• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe igitaraganya muri Rwandair

Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe igitaraganya muri Rwandair

Ubwanditsi 27 Jun 2017 ITOHOZA

Umuyobozi w’Akarere ka Lwengo muri Uganda, George Mutabaazi, kuri uyu wa Gatandatu yasohowe nabi n’Igipolisi cy’u Rwanda mu ndege ya Rwandair azira imyifatire mibi, nk’uko byaje gushimangirwa n’Igipolisi cya Uganda mu itangazo cyasohoye nyuma yaho.

Uyu muyobozi washaka kuva i Kigali asubira muri Uganda ngo yafashwe amashusho ya video asohorwa mu ndege n’umupolisi w’umunyarwanda mbere y’uko indege ihaguruka nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Chimpreports.

“Nakoze iki?”, uko niko yasakuzaga avuga abaza abapolisi bamusohoraga mu gihe abandi bagenzi mu ndege barebaga bacecetse mbere yo gukomeza agira ati: “Ese ibi birankwiriye mu by’ukuri?”

-211.png

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko Igipolisi cya Uganda, gisanzwe gifitanye imikoranire myiza n’Igipolisi cy’u Rwanda, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu cyasohoye itangazo kivuga kuri iyo myitwarire mibi yaranze uyu muyobozi w’Umugande.

Uyu ariko mu kiganiro yagiranye na Daily Monitor aho yabanje kuvuga ko ubundi yari yagiye i Burundi mu nama ariko akanyura mu Rwanda ari naho yari anyuze ataha, yavuze ko bamwibeshyeho bakamusohora mu ndege ariko nyuma baje gusanga nta kibazo afite bakamureka akajyana n’indege yo muri Kenya.

Umuvugizi w’igipolisi, Asan Kasingye yavuze ko Mutabaazi yasohowe mu ndege kubera ko yakomeje guhatiriza kwicara muri Business class mu gihe yari afite itike yo kwicara muri Economic class.

Ngo yanze gutanga umwanya nk’uko yabisabwaga biba ngombwa ko asohorwa nk’uko Kasingye yakomeje avuga.

Andi makuru ariko avuga ko Mutabaazi yari yanasinze ndetse afite urusaku rwinshi bigatuma abandi bagenzi bijujuta basaba abakozi bo mu ndege kugira icyo bakora.

Ubwo bageragezaga kumuturisha, ngo yakomeje gusakuza, abaza abakozi bo mu ndege niba bazi uwo ari we, bituma aba bitabaza igipolisi cyaje kikamusohora.

Ubuyobozi bwa Rwandair nabwo nyuma bwaje kugira icyo butangaza kuri ibi bintu bubinyujije kuri twitter busobanura ko imyitwarire ya Mutabaazi yatezaga akavuyo mu ndege, bukomeza buvuga ko Mutabaazi yashakiwe indi ndege yamutwaye nayo yahagurutse kuri uyu wa Gatandatu.

Uyu mugabo ariko ngo si ubwa mbere agaragayeho imyitwarire idahwitse nk’aho mu 2014 yigeze gufotorwa arimo gukubita abaturage bo mu karere ke abaziza kutitabira umuganda.

Nyuma yaje kwisobanura kuri uku gukubita abaturage ngo bari barimo n’abana bato, avuga ko we atita kuko yafatwa cyangwa amatora ahubwo yitaye ku itarambere rya Lwengo.

-7083.jpg

George Mutabaazi

2017-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba

Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Ubwanditsi 11 Jul 2017
Uganda : Umuryango wa Nteireho wicanwe n’uwiswe Umunyarwandakazi wigaragambije, banga kumushyingura

Uganda : Umuryango wa Nteireho wicanwe n’uwiswe Umunyarwandakazi wigaragambije, banga kumushyingura

Ubwanditsi 07 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri
Amakuru

Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri

RUSHYASHYA 03 Jun 2026
Burundi: ni mpamvu ki leta yatangiye gufunga ONG zihakorera?
Mu Mahanga

Burundi: ni mpamvu ki leta yatangiye gufunga ONG zihakorera?

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Ubwanditsi 15 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru