• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa

Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa

Ubwanditsi 30 Mar 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuri uyu wa kane tariki ya 29 Werurwe 2023 nibwo hamenyekana niba umwicanyi ruharwa Kabuga Felesiyani akomeza kuburana dore ko abaganga basanze afite indwara yo kwibagirwa, kuvuga ibyo atekereza n’ibindi.

Umucamanza yemeje ko basubitse iburanisha kugeza igihe kitazwi.

Ni nyuma yuko uyu ruharwa yafatiwe mu gihugu cy’Ubufaransa. Nubwo Kabuga yafashwe ashaje adashobora kuburana, umunyamakuru wa Le Monde yagarutse kurundi rutonde rw’interahamwe zibarizwa muri iki gihugu zigomba gukurikiranwa n’ubutabera. Kugeza uyu munsi, Ubufaransa bumaze kuburanisha bane bonyine bagize uruhare muri Jenoside aribo Pascal Simbikangwa, Octavien Ngenzi na Tito Barahira bombi bahoze bayoboye Komini Kabarondo mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibungo. Interahamwe ruharwa zishakishwa zigera hafi ku ijana ariko murizo hari izizwi harimo:

Agathe Kanziga Habyarimana

Uyu ni umugore wuwahoze ari Perezida w’u Rwanda Juvenal Habyarimana akaba ariwe wari ukuriye akazu kari kagizwe na basaza be ndetse n’abandi bo mu muryango we. Aka kazu niko kari inyuma y’umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu mwaka wa 2007 nibwo hatanzwe bwa mbere ikirego kimushinja ubufatanyacyaha muri Jenoside. Agathe yakuwe mu Rwanda n’ingabo z’Abafaransa ariko mu mwaka wa 2011 Ubufaransa bwamwimye ubuhungiro.

Aloys Ntiwiragabo

Col Aloys Ntiwiragabo yari ashinzwe iperereza mu ngabo za Habyarimana, urukiko mpanabyaha rw’Arusha rwashyize hanze impapuro zimufata mu mwaka wa 1997 nyuma yo gusoza umugambi wa Jenoside Aloys Ntiwiragabo yahungiye mu gihugu cya Kongo aho ariwe wabaye umukuru wa mbere wa FDLR nyuma aza gusimburwa na Callixte Murwanashyaka.

Aloys Ntiwiragabo yageze mu Bufaransa mu mwaka wa 2006. Ntiwiragabo yagarutsweho kenshi mu binyamakuru bitandukanye nka Liberation na Media Part aho yareze n’abanyamakuru mu rwego rwo kujijisha ubutabera. Philippe Manier Interahamwe Philippe Hategekimana yahawe ubwenegihugu bw’Ubufaransa mu mwaka wa 2005 yitwa Philippe Manier. Uyu yahoze ari umujandarume I Nyanza mu mugi wa Nyanza aho azwiho ubugome bukabije mu gihe cya Jenoside. Adjudant Hategekimana niwe washirishijeho bariyeri zose zo muri Nyanza ashishikariza abahutu kwica abatutsi akaba yarazwi nka Biguma. Yageze mu Bufaransa mu mwaka wa 1999 aho yabonye ubuhungiro akoresheje imyirondoro itariyo. Nyuma yaje kujya muri Kameruni mu mwaka wa afatwa mu mwaka wa 2018 yoherezwa mu Bufaransa mu mwaka wa 2019.

Sosthene Munyemana

Ikirego gishinjwa Sosthene Munyemana cyatanzwe n’umuryango Survie tariki ya 18 Ukwakira 1995. Urubanza rwe rwabaye imyaka 20 nyuma yo gutanga ikirego. Mu bandi bajenosideri harimo Laurent Bucyibaruta, Laurent Serubuga, Eugene Rwamucyo n’abandi.

2023-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu SC yatsinzwe na Gasogi ihagarika umutoza, Rayon Sports yatsinzwe na Musanze naho APR FC inganya na Mukura VS

Kiyovu SC yatsinzwe na Gasogi ihagarika umutoza, Rayon Sports yatsinzwe na Musanze naho APR FC inganya na Mukura VS

Ubwanditsi 28 Nov 2022
Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC

Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC

Ubwanditsi 07 Jan 2025
“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

Ubwanditsi 31 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kacyiru : Ni iki cyateye inyubako ya Bizimungu gufatwa n’inkongi y’umuriro
Mu Mahanga

Kacyiru : Ni iki cyateye inyubako ya Bizimungu gufatwa n’inkongi y’umuriro

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Impinduka  zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero  ‘ZION TEMPLE’
Mu Mahanga

Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero ‘ZION TEMPLE’

Ubwanditsi 07 Feb 2017
Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze
INKURU NYAMUKURU

Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Ubwanditsi 27 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru