• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

Ubwanditsi 31 Aug 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Bimaze kumenyerwa ko BBC-Gahuzamiryango yabaye umuzindaro w’abasebya Leta y’u Rwanda. Tariki 30 Kanama 2022 Ingabire Victoire Umuhoza ”IVU” yongeye kugirana ikiganiro n’ iyo radiyo yagaragaje ko ihora yiteguye guharabika u Rwanda, maze bongera gushinja u Rwanda “gushimuta impirimbanyi za demokarasi n’uburenganzira bwa muntu”. Nta kimenyetso na kimwe IVU yagaragarije umufatanyabikorwa we BBC, cyerekana urwego rwa Leta rwaba rwararigishije abo bantu yita abarwanashyaka be.

Mu rubanza rwahamije  Ingabire Victoire ibyaha byo gukorana n’abahungabanya umutekano w’u Rwanda, hagaragajwe ubimenyetso ko yoherereza FDLR amafaranga, akanayishakira abarwanyi haba mu Rwanda, haba no mu mahanga. Abo bantu yohereza mu mashyamba ya Kongo, nibo ahindukira akabeshya ko baburiwe irengero.

Birazwi ko Ingabire Victoire ari umwe mu bayobozi bakuru b’ishyaka FDU-Inkingi. N’ikimenyimenyi abayoboke be bakusabanya amafaranga  bita “INGEMU” , yo kumwoherereza buri kwezi, andi bakayatangaho umusanzu muri FDLR. Mu nama yabereye ahitwa ALOST  mu Bubiligi tariki 03/07/2022, ikayoborwa na Placide Kayumba, Ingabire Victoire yafashe ijambo hifashishijwe “Zoom”, maze ashishikariza abayoboke ba FDU-Inkingi kongera amafaranga batanga, kuko “abasore bayakeneye cyane”. Abo basore yavugaga ni abarwanyi ba FDU/FDLR barimo n’abo IVU abeshya ko baburiwe irengero, kandi bari ku rugamba muri Kongo.

Ingabire Victoire n’abandi bagizi ba nabi ntibahisha ko bafite”ingabo” muri Kongo. Mu butumwa uwitwa Niyibizi Michel yanditse ku rubuga rwa watsapp ruhuriweho n’abayoboke ba FDU-Inkingi (hari tariki 15/08/2022, saa 13:28),   yagize ati: “Abahutu aho bari hose ntawe ukwiye kuba ntibindeba, kuko ibibi bizaba ku mpunzi, by’umwihariko  ku ngabo zacu ziri mu mashyamba ya Kongo, twese bizatugiraho ingaruka”. Izo “ngabo”nizo Ingabire Victoire yishingikirije, akigira indakoreka ?

Mu kiganiro na BBC, Ingabire Victoire yaravuze ati: “Gushimuta abantu ni icyaha kidasaza. Hari umunsi u Rwanda ruzaba ari igihugu kigendera ku mategeko, ababikora bazadusobanurira impamvu.” Kuvuga ngo” BAZADUSOBANURIRA”, byaba bisobanuye ko hari igihe Ingabire Victoire na FDU/FDLR ye bazaba aribo bayoboye uRwanda? Ikigaragara ni ko abirota, yishingingikirije izo mpehe ze zibuyera mu mashyamga ya Kongo.

Leta y’u Rwanda yasobanuye kenshi ko nta nyumgu, nta n’impamvu yo kurigisa abaturage. Ukekwaho icyaha arafatwa, akaburanishirizwa mu ruhame, cyamuhama akabona guhanwa nk’uko byagenze kuri Ingabire Victoire, yaba umwere akarekurwa. Uwahoze ari Minisitiri w’Ubutabera, Amb. Johnson Busingye yasobanuye ko hari abantu bitwa ko baburiwe irengero, nyamara atari byo. 

  1. Hari abajya mu mitwe y’iterabwoba, nk’uko byagiye bigaragazwa mu manza z’abafatiwe muri ibyo bikorwa.
  2. Hari  abava mu cyaro bakajya gushaka imibereho mu mijyi cyangwa ahandi kure y’iwabo, kandi ntibibaruze aho bimukiye.
  3. Hari abasohoka mu gihugu rwihishwa, barimo n’abanyabyaha.
  4. Hari n’abava mu miryango kubera amakimbirane, bagahinduka inzererezi hirya no hino mu gihugu cyangwa hanze yacyo, n’abandi n’abandi..

Mu by’ukuri rero, si uko Ingabire Victoire na Gahuzamiryango batazi ko ibi byiciro biriho, ahubwo babakusanyiriza  nkana mu “batavuga rumwe na Leta bashimuswe”, hagamijwe gusa kwangiza isura y’Igihugu.

Ibi ni nabyo ibigarasha, abajenosideri n’abambari babo babeshya amahanga kugirango bibonere amaramuko. Icyakora ikinyoma ntigiho ku ntebe, amahanga yatangiye kumenya ibyihishe inyuma y’iyo ndirimbo. Urugero ni amasezerano yo guhererekanya abanyabyaha uRwanda rudasiba gusinyana n’ibihugu binyuranye, kuko byizeye ubutabera bwarwo. Hari ndetse amasezerano yo kwakira  abimukira bo mu Bwongereza icyo gihugu gifitanye n’uRwanda. Abavuzanduru barwanyije aya masezerano, ariko ntibazatinda kubona ko barushywa n’ubusa, wa mugani wa Thomas Nahimana usanga “kubwejagura”ntacyo bimaze.

2022-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Ubwanditsi 05 Apr 2020
Afunzwe azira kubuza umugore we kujya kwibuka

Afunzwe azira kubuza umugore we kujya kwibuka

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo

Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Ubwanditsi 16 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica
Mu Rwanda

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Handball 2017 : Police yatsinze Nyakabanda 37- 18
IMIKINO

Handball 2017 : Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Ububiligi: Uko  Apotre Paul Gitwaza yanyuze mu myanya y’intoki Abapolisi bari baje kumuta muri yombi biturutse ku kagambane ka Bishop Bienvenue?
ITOHOZA

Ububiligi: Uko Apotre Paul Gitwaza yanyuze mu myanya y’intoki Abapolisi bari baje kumuta muri yombi biturutse ku kagambane ka Bishop Bienvenue?

Ubwanditsi 10 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru