• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»IMPAMVU : Prof Lwakabamba yeguye ku buyobozi bwa INATEK

IMPAMVU : Prof Lwakabamba yeguye ku buyobozi bwa INATEK

Ubwanditsi 22 Sep 2017 ITOHOZA

Kuri uyu wa 21 Nzeli, nibwo Lwakabamba yagejeje muri iyi kaminuza ibaruwa y’ ubwegure bwe.

Impamvu yeguye, avuga ko mu gihe amaze ayobora iyi kaminuza yakoze uko ashoboye ngo ayiteze imbere ariko nyirayo yamunanije.

Ati “ Nibyo, ni impamvu imwe yoroshye y’uko nahawe akazi kugira ngo kiriya kigo gitere imbere gitange uburezi bufite ireme. Twashyizeho ingamba zagiteza imbere ariko ntizemerwa. Hari hashize imyaka ibiri tukibiganira ariko ntibyemerwa […] Ndi umwe mu bamenyereye ibijyanye n’uburezi kandi mbimazemo imyaka myinshi ariko ikibabaje ni uko ba nyir’ibigo batakwemerera gukora ibikwiye, kuki wakomeza gukora. Ndashaka gukora ikinyuranyo, niba utanyemerera kugikora, niyo mpamvu nagiye.”

Inkuru dukesha Igihe igira iti :Prof Lwakabamba avuga ko mu gihe kigera ku myaka ibiri yari amaze ayobora iyi Kaminuza, yagiye ashyiraho ingamba zirimo gushaka uko iki kigo cyabona abanyeshuri n’ibindi; gusa ngo ubuyobozi bukuru ntibubyemeze cyangwa ngo bubihakane.

Ati “Muri rusange amashuri makuru na za Kaminuza arimo gutakaza abanyeshuri kuko badafitiye icyizere ibirimo kuyabamo, ni ukuvuga ko iyo ubatakaje uba utakaje amafaranga y’icyo kigo, twagerageje uburyo, twabikemura dushaka inkunga hanze, ntibavuze yego, oya cyangwa se ngo banatange izindi nzira twakoresha. Nk’umuntu umenyereye uburezi nasanze ntakomeza muri ibyo mpitamo kwegura.”

Mu minsi ishize, muri Kaminuza ya Kibungo havuzwe ikibazo cy’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse na Lwakamba ubwe ashyirwa mu majwi. Ubwo yari mu Murenge wa Kibungo mu bikorwa byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ku wa 15 Mata, Perezida wa Ibuka akaba n’Umuyobozi wungirije w’iyi Kaminuza, Prof. Jean Pierre Dusingizemungu, yashimangiye ko muri Kaminuza akoramo harimo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Icyo gihe Dusingizemungu yagize ati “Ingengabitekerezo ahanini yubakwa n’abahanga, za kaminuza ziriya mureba. N’iyo nkoramo irimo ingengabitekerezo, nagira ngo nabivugire hano. [Nsengiyumva mbona hariya niba ntavuga ukuri anyomoze]. Mu bahanga nibo birirwa bafata umwanya bakubaka ibitaboneye kugira ngo tutabavumbura vuba, ibyo ngibyo bakabitoza n’abandi.”

Abajijwe niba ubwegure bwe bwaba budafitanye isano n’ibi by’ingengabitekerezo ya Jenoside, yasubije agira ati “ Oya, ibyo twasanze ari ibinyoma kuko twabijyanye mu nzego z’umutekano barasuzuma dusanga atari ukuri.”

Uyu mugabo yashimangiye ko afite ubunararibonye mu rwego rw’uburezi dore ko ‘nakoze mu bijyanye n’uburezi muri Nigeria, Tanzania, mu Rwanda’ bityo kwegura kwe gushingiye ku mikoranire ye na ba nyir’ikigo kuko ari ‘abantu ubwira ntibakumve, nta nubwo baguha n’ubundi buryo bwo gukoresha’.

Prof. Lwakabamba ni Umunyarwanda wavutse mu 1947, avukira muri Tanzania ari naho yigiye amashuri abanza. Mu mwaka 1971 ni bwo yarangije amashuri ahanitse muri Kaminuza ya Leeds, mu 1975 arangiza amashuri y’ikirenga muri Mechanical Engineering na bwo ayigiye muri Kaminuza ya Leeds mu Bwongereza.

Mu mirimo yakoze harimo kuba yarayoboye iryahoze ari KIST, aba umuyobozi wa Kaminuza Nkuru y’ u Rwanda, Minisitiri w’ ibikorwa remezo na Minisitiri w’uburezi umwanya yasimbuweho muri Nyakanga 2015 na Dr. Papias Musafiri Malimba.

-8064.jpg

Prof. Lwakabamba

2017-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayonza: Umukobwa bamusanze mu nzu amaze iminsi 5  yishwe

Kayonza: Umukobwa bamusanze mu nzu amaze iminsi 5 yishwe

Ubwanditsi 11 May 2017
Abava muri FDLR bose bagaragaza gucikamo ibice gukomeye

Abava muri FDLR bose bagaragaza gucikamo ibice gukomeye

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Impamvu  Rubingisa Pudence  wari  Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda,  yatawe muri yombi

Impamvu Rubingisa Pudence wari Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda, yatawe muri yombi

Ubwanditsi 29 Aug 2017
U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi

U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi

Ubwanditsi 01 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni aragerageza gusenya Opozisiyo ariko bishobora kutazoroha
POLITIKI

Museveni aragerageza gusenya Opozisiyo ariko bishobora kutazoroha

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu
POLITIKI

Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda
INKURU NYAMUKURU

Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda

Ubwanditsi 14 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru