• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ubwanditsi 20 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ubu impaka ziri mu itangazamakuru ryo mu Burayi n’Amerika, ni ukumenya niba Abanyamerika bemerewe kugaba ibitero mu bindi bihugu bitwaje kujya gufata no kwica ibyihebe byo mu mitwe y’iterabwoba, ibindi bihugu byahana ibyihebe byabyo, biciye mu nkiko, bikaba icyaha.

Zimwe mu ngero zagarutsweho, ni urwa Bin Laden, umukuru wa Al Qaeda wiciwe muri Pakistan mu mwaka wa 2011, atanahawe amahiwe yo gushyikirizwa ubucamanza ngo bube ari bwo bumugenera igihano. Bin Laden yarishwe, bifatwa nk’ibisanzwe kuko byakozwe n’ abanyamaboko, yewe na Pakistan ntiyinubira kuba ubusugire  bwayo bwaravogerewe.

Tariki 05 Ukwakira 2013, igisirikari cy’Amerika cyagabye ibitero bibiri muri Somaliya na Libya, bikaba ngo byari bigamije guhiga Abou Anas Al-LIBI waje gushimutirwa muri Libya, akajyanwa ahantu n’ubu hatazwi. Libya yahise ivuga ko itishimiye icyo gikorwa cyo kuyivogera no “gushimuta” umuturage wayo, ariko Johm Kerry wari Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika atangaza ko” iyo hagamijwe guhiga ibyihebe Amerika itamenyereye kugisha inama ibihugu abo bagizi ba nabi barimo, kandi ko izakomeza ibikorwa byo kubabuza amahwemo abo bagome, ntacyo yishisha”.

Umunyamategeko Victor Comras ukora mu nzego zishinzwe kurwanya iterabwoba muri Amerika, avuga ko ibyo Amerika ikora byemewe n’amategeko, cyane cyane itegeko riha ububasha Perezida kohereza ingabo mu bikorwa byo guhashya ibihugu, imitwe y’iterabwoba cyangwa abantu ku giti cyabo bagambiriye kubuza America umutekano, bakoresheje iterabwoba.
Marcelo Kohen wigisha mu Ishuri Rikuru Ryigisha Amategeko Mpuzamahanga , IHEID, ryo mu Busuwisi, we siko abibona, ahubwo asanga ibyo bikorwa by’Amerika bibangamiye cyane amategeko mpuzamahanga arengera ubusugire bw’ ibihugu.

Icyihebe Paul Rusesabagina cyaribeshye, ubuswa bukigusha mu mutego wakigejeje i Kigali, aho ubutabera bwari bumutegereje ngo asubize ku byaha yari amaze igihe yarishoyemo, birimo kurema no kujya mu mutwe w’iterabwoba wa FLN. Nubwo nyir’ubwite yiyemereye ko yabaye muri uwo mutwe wishe abantu mu duce tunyuranye tw’uRwanda, Rusesabagina ntiyishwe nk’uko byagendekeye Bin Laden, ahubwo yaburanishirijwe mu ruhame, urukiko ruba ari rwo rumuhamya ibyaha, arabihanirwa.

Bimwe mu bimenenyetso byahamije ibyaha Rusesabagiba byatanzwe n’inzego z’umutekano z’Amerika.

Igitangaje rero, ni bamwe mu banyapolitiki bo muri Amerika birengagiza ibyo igihugu cyabo gikora hirya no hino ku isi, kikica cyangwa kigafata abo cyita”ibyihebe”, kikitaye ku mategeko n’amahame mpuzamahanga abuza kuvogera ubusugire bw’ibindi bihugu, ndetse n’ateganya ko umuntu aba akiri umwere iyo inkiko zitaramuhamya icyaha.

Ese umuntu aba icyihebe iyo abangamiye Amerika gusa, yaba yahungabanyije umutekano w’uRwanda akaba umwere, n’iyo yaba yarabihamijwe n’inkiko?

Aba Banyamerika birirwa baririmba “ishimutwa”rya Rusesabagina baguye mu mutego w’umuryango we, basaba abo “banyabubasha” gushyira igitutu ku Rwanda ngo rurekure umwicanyi,Paul Rusesabagina, hagendewe ku gitinyiriro cyabo gusa. Aha ariko biyibagiza ko igihe cyo gutanga amabwiriza no gutegeka Abanyarwanda uko bagomba kubaho cyarangiye.

Ku rundi ruhande ariko bamwe mu bategetsi muri Amerika bafite ipfunwe ryo kuba barahaye igihembo umutekamutwe Rusesabagina(escroc), ubeshya ngo yakijije abahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Baragerageza kumutagatifuza rero, kugirango bivane mu isoni zo guhemba Oussaa Bin Laden w’Umunyarwanda.
Imyitwarire ya bariya Banyamerika bashyigikiye Rusesabagina(icyiza ni uko babarirwa ku mitwe y’intoki, kuko abenshi bazi ukuri), iragaragaza irondaruhu ryabagize imbata, bagatinyuka gusuzugura Abanyarwanda nk’aho bo batava amaraso nk’Abanyamerika b’inzirakarengane bicwa cyangwa bishwe n’imitwe y’iterabwoba
Baracyadufata nk’abacakara, ariko iyo ngoyi tugomba kuyibohora byanze bikunze.

Umunyabyaha wese, yaba umuzungu, umwarabu cyangwa umwirabura, agahanwa nk’uko uburenganzira bwa muntu birirwa baririmba bubiteganya.

2022-05-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – I Kigali hafunguwe iduka ry’imyenda n’ibikoresho by’ikipe ya Rayon Sports ryiswe “Gikundiro Shop”

Amafoto – I Kigali hafunguwe iduka ry’imyenda n’ibikoresho by’ikipe ya Rayon Sports ryiswe “Gikundiro Shop”

Ubwanditsi 23 Feb 2024
Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ese uruzinduko rwa Papa Francis muri Kongo rwaba ruzanye amahoro muri icyo gihugu kigeze aharindimuka?

Ubwanditsi 30 Jan 2023
Mpayimana yemeye ko yatsinzwe amatora, ashimira Kagame wesheje umuhigo

Mpayimana yemeye ko yatsinzwe amatora, ashimira Kagame wesheje umuhigo

Ubwanditsi 05 Aug 2017
Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Ubwanditsi 04 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Kepler VC na APR WVC begukanye igikombe cyo kwibuka Padiri Kayumba wayoboraga GSOB
Amakuru

Amafoto – Kepler VC na APR WVC begukanye igikombe cyo kwibuka Padiri Kayumba wayoboraga GSOB

Ubwanditsi 05 Mar 2024
Rwamagana: Umusore yishe mugenzi we amutemye amuziza kumwita umujura
Mu Rwanda

Rwamagana: Umusore yishe mugenzi we amutemye amuziza kumwita umujura

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Minisitiri Busingye yabwiye Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda ko ibikorwa byayo bikwiriye kujyana n’aho Ikoranabuhanga rigeze
Mu Rwanda

Minisitiri Busingye yabwiye Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda ko ibikorwa byayo bikwiriye kujyana n’aho Ikoranabuhanga rigeze

Ubwanditsi 27 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru