• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ibyamamare ku Isi byokeje igitutu Perezida Museveni kubera ifungwa rya Bobi Wine

Ibyamamare ku Isi byokeje igitutu Perezida Museveni kubera ifungwa rya Bobi Wine

Ubwanditsi 23 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Igitutu gikomeje kwiyongera, mu mpande zose z’Isi ibyamamare mu muziki, abanditsi n’abanyapolitike barasaba Leta ya Perezida Museveni kurekura ‘nta mananiza’ umuririmbyi Bobi Wine umaze iminsi icumi mu gihome.

Bobi Wine yafashwe ku wa Mbere tariki 13 Kanama 2018, yatawe muri yombi ari kumwe na bagenzi be Depite Zaake Francis, Depite Karuhanga, Nyanzi Fred ndetse na Kassiano Wadri uherutse gutsinda amatora muri Arua.

Kuva yafatwa, havuzwe byinshi byiganjemo gutunga agatoki Leta ya Perezida Museveni ko yahimbiye ibirego uyu muhanzi mu gihe abo ku ruhande rwe bashinja igisirikare ko cyamukoreye iyicarubozo ndetse ko cyamufunze mu buryo bugamije kubabaza umubiri we.

Abahanzi b’ibyamamare mu bice bitandukanye by’Isi bagaragaje ko ‘nabo batishimiye na gato ifungwa rya Bobi Wine n’uburyo yakorewe iyicarubozo’ bagasaba ko yahita arekurwa.

Abahanzi bakomeye barimo Chris Martin, umuririmbyi ukomeye cyane mu itsinda rya Coldplay; Chrissie Hynde wo mu itsinda rikomeye ku Isi The Pretenders; Peter Gabriel; Angelique Kidjo; Femi Kuti[umwana wa Fela Kuti]; Brian Eno; Damon Albarn n’abandi.

Ababa bahanzi n’abandi bagera muri 50 basinye ibaruwa isaba Leta ya Uganda ko yarekura Bobi Wine kandi ko “bamaganye mu buryo bweruye ifatwa, ifungwa n’itotezwa ndetse n’ibikorwa bibabaza umubiri byakozwe n’igisirikare cya Uganda” kuri Depite Robert Kyagulanyi[Bobi Wine].

Mu basinye kuri iyi baruwa nk’uko Billboard ibitangaza, harimo umwanditsi ukomeye Wole Soyinka, umunyapolitike Tom Watson[umuyobozi wungirije w’ishyaka Labour Party ryo mu Bwongereza] ndetse na benshi mu baharanira uburenzira bwa muntu muri Uganda.

Iyi baruwa ikomeza ivuga ngo “Turasaba Guverinoma ya Uganda ko yakora ibishoboka akabasha kubona ubuvuzi kandi ikemera ko hakorwa iperereza ritabogamye ku ifungwa rye ryakozwe mu buryo bubi.”

Ifungwa rya Depite Bobi Wine ryarakaje benshi muri Uganda ndetse by’umwihariko abatabarika biganjemo urubyiruko barahekenyera amenyo Perezida Yoweri Museveni ufatwa nk’uwategetse ko uyu muhanzi afungwa.

Bobi Wine yatangiye guhangana na Perezida Museveni mu buryo bweruye kuva muri Nyakanga 2017 ubwo yinjiraga mu Nteko Ishinga Amategeko, na mbere y’aho ari muri bake batinyukaga kuvuga byeruye ko ‘ubutegetsi bwa Museveni’ bujegajega bityo ko hakenewe impinduka.

Mu minsi yashize yasohoye indirimbo yise ‘Freedom’ yamagana mu buryo bweruye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga hakavanwamo imyaka ntarengwa irebwaho ku wemerewe kuba Perezida wa Uganda. Iri hindurwa ryatumye Museveni[wafashe ubutegetsi mu 1986 ] abona uburyo bwo kuzakomeza kuyobora kugeza mu 2021.

Kuri uyu wa Gatatu, Kizza Besigye yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru anenga bikomeye leta ya Uganda ikoresha imbaraga za gisirikare mu kurwana n’abatavuga rumwe nayo. Yanavuze ko ibyakorewe Bobi Wine nawe yabiciyemo mu myaka myinshi ishize.

Kizza Besigye yavuze ko “ibyaha Bobi Wine ashinjwa ari ibihimbano”. Yongeraho ati “Nanjye bandeze kenshi banshinja kugambanira igihugu, gufata ku ngufu, iterabwoba, gutunga imbunda n’ibindi bagamije kunca intege.”

Kuri uyu wa Gatatu kandi, inshuti, umuryango n’abandi bose bamaganiye kure ifungwa rya Bobi Wine bitabiriye igitambo cya misa yabereye kuri Cathedral Rubaga i Kampala basabira uyu muhanzi umaze iminsi icumi afunzwe.

Kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Kanama 2018, Bobi Wine agomba kwitaba urukiko rwa gisirikare kugira ngo atangire kuburanishwa ku byaha ashinjwa birimo gutunga imbunda mu buryo butemewe n’amategeko no gushoza imyigaragambyo igamije guteza inabi mu baturage.

Bobi Wine yagonganye kenshi n’inzego z’umutekano kubera ibikorwa ategura byo kwamagana ibintu bimwe na bimwe muri Uganda

Umugore wa Bobi Wine[hagati] ubwo yari mu misa yo gusabira umugabo we ufunzwe

 

2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Ubwanditsi 11 May 2019
“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura  ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

Ubwanditsi 12 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN 2018: Amwe mu makipe y’ibihangange yakurikiye Amavubi mu gusezererwa.
Mu Rwanda

CHAN 2018: Amwe mu makipe y’ibihangange yakurikiye Amavubi mu gusezererwa.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Maroc: Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bitabiriye inama ku mihindagurikire y’ikirere
Mu Rwanda

Maroc: Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bitabiriye inama ku mihindagurikire y’ikirere

Ubwanditsi 15 Nov 2016
APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup
Amakuru

APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 23 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru