• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Paris: Barasaba gusubukura iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu byabereye mu Bisesero mu 1994 [ Video y’ubuhamya ]

Paris: Barasaba gusubukura iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu byabereye mu Bisesero mu 1994 [ Video y’ubuhamya ]

Ubwanditsi 27 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Imiryango y’ingenzi mu yaharaniraga uburenganzira bwa muntu mu Bufaransa yasabye kongera gufungura iperereza ku cyo ingabo z’u Bufaransa zakoze ku bwicanyi bwo mu Bisesero mu burengerazuba bw’u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi miryango ari yo; FIDH (Fédération internationale des ligues des droits de l’homme), LDH (Ligue des droits de l’homme) na Survie, ishinja igisirikare cy’u Bufaransa kwirengagiza ubutabera muri ubwo bwicanyi bwabereye mu Bisesero kuva kuwa 27 Kamena kugeza kuwa 30 kamena 1994.

Iperereza ku myitwarire y’ingabo z’u Bufaransa aho hantu ryatangiye mu myaka 13 ishize, ariko nta kirego kiragezwa mu rukiko. Kuwa 27 Nyakanga, abacamanza b’iperereza bakaba bari banatangaje ko iperereza rishobora kuzarangira nta birego, maze muri Nzeri koko dosiye iteshwa agaciro havugwa ko habuze ibimenyetso.

Iyi nkuru dukesha France 24 ivuga ko mu kiganiro n’itangazamakuru I Paris kuri uyu wa Gatanu, itariki 26 Ukwakira, abahagarariye imiryango itatu twavuze batangaje ko guhagarika iyi dosiye byahutiweho, basaba ko hagaragazwa ukuri ku byabereye mu Bisesero.

Ubwicanyi bwo mu Bisesero bwahitanye abantu Magana bishwe n’abahoze ari ingabo z’u Rwanda [ Ex. FAR ] ndetse n’Interahamwe. Ni bumwe mu bwicanyi butera ipfunwe igisirikare cy’u Bufaransa cyari muri Operation Turquoise mu Rwanda mu gihe cya jenoside yaguyemo abasaga miliyoni bazira ubwoko bwabo.

Uyu muhamagaro wo kuri uyu wa gatanu uje ukurikira isohorwa rya video yashyizwe ahagaragara kuwa Kane n’urubuga Mediapart, yagaragaje amashusho y’umusirikare mukuru w’Umufaransa wagaragaye asa nk’utesha agaciro ibyaberaga mu Bisesero. Ni video bivugwa ko yafashwe kuwa 28 Kamena 1994 kandi iri mu bubiko bwa minisiteri y’ingabo y’u Bufaransa nk’uko iyi nkuru ivuga.

Muri iyo video hagaragara umusirikare w’Umufaransa agera k’umukuriye amuzaniye amakuru y’ibyo yari yabonye mu butumwa bwo kuneka.

Iyo video ndetse n’amajwi yumvikanisha uwo musirikare abwira umukuriye ko atibuka izina ry’igiturage, ariko ko umwuka  wari aho wagaragazaga ko nta kabuza haza kuba ubwicanyi bukomeye aho yavugaga ko abantu bari guhiga Abatutsi ku dusozi…amazu arimo gutwikwa.

Mu kumusubiza umukuriye ngo ntacyo yavuze usibye; “Uhm, uhm”

Ubwo yabazwaga kuri iyi video mu gihe cy’iperereza, Col Jacques Rosier ugaragaramo yabwiye abacamanza ko ayirebye n’ukuntu yiyizi yumva atabyumva ndetse ko bishoboka cyane ko atumvaga ibyo yamubwiraga  uwo musirikare yari akuriye.

Iyi miryango iharanira uburenganzira bwa muntu yo ishimangira ko u Bufaransa ku bushake bwananiwe gukumira ubwicanyi bwo mu Bisesero, mu gihe igisirikare cyo kivuga ko kitigeze kimenya iby’ubwo bwicanyi kugeza ku itariki ya 30 kamena nyuma y’iminsi 2 video ivugwa ifashwe.

Nyuma y’imyaka isaga 20 bibaye, nta musirikare mukuru n’umwe w’u Bufaransa wakozweho iperereza rya nyaryo ku myitwarire ari na ryo mu mategeko y’u Bufaransa rishobora kugeza ku gushinjwa icyaha mu butabera. [ VIDEO ]


2018-10-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

UK :  RNC mu nama yo kuburizamo kandidature ya Mushikiwabo

UK : RNC mu nama yo kuburizamo kandidature ya Mushikiwabo

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Umutungo w’Umuryango wa Tshisekedi urimo gukorwaho iperereza

Umutungo w’Umuryango wa Tshisekedi urimo gukorwaho iperereza

RUSHYASHYA 24 Nov 2025
Umunyamakuru Phocas Ndayizera  wari waraburiwe irengero afunzwe na RIB

Umunyamakuru Phocas Ndayizera wari waraburiwe irengero afunzwe na RIB

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Ubwanditsi 15 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
POLITIKI

Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Afrika y’Epfo : Perezida Zuma yabujijwe kuvuga Ijambo ubwo bizihizaga Umunsi w’Abakozi
Mu Rwanda

Afrika y’Epfo : Perezida Zuma yabujijwe kuvuga Ijambo ubwo bizihizaga Umunsi w’Abakozi

Ubwanditsi 01 May 2017
Rulindo:Abanyeshuri ba APAPEC-Murambi bigishijwe ububi bw’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Rulindo:Abanyeshuri ba APAPEC-Murambi bigishijwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 09 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru