• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Ubwanditsi 06 Mar 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Leta y’u Rwanda yagaragarije Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano k’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, impungenge z’akaga gashobora guterwa n’icyemezo cyako cyo gushyigikira Umuryango wa SADC mu butumwa bugamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC.

Ku wa 4 Werurwe 2024, ni bwo habaye inama muri AU, yafatiwemo umwanzuro wo gushyigikira ubutumwa bw’Ingabo za SADC muri RDC, SAMIDRC no kuzishakira ubufasha.

Abagize Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ka AU bamaganye imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa RDC irimo M23, FDLR na ADF. Basabye ko imirwano ihagarara ndetse imitwe yose ikarambika intwaro hasi.

U Rwanda rukimenya iby’iyi nama rwagaragaje impungenge zishobora kuvuka kubera iki cyemezo. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yandikiye ibaruwa AU ku wa 3 Werurwe 2024, ayigezaho ibyifuzo by’u Rwanda nubwo rutatumiwe muri iyi nama.

Yagaragarije Komisiyo ya AU ko kuba Ingabo za SADC ziri kwifatanya n’Ingabo za RDC, FDLR, Wazalendo n’indi mitwe y’inyeshyamba biteye ikibazo ku mutekano w’u Rwanda.

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda aganira na Television y’igihugu, Alain Mukurarinda, yagarutse ku ngingo zikomeye zatumye Igihugu kigenera AU ubutumwa bwihariye.

Ati “U Rwanda ruhora ruvuga ku bibazo by’umutekano muke, rukurikije ibiri kuhakorerwa rugomba kubivuga, ejo hatazagira uvuga ngo ntabwo rwari rwabivuze.’’

“Ese ko hari ubutumwa bwo gukemura ikibazo mu rwego rwa politiki, rw’imishyikirano n’ibiganiro buciye mu masezerano ya Luanda na Nairobi, buvuyeho? Ubutumwa buje burarwana, tugiye mu gukemura ikibazo mu buryo bwa gisirikare.’’

Avuga ko amagambo ya Perezida wa RDC, Félix Antoine Tshisekedi na mugenzi we w’u Burundi, Ndayishimiye Evariste, ko bazakuraho ubuyobozi bw’u Rwanda adakwiye gufatwa nk’asanzwe.

Ati “Ntiwavuga ko ayo magambo bavuze ari imikino. Ni ikibazo u Rwanda rwagaragaje. FARDC ifatanyije n’abacanshuro, ifatanyije n’Ingabo z’u Burundi, ifatanyije na Wazalendo. Ni gute Umuryango nk’uwo [SADC], twubaha, ukomeye, wajya gufasha Ingabo z’Igihugu zifatanyije n’abo bafite inenge.’’

U Rwanda ntirwahwemye kwerekana ko imikoranire ya FARDC n’ingabo z’amahanga ndetse n’abarwanyi ba FDLR [yashyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba] basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi igira ingaruka ku mutekano warwo.

Mukuralinda ati “Ingamba zarafashwe, kandi n’uzarushoraho intambara ruzayirwana.’’

Guverinoma y’u Rwanda isobanura ko ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa RDC kigeze kuri iyi ntera kubera ko umuryango mpuzamahanga wirengagije nkana umuzi wacyo.

Mukuralinda ati “Kwirengagiza ikibazo nyacyo, yaba ari Guverinoma ya Congo n’Umuryango Mpuzamahanga, ni byo bituma kitarangira.’’

Umubano w’u Rwanda na RDC wazambye byeruye kuva mu ntangiriro za 2022, nyuma y’amezi make M23 yongeye kwegura intwaro ishaka guharanira uburenganzira bwayo.

U Rwanda rwashinjwe ko rwohereje muri RDC abasirikare bo gufasha M23, guhera mu Ugushyingo 2021 no kubaha inkunga y’ibikoresho mu gihe rwo rutahwemye kubihakana.

Mukuralinda avuga ko ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa RDC kiba cyarakemutse kera iyo cyigwa giherewe mu mizi.

Ati “Nibige ikibazo bagihereye mu mizi yacyo. U Rwanda rugomba kubisobanura hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

2024-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni agahinda kuri Iranzi wavutse amara ari hanze akaba yarabuze itike ngo asubire kwivuza mu Buhinde

Ni agahinda kuri Iranzi wavutse amara ari hanze akaba yarabuze itike ngo asubire kwivuza mu Buhinde

Ubwanditsi 06 May 2018
U Burayi bwashimangiye ko bushyigikiye Perezida Kagame mu mavugurura ya AU

U Burayi bwashimangiye ko bushyigikiye Perezida Kagame mu mavugurura ya AU

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Ubwanditsi 17 Jul 2021
Mu mikino ya gicuti, APR FC yatsinze Kiyovu sc4-2, Mukura VS itsinda Rayon Sports igitego kimwe ku busa

Mu mikino ya gicuti, APR FC yatsinze Kiyovu sc4-2, Mukura VS itsinda Rayon Sports igitego kimwe ku busa

Ubwanditsi 09 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyemari Nkubiri Alfred ari mu gihome akurikiranyweho  gukoresha impapuro mpimbano no kwinjiza mu gihugu ifumbire itujuje ubuziranenge
ITOHOZA

Umunyemari Nkubiri Alfred ari mu gihome akurikiranyweho gukoresha impapuro mpimbano no kwinjiza mu gihugu ifumbire itujuje ubuziranenge

Ubwanditsi 18 Aug 2016
U Bwongereza  bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside
ITOHOZA

U Bwongereza bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru