• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mbarara: Inzego z’Ubutasi zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Mbarara: Inzego z’Ubutasi zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Ubwanditsi 12 Oct 2018 ITOHOZA

Abakozi b’inzego z’umutekano  zirimo Urwego rushinzwe iperereza mu gisirikare cya Uganda (CMI) n’ Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) baravugwaho kuba barambitse ubusa buri buri  Abanyarwandakazi batatu; Dinah Kamikazi  Agasaro Vanessa na Jessica Muhongerwa, kugira ngo barebe uko umugore w’Umunyarwandakazi aba  ateye.

Ibi ni ibyabaye kuwa 16 Ukuboza  umwaka ushize nk’uko ikinyamakuru Virunga Post dukesha iyi nkuru kibitangaza.

Aba bakobwa  batangaje ko ubwo batabwaga muri yombi n’inzego z’umutekano bahatirijwe gukuramo imyambaro yabo  kugira ngo berekane uko Umunyarwandakazi ateye.

Ubusanzwe, Dinah Kamikazi yari afite akabari n’inzu itunganya ubwiza (Salon) mu gihe  Agasaro Vanessa na Jessica Muhongerwa bombi bari bafite utubari mu mujyi wa Mbarara.

Aba banyarwandakazi nyuma yo kwigirizwaho nkana no gukorerwa iyicarubozo  n’abakozi ba ISO  na CMI baje kujugunywa ku mupaka w’U Rwanda na Uganda witwa Katuna nk’uko bisanzwe bigenda ku bandi Banyarwanda batabwa muri yombi maze imitungo yabo isigara Mbarara.

Si ubwa mbere Abanyarwanda by’umwihariko abakorera mu mujyi wa Mbarara bakorerwa iyicarubozo. Tubibutse ko kuwa 4 Mutarama 2018 Umunyarwanda wari ufite iduka ry’ibikoresho by’ikoranabuhanga ryitwa Sanyu Electronics ari we Emmanuel Cyemayire yatawe muri yombi agakorerwa iyicarubozo rikomeye ku buryo yageze mu Rwanda aririmba urwo yabonye.

Nyuma yaho abandi Banyarwanda barimo Hubert Munyangaju Mugiraneza na Fred Turatsinze batawe muri yombi bafatiweho imbunda na CMI.

Benshi mu bagiye batabwa muri yombi bahuriza ku ngingo ivuga ko kuba ari ukubikiza kuko baba badashyigikiye umugambi wa Rwanda National Congress (RNC), ishyaka ritavuga rumwe n’U Rwanda rya Gen. Kayumba Nyamwasa. Aba bahamya ko umujyi wa Mbarara ari indiri ikomeye y’ibikorwa bya RNC by’umwihariko urusengero AGAPE rwa Pasiteri Deo Nyirigira kuko ngo ari rwo rukorerwamo urutonde rw’abatahiwe gutabwa muri yombi ubundi rugashyikirizwa ISO na CMI.

Inzego z’ubutasi bwa gisirikare bwa Uganda (CMI) iyobowe na Brig. Abel Kandiho ndetse n’izumutekano w’imbere mu gihugu (ISO) iyobowe na (Rtd) Col. Frank Kaka Bagyenda zagiye zitungwa agatoki kenshi mu gutoteza no guhimbira ibyaha Abanyarwanda baba muri Uganda.

Abayobozi ku ruhande rwa Uganda bavuze ko Abanyarwanda batabwa muri yombi baba bafite aho bahuriye n’ibikorwa byo kubangamira umutekano w’igihugu cyabo.

Ku rundi ruhande, U Rwanda rwagiye runenga iyi mikorere ruvuga ko Aba banyarwanda batabwa muri yombi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

2018-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori : Muri RNC ishaje  havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo

Bombori bombori : Muri RNC ishaje havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Uwicishaga Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centre Afrika yaramenyekanye

Uwicishaga Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centre Afrika yaramenyekanye

Ubwanditsi 05 Feb 2016
Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Ubwanditsi 10 Oct 2022
Kayumba Nyamwasa arashinja Rudasingwa amarozi

Kayumba Nyamwasa arashinja Rudasingwa amarozi

Ubwanditsi 13 Sep 2016

3 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    October 12, 20183:42 pm -

    ARIKO UYU WANDIKA INKURU NKIZI YABA BARACIYE MWISHURI???
    NABANYA RWANDA BANGAHE SE BABAYE UGANDA IMYAKA NIMYAKA!!!??
    NONESE MUJYIYE KUTUBWIRA KO UBWAMBURE BWABANYARWANDA
    BUTANDUKANYE NUBWABANDI BANTU BATUYE ISI????

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    October 12, 20184:11 pm -

    Ibi bihabanye n’ibyo tuzi bibera i Mbarara kandi abanyarwanda sibwo baturayo! Mpazi abanyarwanda bahageze muri 1957 kandi ntibambitswe ubusa!

    Subiza
    • Sunday
      October 13, 20184:39 am -

      Abanyarwanda babi babicyanyi bakoreswha numwicyanyi kagame niyo mavunja duhandura kandi nayongayo atarinjira mukuguru tuzayafuhirira umuti.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Ubwanditsi 09 Sep 2018
Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso
Mu Mahanga

Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Ubwanditsi 28 Dec 2016
Amateka yacu ntatwemerera kwirara – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Amateka yacu ntatwemerera kwirara – Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru