• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Lubumbashi: Hari Imyigaragambyo Ikomeye Y’abaturage Basaba Igaruka Rya Moise Katumbi

Lubumbashi: Hari Imyigaragambyo Ikomeye Y’abaturage Basaba Igaruka Rya Moise Katumbi

Ubwanditsi 07 Aug 2018 POLITIKI

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere mu Mujyi wa Lubumbashi, mu Ntara ya Haut-Katanga zahinduye imirishyo, aho humvikanye urusaku rw’amasasu mu duce tumwe twabyukiyemo imyigaragambyo y’abashyigikiye Moise Katumbi wangiwe n’ubutegetsi kugaruka mu gihugu guhera kuwa Gatanu  ushize ngo azabashe guhatana mu matora y’umukuru w’igihugu.

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi iravuga ko abaturage babyukiye mu myigaragambyo kuri uyu wa Mbere, itariki 06 Kanama basaba kugaruka mu gihugu kwa Moise Katumbi wabujijwe n’ubuyobozi kukinjiramo kuri uyu wa Gatanu ushize ndetse no kuwa Gatandatu.

Mu gace ka Taba Congo ko muri uyu Mujyi wa Lubumbashi, isoko ryatwitswe ndetse amabutike menshi arasahurwa, mu gihe mu gace ka Kenya abigaragambya batwitse amamodoka.

Nk’uko ubuhamya butandukanye bw’abaturage bo mu gace ka Taba Congo muri Komini Kampemba no muri Komini ya Kenya buvuga, ngo kuri iki Cyumweru ahagana saa yine z’ijoro nibwo insoresore zatangiye kugenda zihamagarira abaturage imyigaragambyo yo kuri uyu wa mbere zifashishije indangururamajwi.

Saa 6h00 za mu gitondo rero kuri uyu wa Mbere, nibwo abaturage biganjemo urubyiruko, bazindukiye mu mihanda batangira gutwika amapine n’aho abacuruzi batandika ibicuruzwa, barangije bibasira umucuruzi wese wageragezaga gutandika ibicuruzwa bye.

Ahagana saa tatu ngo ikibazo cyari kimaze gukwira mu mujyi rwagati ugana ku Isoko ryitiriwe M’zee Kabila, aho abaturage birukaga mu mpande zose n’amaduka agafunga imiryango.

Igipolisi cya Congo cyaje kwitabazwa kizana ibyuka biryana mu maso kigerageza gutatanya abigaragambya ndetse gita muri yombi bamwe barimo umwe mu bateguye iyi myigaragambyo, Hon. Christian Mwando.

Hagati aho, Moise Katumbi wahiswemo n’ihuriro ry’amwe mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Kabila ngo azarihagarire mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2018, kuri iki Cyumweru yatangaje ko amatora ateganyijwe adashobora kwicwa na Kabila yavuze ko adashaka amahoro kandi ushaka guhitamo abakandida be.

Moise Katumbi yavuze ko agiye gukoresha inzira zose yisunze Itegeko Nshinga ndetse n’Amasezerano ya Saint-Sylvestre akazahatana mu matora y’umukuru w’igihugu.

Ati: “Ntituzatuma umugabo umwe ahonyora igihugu cyose.”

Yasabye abamushyigikiye kudacika intege kuko agiye guharanira ko buri wese azagira uruhare muri aya matora kandi avuga ko nibashyira hamwe nka miliyoni zisaga 80 z’Abanyekongo bazagira ingufu kandi bagahindura igihugu cyabo.

2018-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Uganda: Col Ndahura Wafatiwe Mu Nkubiri Imwe Na Gen Kayihura Arahakana Ko Yemeye Ibyaha Ashinjwa

Ubwanditsi 06 Jul 2018
Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Ubwanditsi 25 Jul 2018
Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Ubwanditsi 10 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports na Luvumbu bambukanye 2022 ibyishimo, Haruna yerekeje muri Libya mu ikipe ya ‪ Al Ta’awon SC
Amakuru

Rayon Sports na Luvumbu bambukanye 2022 ibyishimo, Haruna yerekeje muri Libya mu ikipe ya ‪ Al Ta’awon SC

Ubwanditsi 02 Jan 2023
Kiyovu na Rayon Sports mu makipe yitwaye neza, APR FC na Police FC babuze amanota 3 y’u munsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Kiyovu na Rayon Sports mu makipe yitwaye neza, APR FC na Police FC babuze amanota 3 y’u munsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Nov 2025
Indimi ebyiri mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda  k’urupfu rwa nyakwigendera Mucyo J.D
ITOHOZA

Indimi ebyiri mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda k’urupfu rwa nyakwigendera Mucyo J.D

Ubwanditsi 20 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru