• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka

Editorial 05 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko ruri munsi y’imyaka 24 ko iterambere igihugu kimaze kugeraho kirikesha ubwitange no gukorana umurava by’abitangiye urugamba rwo kukibohora rwaguyemo benshi, arusaba gukomeza kurisigasira.

Yabigarutseho ku mugoroba wo kuri uyu wa 4 Nyakanga 2018, mu musangiro w’umunsi u Rwanda rwizihizagaho ku nshuro ya 24 Umunsi wo Kwibohora.

Yagize ati “Ntimuzibagirwe na rimwe ko aho turi uyu munsi ari umusaruro wo gukorana imbaraga, ubwitange n’abantu batakaje ubuzima bwabo. Ahazaza hari mu biganza byanyu kandi nimwemera gusubira inyuma, amateka ntazigera abababarira.”

Umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 24, wizihirijwe ku rwego rw’igihugu mu Karere ka Muhanga, aho Perezida Kagame yatashye ku mugaragaro Umudugudu w’Icyitegererezo wa Horezo ufite agaciro ka miliyari zisaga eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, watujwemo imiryango 100 yo mu Mirenge ya Rongi na Nyabinoni yari ituye mu manegeka.

Yasabye abaturage bo mu Karere ka Muhanga mu gice cyahoze cyitwa Ndiza, ubufatanye mu gukomeza kubaka igihugu nk’uko babigaragaje mu kurwanya abacengezi mu myaka 20 ishize.

Yagize ati “Uko twafatanyije muri urwo rugamba rw’amasasu rwo kwibohora n’ibindi bikorwa byose byabaye icyo gihe byari binagoranye, ni ko twifuza gufatanya urugamba rw’ubukungu, rw’imibereho myiza, rw’umutekano, ibyo ntabwo twabigeraho tudafatamyije n’abaturage.”

Mu rugamba rwo kubohora igihugu, uretse abasirikare hari abandi Banyarwanda batanze umusanzu ukomeye nubwo batagiye ku rugamba rw’amasasu hagati ya 1990 na 1994, bateye imbaraga abarwanyi, batanga ibyo bashoboye byose kugira ngo rugende neza.

Ku munsi wo kwibohora, Abanyarwanda bazirikana ubwo ingabo za RPA zari iza FPR-Inkotanyi zahagarikaga Jenoside mu 1994 zigashyiraho Guverinoma y’Ubumwe n’Ubwiyunge bw’Abanyarwanda, ica akarengane, ivangura n’irondamoko mu gihugu, ishyira imbere urugamba rw’iterambere.

Uru rugamba rwatangiye ku wa 1 Ukwakira 1990, itariki yanditse ku mitima y’Abanyarwanda kuko ari wo munsi hatangiye urugendo ruganisha ku iterambere n’umudendezo igihugu gifite ubu.

Urugamba rwo kubohora u Rwanda ruvugwamo byinshi ariko ibigarukwaho na benshi ni ubutwari, umurava no kudasubira inyuma byaranze ingabo, zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi yari iri kuba mu Rwanda amahanga arebera. Urwo rugamba rwayobowe n’abiganjemo urubyiruko rwanze guhera ishyanga no kuba insina ngufi ahubwo rutitaye ku nzira y’inzitane rwanyuragamo, ruhara ubuzima bwarwo ngo igihugu gitekane.

Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko ruri munsi y’imyaka 24 ko iterambere igihugu kimaze kugeraho kirikesha ubwitange no gukorana umurava by’abitangiye urugamba rwo kukibohora

Perezida Kagame yeretswe urukundo nk’ikimenyetso cyo kuzirikana ko yitangiye kuyobora urugamba rwo kubohora igihugu

2018-07-05
Editorial

IZINDI NKURU

Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada

Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada

Editorial 13 Mar 2018
Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Editorial 21 Jan 2025
Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Editorial 19 Nov 2019
Perezida Kagame yageze i Addis Ababa aho yitabiriye Inama Rusange ya 30 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Perezida Kagame yageze i Addis Ababa aho yitabiriye Inama Rusange ya 30 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Editorial 27 Jan 2018

Igitekerezo kimwe

  1. dada
    July 6, 201811:05 am -

    Urwo n urugamba rwarwanye abana b imyaka 16 kubera ishyaka ry igihugu cyabo n igisuzuguro bari baragiriye mu mahanga barahaguruka bari bazi ikibajyanye ko atar ukurya no kunywa ,umurava,urukundo ku gihugu cyabo,MWARAKOZE BANA B U RWANDA DUSHIMIRA CYANE NA PRESIDENT WACU PAUL KAGAME WABAGIYE IMBERE NDABAKUNDA NKABURA UKO NGIRA,IMANA IZABAMPER UMUGISHA!!!!!!!

    Subiza

Leave a Reply to dada Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?
INKURU NYAMUKURU

Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Editorial 21 Mar 2020
Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali
IMIKINO

Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Editorial 06 Jan 2016
Abayisilamu basabwe kwishimira ko basigaye bafite uburenganzira mu Rwanda
Mu Rwanda

Abayisilamu basabwe kwishimira ko basigaye bafite uburenganzira mu Rwanda

Editorial 25 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru