• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe igitaraganya muri Rwandair

Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe igitaraganya muri Rwandair

Ubwanditsi 27 Jun 2017 ITOHOZA

Umuyobozi w’Akarere ka Lwengo muri Uganda, George Mutabaazi, kuri uyu wa Gatandatu yasohowe nabi n’Igipolisi cy’u Rwanda mu ndege ya Rwandair azira imyifatire mibi, nk’uko byaje gushimangirwa n’Igipolisi cya Uganda mu itangazo cyasohoye nyuma yaho.

Uyu muyobozi washaka kuva i Kigali asubira muri Uganda ngo yafashwe amashusho ya video asohorwa mu ndege n’umupolisi w’umunyarwanda mbere y’uko indege ihaguruka nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Chimpreports.

“Nakoze iki?”, uko niko yasakuzaga avuga abaza abapolisi bamusohoraga mu gihe abandi bagenzi mu ndege barebaga bacecetse mbere yo gukomeza agira ati: “Ese ibi birankwiriye mu by’ukuri?”

-211.png

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko Igipolisi cya Uganda, gisanzwe gifitanye imikoranire myiza n’Igipolisi cy’u Rwanda, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu cyasohoye itangazo kivuga kuri iyo myitwarire mibi yaranze uyu muyobozi w’Umugande.

Uyu ariko mu kiganiro yagiranye na Daily Monitor aho yabanje kuvuga ko ubundi yari yagiye i Burundi mu nama ariko akanyura mu Rwanda ari naho yari anyuze ataha, yavuze ko bamwibeshyeho bakamusohora mu ndege ariko nyuma baje gusanga nta kibazo afite bakamureka akajyana n’indege yo muri Kenya.

Umuvugizi w’igipolisi, Asan Kasingye yavuze ko Mutabaazi yasohowe mu ndege kubera ko yakomeje guhatiriza kwicara muri Business class mu gihe yari afite itike yo kwicara muri Economic class.

Ngo yanze gutanga umwanya nk’uko yabisabwaga biba ngombwa ko asohorwa nk’uko Kasingye yakomeje avuga.

Andi makuru ariko avuga ko Mutabaazi yari yanasinze ndetse afite urusaku rwinshi bigatuma abandi bagenzi bijujuta basaba abakozi bo mu ndege kugira icyo bakora.

Ubwo bageragezaga kumuturisha, ngo yakomeje gusakuza, abaza abakozi bo mu ndege niba bazi uwo ari we, bituma aba bitabaza igipolisi cyaje kikamusohora.

Ubuyobozi bwa Rwandair nabwo nyuma bwaje kugira icyo butangaza kuri ibi bintu bubinyujije kuri twitter busobanura ko imyitwarire ya Mutabaazi yatezaga akavuyo mu ndege, bukomeza buvuga ko Mutabaazi yashakiwe indi ndege yamutwaye nayo yahagurutse kuri uyu wa Gatandatu.

Uyu mugabo ariko ngo si ubwa mbere agaragayeho imyitwarire idahwitse nk’aho mu 2014 yigeze gufotorwa arimo gukubita abaturage bo mu karere ke abaziza kutitabira umuganda.

Nyuma yaje kwisobanura kuri uku gukubita abaturage ngo bari barimo n’abana bato, avuga ko we atita kuko yafatwa cyangwa amatora ahubwo yitaye ku itarambere rya Lwengo.

-7083.jpg

George Mutabaazi

2017-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Uko Umujenosideri Kabuga yaciye murihumye Opération NAKI, akaba yiturije i Ngozi mu Burundi.

Ubwanditsi 05 Apr 2019
BIRABABAJE :Umukobwa yahiye umubiri wose ubwo yari agiye gushyushya amazi yo kwiyuhagira

BIRABABAJE :Umukobwa yahiye umubiri wose ubwo yari agiye gushyushya amazi yo kwiyuhagira

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Mbarara: Inzego z’Ubutasi  zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Mbarara: Inzego z’Ubutasi zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Majoro Ntilikina uba mu Bufaransa yaba afasha abashaka kurema umutwe w’ingabo utemewe ugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho

Majoro Ntilikina uba mu Bufaransa yaba afasha abashaka kurema umutwe w’ingabo utemewe ugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho

Ubwanditsi 21 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe  mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida  Kagame
Mu Mahanga

Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida Kagame

Ubwanditsi 12 Sep 2016
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya
HIRYA NO HINO

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Ubwanditsi 22 Jul 2020
Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One? Irebere uko bakurikirana
Mu Rwanda

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One? Irebere uko bakurikirana

Ubwanditsi 27 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru