• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali: Ubutinganyi bwafashe indi ntera

Kigali: Ubutinganyi bwafashe indi ntera

Ubwanditsi 17 Mar 2017 Mu Rwanda

Inkuru iri kuvugwa cyane muri Kigali ni iy’umukobwa w’umunyamakurukazi wahisemo kwibanira n’undi mugenzi we bahuje igitsina.

Umukobwa witwa Mucyo Becky wahoze ari umunyamakuru kuri Radio na Tv 10 yasabwe na mugenzi we bahuje igitsina ko bashyingiranwa ndetse arabimwemerera, igikorwa kitamenyerewe hagati y’abantu babiri bahuje igitsina mu Rwanda.

Mu Rwanda byavuzwe kenshi ko ubutinganyi bwadutse ndetse bamwe bakabifata nk’ibihuha gusa muri iyi minsi ibintu byafashe indi ntera, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Werurwe 2017 kuri Hotel imwe iherereye Kibagabaga, Becky Mucyo n’umukobwa uzwi nka Ferrand bivugwa ko ari umurundi bemeranyije kurushinga maze amafoto y’uwo munsi w’amateka hagati yabo ashyirwa hanze.

-190.png

Abakobwa babiri baritegura gushyingiranwa.

-6081.jpg

Ferrand na Becky bemeranyije kubana

Becky ni uwo wambaye ikanzu itukura ufite icyapa cyanditseho YES, Ferrand ni uwambaye inkweto z’umweru,ipantalo itukura n’ishati y’umweru ufite icyapa cyanditseho ME.

Amakuru avuga ko Becky iby’umubano we na mugenzi we yabitangarije itangazamakuru ntacyo yishisha ku murongo we wa telefoni avuga ko yishimiye intambwe bateye mu buzima bwabo. Uyu mukobwa ndetse yikomye bikomeye abirirwa babatuka, avuga ko ikibazo ari ibyo baba badasobanukiwe yongeraho ko kuba babana ari uburenganzira bwabo.

Yakomeje ashimira Leta y’u Rwanda kuba nta muntu ibangamira mu mahitamo ye. Abajijwe igihe bazakorera ubukwe Becky yavuze ko nibiba azatumira abantu ariko ko atahita atangaza igihe nyacyo. Becky avuga ko we na Ferrand bagiye kuzuza umwaka bakundana.

Nk’uko zimwe mu nshuti za hafi z’aba bombi zibitangaza ziravuga ko batangiye gupanga ubukwe ku buryo mu minsi ya vuba barambikana impeta mu ruhame ndetse bagakora n’ubukwe.

Dore andi mafoto aherekejwe n’amagambo agaragaza ubunshuti aba bakobwa bombi bitegura kurushinga bafitanye.

-6082.jpg

-6083.jpg

-6084.jpg

-6085.jpg

Aya mafoto agaragaraho amagambo bagiye bandikirana ku mbuga nkoranyambaga babwirana ko bakundana by’agahebuzo.

Ese ibi umuco nyarwanda urabyemera, Ese Minisiteri ifite umuco munshingano zayo yo ibibona ite ? mudusobanurire ? e-mail yacu ni rushyashya@gmail.com

Umwanditsi wacu

2017-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Ubwanditsi 11 May 2021
Umuvugo: Kwibohora ni uguhozaho, ababisha ntibarashirwa.

Umuvugo: Kwibohora ni uguhozaho, ababisha ntibarashirwa.

Ubwanditsi 02 Jul 2021
Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.

Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.

Ubwanditsi 16 Oct 2024
“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 13 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu
Mu Rwanda

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Uganda yarekuye amakamyo y’amabuye y’agaciro yari yafashwe aturutse mu Rwanda
ITOHOZA

Uganda yarekuye amakamyo y’amabuye y’agaciro yari yafashwe aturutse mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Nov 2018
Meghan n’Igikomangoma Harry bagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kurushinga (Amafoto)
HIRYA NO HINO

Meghan n’Igikomangoma Harry bagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kurushinga (Amafoto)

Ubwanditsi 24 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru