• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Paris: Barasaba gusubukura iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu byabereye mu Bisesero mu 1994 [ Video y’ubuhamya ]

Paris: Barasaba gusubukura iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu byabereye mu Bisesero mu 1994 [ Video y’ubuhamya ]

Ubwanditsi 27 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Imiryango y’ingenzi mu yaharaniraga uburenganzira bwa muntu mu Bufaransa yasabye kongera gufungura iperereza ku cyo ingabo z’u Bufaransa zakoze ku bwicanyi bwo mu Bisesero mu burengerazuba bw’u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi miryango ari yo; FIDH (Fédération internationale des ligues des droits de l’homme), LDH (Ligue des droits de l’homme) na Survie, ishinja igisirikare cy’u Bufaransa kwirengagiza ubutabera muri ubwo bwicanyi bwabereye mu Bisesero kuva kuwa 27 Kamena kugeza kuwa 30 kamena 1994.

Iperereza ku myitwarire y’ingabo z’u Bufaransa aho hantu ryatangiye mu myaka 13 ishize, ariko nta kirego kiragezwa mu rukiko. Kuwa 27 Nyakanga, abacamanza b’iperereza bakaba bari banatangaje ko iperereza rishobora kuzarangira nta birego, maze muri Nzeri koko dosiye iteshwa agaciro havugwa ko habuze ibimenyetso.

Iyi nkuru dukesha France 24 ivuga ko mu kiganiro n’itangazamakuru I Paris kuri uyu wa Gatanu, itariki 26 Ukwakira, abahagarariye imiryango itatu twavuze batangaje ko guhagarika iyi dosiye byahutiweho, basaba ko hagaragazwa ukuri ku byabereye mu Bisesero.

Ubwicanyi bwo mu Bisesero bwahitanye abantu Magana bishwe n’abahoze ari ingabo z’u Rwanda [ Ex. FAR ] ndetse n’Interahamwe. Ni bumwe mu bwicanyi butera ipfunwe igisirikare cy’u Bufaransa cyari muri Operation Turquoise mu Rwanda mu gihe cya jenoside yaguyemo abasaga miliyoni bazira ubwoko bwabo.

Uyu muhamagaro wo kuri uyu wa gatanu uje ukurikira isohorwa rya video yashyizwe ahagaragara kuwa Kane n’urubuga Mediapart, yagaragaje amashusho y’umusirikare mukuru w’Umufaransa wagaragaye asa nk’utesha agaciro ibyaberaga mu Bisesero. Ni video bivugwa ko yafashwe kuwa 28 Kamena 1994 kandi iri mu bubiko bwa minisiteri y’ingabo y’u Bufaransa nk’uko iyi nkuru ivuga.

Muri iyo video hagaragara umusirikare w’Umufaransa agera k’umukuriye amuzaniye amakuru y’ibyo yari yabonye mu butumwa bwo kuneka.

Iyo video ndetse n’amajwi yumvikanisha uwo musirikare abwira umukuriye ko atibuka izina ry’igiturage, ariko ko umwuka  wari aho wagaragazaga ko nta kabuza haza kuba ubwicanyi bukomeye aho yavugaga ko abantu bari guhiga Abatutsi ku dusozi…amazu arimo gutwikwa.

Mu kumusubiza umukuriye ngo ntacyo yavuze usibye; “Uhm, uhm”

Ubwo yabazwaga kuri iyi video mu gihe cy’iperereza, Col Jacques Rosier ugaragaramo yabwiye abacamanza ko ayirebye n’ukuntu yiyizi yumva atabyumva ndetse ko bishoboka cyane ko atumvaga ibyo yamubwiraga  uwo musirikare yari akuriye.

Iyi miryango iharanira uburenganzira bwa muntu yo ishimangira ko u Bufaransa ku bushake bwananiwe gukumira ubwicanyi bwo mu Bisesero, mu gihe igisirikare cyo kivuga ko kitigeze kimenya iby’ubwo bwicanyi kugeza ku itariki ya 30 kamena nyuma y’iminsi 2 video ivugwa ifashwe.

Nyuma y’imyaka isaga 20 bibaye, nta musirikare mukuru n’umwe w’u Bufaransa wakozweho iperereza rya nyaryo ku myitwarire ari na ryo mu mategeko y’u Bufaransa rishobora kugeza ku gushinjwa icyaha mu butabera. [ VIDEO ]


2018-10-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Ubwanditsi 22 Feb 2020
Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye  bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame

Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame

Ubwanditsi 01 Jan 2019
Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Ubwanditsi 18 Dec 2017
Uganda: Abanyarwanda umunani bakatiwe igifungo cy’amezi 13

Uganda: Abanyarwanda umunani bakatiwe igifungo cy’amezi 13

Ubwanditsi 09 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!
Amakuru

Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Ubwanditsi 01 Jul 2021
N’Golo Kante niwe mukinnyi mwiza w’umwaka i London, Arsenal yatashye amaramasa
MULTIMEDIA

N’Golo Kante niwe mukinnyi mwiza w’umwaka i London, Arsenal yatashye amaramasa

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe
POLITIKI

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ubwanditsi 17 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru