dukesha iyi nkuru ko Bamurebe (Bamutese) ahindaguranya umwirondoro we kugirango agere ku ntego ye ndetse no guhisha amateka ye. Ikindi kinyoma bagenderaho ni ukuvugako umubare w’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi batarenze ibihumbo 200,000 kandi ko byose byatewe na FPR kugeza naho bavuze ko ariyo yicaga Abatutsi.

Aho banyuze hose Bamurebe (Bamutese) n’umugabo we Peter Verlinden  bavugako ababyeyi ba Bamurebe bishwe n’inkotanyi aho avuga ko Se yishwe muri Mata 1994 naho nyina akicwa muri Nyakanga 1997. Nyamara Bamurebe na Verlinden birengagiza ukuri; Se ubyara Bamutese uzwi nka Tharcisse Sempura yaguye mu Ruhango mu kwezi kwa Kane nyuma yo guhunga imirwano yari isatiriye akarere ka Bugesera. Yazize igicuri ndetse  n’imibereho mibi kuko bamutaye mu nkambi ya Ruhango bikomereza Butare atakibasha kugenda. Twibutse ko FPR yageze muri Ruhango mumpera z’ukwa Gicurasi 1994. Ariko mu gukwirakwiza ibinyoma, bati bishwe n’ingabo za FPR zari zacengeye.

Bamutese barakomeje baragenda bagera muri Kongo mu nkambi ya Bukavu mbere yo kugaruka mu Rwanda mu mwaka wa 1995. Bakigera mu Rwanda, Bamurebe na nyina umubyara babaye mu Rwanda mbere yuko yerekeza iburayi n’abavandimwe be batandatu babifashijwemo na nyina wabo wabaga mu Bufaransa. Mu mpera za 1997, nyina umubyara yararwaye arapfa. Akigera iburayi Bamurebe (Bamutesi) yahinduranyije umwirondoro ndetse n’amateka ye. Yavuzeko bahungiye mu mashyamba ya Kongo hanyuma akarongorwa n’umuzayirwa kugirango abone icyo atungisha abavandimwe be na nyina. Ikindi Bamurebe yavuzeko ari Nyina umubyara wamubwiye ko yabeshya kugirango afashwe na Croix Rouge, abeshya ko Nyina yishwe akigera mu Rwanda imbere y’abana be babiri kandi bari kumwe.  Bamutese mu kubeshya yavuzeko yanabaye mu mitwe yitwara gisirikari nk’umwana kugirango ibinyoma bye byimvikane nk’umwana w’umukobwa washowe mu gisirikari. Musaze Savio Bajeneza ubu afite imishinga itandukanye mu Bugesera.

Nyuma yibi byose, Bamurebe (Bamutesi) agenda akwirakwiza ibinyoma, abeshya ko yarokotse Jenoside kugirango akomeze agoreke amateka no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nk’abandi bose bahuje iyi nzira y’ibinyoma. Ubutaha tuzabagezaho uwitwa Gatebuka Jean Claude.

 

 

2020-04-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf

Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Habonetse umwana uvuga ko ari uwa Fred Rwigema usaba Museveni imitungo ya Se

Habonetse umwana uvuga ko ari uwa Fred Rwigema usaba Museveni imitungo ya Se

Ubwanditsi 19 Oct 2018
Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Ubwanditsi 09 Aug 2019
“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka 23: Minisitiri Uwacu yaganirije abapolisi ku kurinda ibyagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi [ AMAFOTO ]
Mu Rwanda

Kwibuka 23: Minisitiri Uwacu yaganirije abapolisi ku kurinda ibyagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 11 Apr 2017
Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa
Amakuru

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Ubwanditsi 08 May 2024
Imyanzuro ikakaye yafashwe nyuma y’IMVURURU zashyamiranyije ubuyobozi  muri Rayon Sports
IMIKINO

Imyanzuro ikakaye yafashwe nyuma y’IMVURURU zashyamiranyije ubuyobozi muri Rayon Sports

Ubwanditsi 11 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru