• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda? 

Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda? 

Ubwanditsi 27 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abantu benshi  bazi Tewojeni Rudasingwa cyane cyane  kuri ya maradiyo n’imbuga nkoranyambaga  bitagira akandi kazi uretse gusebya u Rwanda na Perezida warwo. Azwi kandi nk’ umufatanyabikorwa w’ abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibi byose akabikora agirango afatwe nk’ umunyapolitiki wahunze u Rwanda kubera “kutavuga rumwe n’ubutegetsi”. Nyamara sibyo, ahubwo ni umugizi wa nabi, umujura butwi watorotse ubutabera, nk’uko tugiye kubigaragaza muri iyi nyandiko.

Tewojeni Rudasingwa yashinzwe imyanya ikomeye ariko yose ayivamo akoze amarorerwa. Aho yanyuze yahasize amarira kubera ubuhemu yahakoze.

Ubwo yari Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, yaranzwe no kwica agakiza, kugeza ubwo abakozi bari baramuhimbye ”UZI ICYO NDI CYO”, imvugo yakoreshaga ashaka gukanga abantu. Yapyinagazaga bamwe, agatonesha abazi gucinya inkoro, n’abagore yashukishaga imyanya akabasambanya ku ngufu. Imyitwarire ye ntaho yari itaniye n’iy’abambari ba MRND yari ikimara kwirukanwa ku butegetsi.

Tewojeni Rudasingwa yaje kuba ambasaderi w’u Rwanda i Washington muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika,  ari nk’amahirwe Ubuyobozi bw’Igihugu bumuhaye ngo yikosore. Nyamara aka wa mugani uvuga ngo”ntawe utokora ifuku”, Rudasingwa yapfuye kugera muri ambasade atangira kwitwara nk’ikigirwamana. Agasuzuguro ku bandi badipolomate ndetse n’abayobozi b’Amerika, gukandamiza abakozi ba ambasade kugeza n’ubwo abafungira muri kontineri, ngibyo ibyaranze uyu mugabo utagira ubumuntu na mba.

Kubera wa muco wa FPR-Inkotanyi wo kugoragoza umunyamurwango wakosheje, agahabwa umwanya wo kwisuzuma no kwisubiraho, Rudasingwa yavanywe i Washington agirwa Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika. Aho kwikosora, ahageze noneho yakoze udushya, abantu batangira kwibaza niba  Rudasingwa atarahanzweho n’amadayimoni.

Ubwo Tewojeni Rudasingwa yari umuyobozi muri Perezidansi, Perezida Kagame yasabye ko mu Rugwiro hubakwa isomero rigezweho ndetse n’ aho abakozi bafatira ifunguro n’icyo kunywa batagombye kujya hanze ya Perezidansi. Isoko ry’ubwo bwubatsi ndetse no gushyira ibikoresho muri izo nyubako ritsindirwa na Sosiyete yitwa”Fair Construction “.

Tewojeni  Rudasingwa w’inda nini yitwaje umwanya ukomeye yari afite mu Rugwiro, ategeka Fair Constrution  kurangiza inzu yubakaga ku  Gishushu mu Karere ka Gasabo, hanyuma akazabyishyuriza hamwe n’iyo mirimo yo kubaka mu Rugwiro.  Bwana Joseph Mugisha uyobora iyo Sosiyete yamuteye utwatsi, amubwira ko atakwishora muri ubwo bujura. Rudasingwa yararakaye, maze mu rwego rwo kwihimura kuri Mugisha ahita yambura Fair Construction rya soko ryo gushyira ibikoresho muri za nzu zo mu Rugwiro.

Tewojeni Rusasingwa utanagira amakenga, yahise ashinga Sosiyete ye bwite, anayifungurira ibiro i Nairobi mu Kenya, ngo byitwe ko ari kampani ikorera mu mahanga. Yahise yiha isoko ry’amamiliyoni yambuye Fair Construction, nta n’ipiganwa ribaye. 

Ibikoresho byaje kuza, ariko Rudasingwa akabeshya Perezida Kagame ko bizanywe na Fair Constuction, kuko atari kubasha gusobanura icyo Fair Construction yarazize, n’uburyo isoko ryatanzwe nta piganwa ribaye.

Iminsi 40 y’umujura Rudasingwa ariko yari yageze, kuko yananiwe kwinjiza bya bikoresho mu nzu,  ategeka ko imiryango isenywa, ikazongera kubakwa nyuma. Umukozi wakurikiraniraga hafi ubwo bwubatsi yaramwangiye kuko bitari biteganyijwe mu isoko ryatanzwe. induru zaravuze, biba ngombwa ko bigera kwa Perezida Kagame. Ni uko Umukuru w’Igihugu yaje kumenya ko Rudasingwa yihaye isoko aryambuye Fair Construction, maze iperereza ku byaha bya ruswa no kunyereza umutungo w’Igihugu riba riratangiye. 

 Rudasingwa yarabirebye asanga atazabikira, maze muw’2004 aboneza  mu buhungiro muri Amerika, ari naho abwejagurira, uretse ko hari n’ubwo ajya za Bubiligi kwifatanya n’abajenosideri  baba mu Burayi. 

Ageze hanze y’uRwanda  yahise yifatanya n’abandi banyabyaha barimo mwene nyina Gerald Gahima, Patrick Karegyeya  na Kayumba Nyamwasa, maze bashinga umutwe w’iterabwoba wa RNC.   Ubu Rudasingwa yiyita impunzi ya politiki, nyamara ari umujura wahunze ibihano, dore ko yaje no gukatirwa imyaka 24 y’igifungo.

Uretse isoni nke koko, uyu muhemu yagombye gutinyuka kuvugira mu ruhame? Ubanza nawe ari umwuzukuru wa “Ntibazirikana”, nk’abo yifatanya nabo buri tariki ya 06 Mata, mu kwibuka Yuvenali Habyarima.  Urukundo nk’urw’abashakanye Rudasingwa afitanye na Agata Kanzika ubanza rwaramutwaye umutima ku buryo atagitekereza neza.

 

2022-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Ubwanditsi 04 Jun 2024
#Indangamirwa12: Yasipi Casmir wabaye igisonga cya Miss Rwanda yagaragaye nk’umuyobozi w’urugamba

#Indangamirwa12: Yasipi Casmir wabaye igisonga cya Miss Rwanda yagaragaye nk’umuyobozi w’urugamba

Ubwanditsi 08 Aug 2019
Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Burundi: UN yafunze ishami ryayo ryita ku burenganzira bwa muntu

Burundi: UN yafunze ishami ryayo ryita ku burenganzira bwa muntu

Ubwanditsi 05 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Ciney yavuye ku izima uvuga ko atwite
SHOWBIZ

Umuhanzi Ciney yavuye ku izima uvuga ko atwite

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda cyakomereje mu turere twa Kamonyi, Ngororero na Kicukiro
Mu Rwanda

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi y’u Rwanda cyakomereje mu turere twa Kamonyi, Ngororero na Kicukiro

Ubwanditsi 26 May 2017
Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi
Amakuru

Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi

Ubwanditsi 20 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru