• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Batatu bafunzwe bakurikiranyweho kubona icyemezo cy’igenzura ry’imodoka mu buriganya

Batatu bafunzwe bakurikiranyweho kubona icyemezo cy’igenzura ry’imodoka mu buriganya

Ubwanditsi 29 Sep 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yafashe abashoferi b’imodoka ebyiri n’umukanishi bakurikiranyweho guhindagura ibyuma by’imodoka zabo bagamije kubona icyemezo cy’igenzura ry’ubuziranenge bw’imodoka zabo mu buriganya.

Abakekwa ni Claudien Nsabimana , Dismas Ndisanze bombi b’abashoferi na Eric Mwumvaneza w’umukanishi, bose ejo beretswe itangazamakuru, ku kigo kigenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga cyiri i Remera.

Ababashoferi babiri bakurikiranyweho gutira no gukodesha ibyuma by’imodoka mbere yo kuzana imodoka zabo mu isuzuma , bakabikuramo nyuma yo kubona icyemezo cy’igenzura.

Nsabimana na Ndisanze bombi batwara za Fuso , mbere zikaba zaratwarirwaga ibumoso ubu zikaba zihinduye zitwarirwa iburyo ari nako mu Rwanda bimeze.

Polisi itangaza ko izo modoka zahinduwe ubundi zigira icyuma kiba kitujuje ubuziranenge.Aba bashoferi rero bakaba bari barabimenye ariko bagikuramo maze batira icyemewe kugirango bakoreshe igenzura nta kibazo, nyuma ngo bazasubizemo cya cyindi kitemewe.

Icyo cyuma kitwa “drag link” kiboneka mu modoka nini n’izitwara abantu benshi kikaba gihuza icyuma cyongera umuvuduko n’icyo umushoferi afata ayoboye ikinyabiziga.

Nk’uko Mwumvaneza abitangaza, ngo umukanishi yafashwe ahindura kiriya cyuma aho agira ati:” Ibi bikorwa n’abashoferi bose ba Fuso batugana badusaba kubahindurira kiriya cyuma ngo bibonere icyemezo cy’igenzura ariko nkaba ngira inama bagenzi banjye kureka ibyo bikorwa kuko byabateza ibibazo.”

Nsabimana, umushoferi wa Fuso RAC 471 I yemera ko yari azi ko ibyo yakoraga binyuranyije n’amategeko y’ibisabwa ngo umuntu abone icyemezo cy’igenzura ubwo yagiraga ati:”Ndahamagarira bagenzi banjye kubireka kubera ko ibivamo atari byiza na mba.”

Avuga kuri aba bafashwe, umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Chief Inspector of Police(CIP) Emmanuel Kabanda , yavuze ko abaturage batanze amakuru ko hari abatira cƴangwa bagakodesha ibyuma kugira ngo bibonere icyemezo cy’igenzura hakaba hariho ibikorwa byo kurwanya imigirire imeze ityo.

CIP Kabanda yagize ati:”Ukora ibi bintu wese agomba kumenya ko ari icyaha, Imodoka nyinshi zifite ibi bibazo ni nazo zikunze kugira impanuka ,ibi bikaba bikomoka ku mikorere nk’iyi inagira ingaruka ku buzima bw’abantu.”

Yakomeje avuga ko Polisi yatangiye gukurikiranira hafi imodoka zikekwaho guhindura ibyuma ngo zibonere icyemezo cy’igenzura.

Aba bafashwe bashobora kuzakatirwa igifungo cyagera ku myaka 7 n’ihazabu ya miliyoni 3 nk’uko biteganywa n’ingingo ya 612 y’igitabo cy’amategeko ahana , kandi CIP Kabanda atangaza ko hari ibindi bihano bateganyirijwe birimo gufatira imodoka kugeza igihe urubanza rwabo ruzarangirira.

-4196.jpg

Aha yagize ati:” Twamaze kubambura icyemezo cyabo cy’igenzura kandi turimo gukorana n’ikigo cy’igihugu kigenzura ubuziranenge RURA ngo banamburwe icyangombwa cy’ubwikorezi. Ibyo ni ibihano biremereye ariko byakwirindwa umuntu akoze icyo amategeko asaba.”

RNP

2016-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Abatwara ibinyabiziga baratungwa agatoki mu gufasha abacuruza ibiyobyabwenge.

Abatwara ibinyabiziga baratungwa agatoki mu gufasha abacuruza ibiyobyabwenge.

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 18 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola
HIRYA NO HINO

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra
Amakuru

Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

RUSHYASHYA 24 Nov 2025
Kigali: Ubutinganyi bwafashe indi ntera
Mu Rwanda

Kigali: Ubutinganyi bwafashe indi ntera

Ubwanditsi 17 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru