• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Paris: Barasaba gusubukura iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu byabereye mu Bisesero mu 1994 [ Video y’ubuhamya ]

Paris: Barasaba gusubukura iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu byabereye mu Bisesero mu 1994 [ Video y’ubuhamya ]

Ubwanditsi 27 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Imiryango y’ingenzi mu yaharaniraga uburenganzira bwa muntu mu Bufaransa yasabye kongera gufungura iperereza ku cyo ingabo z’u Bufaransa zakoze ku bwicanyi bwo mu Bisesero mu burengerazuba bw’u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi miryango ari yo; FIDH (Fédération internationale des ligues des droits de l’homme), LDH (Ligue des droits de l’homme) na Survie, ishinja igisirikare cy’u Bufaransa kwirengagiza ubutabera muri ubwo bwicanyi bwabereye mu Bisesero kuva kuwa 27 Kamena kugeza kuwa 30 kamena 1994.

Iperereza ku myitwarire y’ingabo z’u Bufaransa aho hantu ryatangiye mu myaka 13 ishize, ariko nta kirego kiragezwa mu rukiko. Kuwa 27 Nyakanga, abacamanza b’iperereza bakaba bari banatangaje ko iperereza rishobora kuzarangira nta birego, maze muri Nzeri koko dosiye iteshwa agaciro havugwa ko habuze ibimenyetso.

Iyi nkuru dukesha France 24 ivuga ko mu kiganiro n’itangazamakuru I Paris kuri uyu wa Gatanu, itariki 26 Ukwakira, abahagarariye imiryango itatu twavuze batangaje ko guhagarika iyi dosiye byahutiweho, basaba ko hagaragazwa ukuri ku byabereye mu Bisesero.

Ubwicanyi bwo mu Bisesero bwahitanye abantu Magana bishwe n’abahoze ari ingabo z’u Rwanda [ Ex. FAR ] ndetse n’Interahamwe. Ni bumwe mu bwicanyi butera ipfunwe igisirikare cy’u Bufaransa cyari muri Operation Turquoise mu Rwanda mu gihe cya jenoside yaguyemo abasaga miliyoni bazira ubwoko bwabo.

Uyu muhamagaro wo kuri uyu wa gatanu uje ukurikira isohorwa rya video yashyizwe ahagaragara kuwa Kane n’urubuga Mediapart, yagaragaje amashusho y’umusirikare mukuru w’Umufaransa wagaragaye asa nk’utesha agaciro ibyaberaga mu Bisesero. Ni video bivugwa ko yafashwe kuwa 28 Kamena 1994 kandi iri mu bubiko bwa minisiteri y’ingabo y’u Bufaransa nk’uko iyi nkuru ivuga.

Muri iyo video hagaragara umusirikare w’Umufaransa agera k’umukuriye amuzaniye amakuru y’ibyo yari yabonye mu butumwa bwo kuneka.

Iyo video ndetse n’amajwi yumvikanisha uwo musirikare abwira umukuriye ko atibuka izina ry’igiturage, ariko ko umwuka  wari aho wagaragazaga ko nta kabuza haza kuba ubwicanyi bukomeye aho yavugaga ko abantu bari guhiga Abatutsi ku dusozi…amazu arimo gutwikwa.

Mu kumusubiza umukuriye ngo ntacyo yavuze usibye; “Uhm, uhm”

Ubwo yabazwaga kuri iyi video mu gihe cy’iperereza, Col Jacques Rosier ugaragaramo yabwiye abacamanza ko ayirebye n’ukuntu yiyizi yumva atabyumva ndetse ko bishoboka cyane ko atumvaga ibyo yamubwiraga  uwo musirikare yari akuriye.

Iyi miryango iharanira uburenganzira bwa muntu yo ishimangira ko u Bufaransa ku bushake bwananiwe gukumira ubwicanyi bwo mu Bisesero, mu gihe igisirikare cyo kivuga ko kitigeze kimenya iby’ubwo bwicanyi kugeza ku itariki ya 30 kamena nyuma y’iminsi 2 video ivugwa ifashwe.

Nyuma y’imyaka isaga 20 bibaye, nta musirikare mukuru n’umwe w’u Bufaransa wakozweho iperereza rya nyaryo ku myitwarire ari na ryo mu mategeko y’u Bufaransa rishobora kugeza ku gushinjwa icyaha mu butabera. [ VIDEO ]


2018-10-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Ubwanditsi 09 Sep 2025
Faustin Twagiramungu arisabira kuba umuyobozi w’abajenosideri ba FDLR.

Faustin Twagiramungu arisabira kuba umuyobozi w’abajenosideri ba FDLR.

Ubwanditsi 26 Jan 2023
Amajwi y’agateganyo: FPR Inkotanyi ku isonga na 75 %, nta mukandida wigenga urageza kuri 5%

Amajwi y’agateganyo: FPR Inkotanyi ku isonga na 75 %, nta mukandida wigenga urageza kuri 5%

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Ibya RNC bikomeje kuba  agatereranzamba, Jean Paul Turayishimye ati “Kayumba vana ibyo aho uvuge aho washyize Ben Rutabana”

Ibya RNC bikomeje kuba agatereranzamba, Jean Paul Turayishimye ati “Kayumba vana ibyo aho uvuge aho washyize Ben Rutabana”

Ubwanditsi 31 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Koreya ya Ruguru yiyemeje kunganya ingufu za gisirikare n’iza Amerika
ITOHOZA

Perezida wa Koreya ya Ruguru yiyemeje kunganya ingufu za gisirikare n’iza Amerika

Ubwanditsi 17 Sep 2017
Abakobwa 20 bari mu mwiherero i Nyamata babuze uko bahura n’abakunzi babo kuri St valentin
SHOWBIZ

Abakobwa 20 bari mu mwiherero i Nyamata babuze uko bahura n’abakunzi babo kuri St valentin

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo
Mu Rwanda

Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo

Ubwanditsi 09 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru