• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ubwanditsi 20 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ubu impaka ziri mu itangazamakuru ryo mu Burayi n’Amerika, ni ukumenya niba Abanyamerika bemerewe kugaba ibitero mu bindi bihugu bitwaje kujya gufata no kwica ibyihebe byo mu mitwe y’iterabwoba, ibindi bihugu byahana ibyihebe byabyo, biciye mu nkiko, bikaba icyaha.

Zimwe mu ngero zagarutsweho, ni urwa Bin Laden, umukuru wa Al Qaeda wiciwe muri Pakistan mu mwaka wa 2011, atanahawe amahiwe yo gushyikirizwa ubucamanza ngo bube ari bwo bumugenera igihano. Bin Laden yarishwe, bifatwa nk’ibisanzwe kuko byakozwe n’ abanyamaboko, yewe na Pakistan ntiyinubira kuba ubusugire  bwayo bwaravogerewe.

Tariki 05 Ukwakira 2013, igisirikari cy’Amerika cyagabye ibitero bibiri muri Somaliya na Libya, bikaba ngo byari bigamije guhiga Abou Anas Al-LIBI waje gushimutirwa muri Libya, akajyanwa ahantu n’ubu hatazwi. Libya yahise ivuga ko itishimiye icyo gikorwa cyo kuyivogera no “gushimuta” umuturage wayo, ariko Johm Kerry wari Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika atangaza ko” iyo hagamijwe guhiga ibyihebe Amerika itamenyereye kugisha inama ibihugu abo bagizi ba nabi barimo, kandi ko izakomeza ibikorwa byo kubabuza amahwemo abo bagome, ntacyo yishisha”.

Umunyamategeko Victor Comras ukora mu nzego zishinzwe kurwanya iterabwoba muri Amerika, avuga ko ibyo Amerika ikora byemewe n’amategeko, cyane cyane itegeko riha ububasha Perezida kohereza ingabo mu bikorwa byo guhashya ibihugu, imitwe y’iterabwoba cyangwa abantu ku giti cyabo bagambiriye kubuza America umutekano, bakoresheje iterabwoba.
Marcelo Kohen wigisha mu Ishuri Rikuru Ryigisha Amategeko Mpuzamahanga , IHEID, ryo mu Busuwisi, we siko abibona, ahubwo asanga ibyo bikorwa by’Amerika bibangamiye cyane amategeko mpuzamahanga arengera ubusugire bw’ ibihugu.

Icyihebe Paul Rusesabagina cyaribeshye, ubuswa bukigusha mu mutego wakigejeje i Kigali, aho ubutabera bwari bumutegereje ngo asubize ku byaha yari amaze igihe yarishoyemo, birimo kurema no kujya mu mutwe w’iterabwoba wa FLN. Nubwo nyir’ubwite yiyemereye ko yabaye muri uwo mutwe wishe abantu mu duce tunyuranye tw’uRwanda, Rusesabagina ntiyishwe nk’uko byagendekeye Bin Laden, ahubwo yaburanishirijwe mu ruhame, urukiko ruba ari rwo rumuhamya ibyaha, arabihanirwa.

Bimwe mu bimenenyetso byahamije ibyaha Rusesabagiba byatanzwe n’inzego z’umutekano z’Amerika.

Igitangaje rero, ni bamwe mu banyapolitiki bo muri Amerika birengagiza ibyo igihugu cyabo gikora hirya no hino ku isi, kikica cyangwa kigafata abo cyita”ibyihebe”, kikitaye ku mategeko n’amahame mpuzamahanga abuza kuvogera ubusugire bw’ibindi bihugu, ndetse n’ateganya ko umuntu aba akiri umwere iyo inkiko zitaramuhamya icyaha.

Ese umuntu aba icyihebe iyo abangamiye Amerika gusa, yaba yahungabanyije umutekano w’uRwanda akaba umwere, n’iyo yaba yarabihamijwe n’inkiko?

Aba Banyamerika birirwa baririmba “ishimutwa”rya Rusesabagina baguye mu mutego w’umuryango we, basaba abo “banyabubasha” gushyira igitutu ku Rwanda ngo rurekure umwicanyi,Paul Rusesabagina, hagendewe ku gitinyiriro cyabo gusa. Aha ariko biyibagiza ko igihe cyo gutanga amabwiriza no gutegeka Abanyarwanda uko bagomba kubaho cyarangiye.

Ku rundi ruhande ariko bamwe mu bategetsi muri Amerika bafite ipfunwe ryo kuba barahaye igihembo umutekamutwe Rusesabagina(escroc), ubeshya ngo yakijije abahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Baragerageza kumutagatifuza rero, kugirango bivane mu isoni zo guhemba Oussaa Bin Laden w’Umunyarwanda.
Imyitwarire ya bariya Banyamerika bashyigikiye Rusesabagina(icyiza ni uko babarirwa ku mitwe y’intoki, kuko abenshi bazi ukuri), iragaragaza irondaruhu ryabagize imbata, bagatinyuka gusuzugura Abanyarwanda nk’aho bo batava amaraso nk’Abanyamerika b’inzirakarengane bicwa cyangwa bishwe n’imitwe y’iterabwoba
Baracyadufata nk’abacakara, ariko iyo ngoyi tugomba kuyibohora byanze bikunze.

Umunyabyaha wese, yaba umuzungu, umwarabu cyangwa umwirabura, agahanwa nk’uko uburenganzira bwa muntu birirwa baririmba bubiteganya.

2022-05-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Ubwanditsi 11 Aug 2020
Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ubwanditsi 23 Dec 2017
INGINGO Z’INGEZI Z’URWANDIKO RWA SUSURUTSA SEBAHINZI Joseph RUSABA  GUHINDURA AMAZINA

INGINGO Z’INGEZI Z’URWANDIKO RWA SUSURUTSA SEBAHINZI Joseph RUSABA  GUHINDURA AMAZINA

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Ubwanditsi 15 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano
POLITIKI

Uganda: Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza
HIRYA NO HINO

Afurika ni yo izavumbura umuti wa SIDA, Imana izaduha guhishurirwa tumenye umuti ukiza SIDA -Apôtre Dr Gitwaza

Ubwanditsi 09 Jul 2018
U Rwanda rwizeye kungukira mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo muri Israel
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwizeye kungukira mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo muri Israel

Ubwanditsi 13 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru