• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza

Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza

Ubwanditsi 29 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Imiryango y’Abanyarwanda 6 batawe muri yombi n’Ubuyobozi bw’Ubutasi bwa gisirikare muri Uganda (CMI) barasaba abayobozi ba UPDf ko benewabo bakomeje gufungwa bagezwa imbere y’urukiko cyangwa bagafungurwa.

Aba banyarwanda biravugwa ko batawe muri yombi kuwa 19 na 20 Ukuboza bakuwe Nalufenya n’abakozi b’inzego z’umutekano babashinja ibikorwa by’ubutasi n’iterabwoba.

Aba bafashwe ni; Herbert Munyangaju, Freddy Turatsinze, Jessica Muhongerwa, Vanessa Gasaro, Diane Kamikazi na Diane Kamashazi.

Nk’uko bivugwa na Claudette Ninsiima, umugore wa Munyangaju, ngo umugabo we yatawe muri yombi kuwa 20 ukuboza 2017, akuwe mu kabari gaherereye ku Muhanda wa Nyanama muri Kampala, aho yafashwe n’abantu bitwaje intwaro n’imodoka ye bakayitwara.

Ninsiima uvuga mu izina ry’imiryango ifite ababo bafunze, yabwiye itangazamakuru ko nyuma yo guperereza yasanze umugabo we yaratwawe n’abakozi ba CMI, nyuma y’iminsi ibiri akajya ku cyicaro gikuru cy’ubutasi bwa gisirikare asaba kubonana n’umugabo we no gusaba ko afungurwa ariko ngo kugeza ubu nta gisubizo arahabwa nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.

Uyu mugore aragira ati: “Abanyamategeko bacu, Gawaya Tegulle na Eron Kiiza nabo bandikiye minisiteri y’ingabo n’ubutasi bwa gisirikare basaba kubonana n’imfungwa ariko kugeza ubu ibi byarirengagijwe.”

Yakomeje avuga ko nk’umuryango bahangayikishijwe n’abantu babo bafunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko kandi bafungiye ahantu hatazwi kandi bakaba barengeje igihe giteganywa n’amategeko bafunze bataragezwa imbere y’urukiko.

Yongeyeho ko amakuru bamaze kwegeranya avuga ko bafunzwe mu buryo bubi, butubahiriza uburenganzira bwa muntu kandi barimo gukorerwa iyicarubozo.

Yakomeje agira ati: “Mu izina ry’imiryango y’abafunze, ndahamagarira guverinoma ya Uganda ndetse by’umwihariko UPDF na CMI kubaha imfungwa no kuzifata mu buryo bwa kimuntu kandi bwiyubashye, kubaha no gukurikiza amategeko agenga gufunga abakekwaho ibyaha, kuduha nk’umuryango, abanyamategeko n’abaganga uburenganzira bwo kugera ku bantu bacu.”

Ku birego by’uko aba baba barabaga mu bikorwa by’ubutasi kuri guverinoma ya Uganda no mu bikorwa by’iterabwoba, umunyamategeko Kiiza yavuze ko ibi ari ibintu byakwemezwa gusa ari uko bagejejwe imbere y’urukiko batagumishijwe mu buroko.

Kiiza yongeyeho ko aba bantu bafashwe batari binjiye muri Uganda vuba kuko bahamaze imyaka myinshi bari mu bikorwa bya business, aboneraho kwamagana ko abakiriya be binjiye muri Uganda binyuranyije n’amategeko.

2017-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Ubwanditsi 06 Jan 2020
Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?

Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?

Ubwanditsi 08 Jan 2021
PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR

PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR

Ubwanditsi 09 Jul 2018
RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

Ubwanditsi 20 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twagiramungu afite ihungabana [trauma]
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu afite ihungabana [trauma]

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Perezida Kagame yakiriye Shansoriyeri wa Austria mu Rwanda
POLITIKI

Perezida Kagame yakiriye Shansoriyeri wa Austria mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Uganda yirukanye Abanyarwanda 72, abandi bafungwa bashinjwa kuba muri M23
INKURU NYAMUKURU

Uganda yirukanye Abanyarwanda 72, abandi bafungwa bashinjwa kuba muri M23

Ubwanditsi 02 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru