• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ni amahirwe kugira Perezida Udasanzwe

Ni amahirwe kugira Perezida Udasanzwe

Ubwanditsi 28 Oct 2016 POLITIKI

Umugani w’Ikinyarwanda ugira uti “Agafuni kabagara ubucuti ni akarenge”, undi nawo ukagira uti “Akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze”, ndetse undi ukagira uti “Kora ndebe iruta vuga numve”.

Mu gihe cy’umwaka umwe gusa Perezida KAGAME amaze gukora ingendo nyinshi zo kunoza umubano mpuzamahanga mu bihugu nka Benin, Mozambique, Congo Brazaville n’ahandi henshi abantu batakekaga mu rwego rusanzwe cyane cyane ko ari mu bihugu bivuga ururimi rw’igifaransa ariko umuntu akishimira ibigaragara muri izo ngendo “Après tout les faits sont tetus”. Nonese niyo urebye aho avuye gusura bucya Rwandair yahagejeje amajanja itwara abagenzi dore ko yitwa Ishema ry’Afurika.

Iyo urebye indege ikoresha uko bakwakira n’ukuntu yubahiriza igihe n’abagenzi itwara usanga ari ibintu bidasanzwe ni agashya ku mugani w’abanyarwanda.

Muri izi ngendo za Perezida KAGAME tubona ibisubizo byinshi ndetse n’ishema ry’abanyarwanda kuko icyitwa ubwigunge mu Rwanda cyangwa “Pays enclave “ cyagiye nka nyomberi kuko nubwo usanga abanyarwanda bagenda muri izi ndege bagikenewe mu kongera umubare abagenda twishimira nuko “Ikinyarwanda” kivugwa mu ndege haba mu gusobanurira abagenzi iby’ingendo zabo, uko bifata, aho bageze nibyo bifuza kumenya! Yewe habamo n’uturirimbo nyarwanda mu ndege dutuma abagenzi barukumbura iyo bageze iyo bajya.

-4519.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Mvuye ku bijyanye n’ibyo Perezida ageza ku Rwanda n’Inshuti z’u Rwanda muri izo ngendo kuko byinshi bigaragarira mu cyizere nk’Inama y’Abaperezida ba Afrika yabereye mu Rwanda, n’abandi bashyitsi benshi baza mu Rwanda nibyo abahanga n’abasesenguzi bavuga haba mu mubano w’ibihugu n’iterambere hari n’ibijyanye n’indimi kuko ari nabyo jyewe menyereye nahuguriwemo kandi ari nazo zituma abantu basabana, bagahahirana, bagatera imbere no guteza imbere ibyo bakora no kwigisha ibyo bemera.

Nyuma y’ukwezi kumwe gusa Inteko Nshingamategeko y’Umuryango w’Afrika y’iburasirazuba (EALA) yemeje ko ururimi rw’igiswahili rwemezwa nk’ururimi rw’akarere n’uwo muryango. Inama y’Abaminisitiri y’u Rwanda ntabwo yajuyaje mu kubishyira mu bikorwa, yahise mu gihe gito iterana yemeza ko urwo rurimi rw’igiswahili rubaye urwa kane mu Rwanda nka “Official Language”. Inama rero y’Abaminisitiri nanjye ngire nti “Bravo, Bravo, Bravo”!

Ibi ni byiza kuko mu rwego rw’ubuhahirane hagati y’ibihugu by’abaturanyi, Burundi, Uganda, Tanzania, Kenya, Sudan y’epfo, ndetse naza Congo zombi nagiye yo nsanga ari iby’igiciro kinini mu gukoresha urwo rurimi, rugomba kuduhuza nk’umuryango n’abanyafurika muri rusange.

Ibi kandi bitera ishema kuko uwitwa “Samora Machel” wa Mozambique yigeze gufata ijambo mu nama y’umuryango w’ubumwe bw’Afrika, Addis Ababa, yivugira ijambo mu giswahili abatacyumva barabasemurira arinda arangiza ijambo rye. Ibyo ni urugero rwiza mu kwiha agaciro no guteza imbere iby’iwacu, cyane cyane ko igiswahili ari n’ururimi rwiza kandi rworoshye kwiga, kuvuga, kumva, gusoma no kwandika.

Ndangize nkangurira nk’umunyarwanda ukunda kandi uzi neza akamaro k’igiswahili ngire nti “Hongera Sana Mheshimiwa Rais Paul Kagame, Hongereni mawaziri wetu kwa kuhalalisha Kiswahili Rwanda na sisi wanyarwanda TUJIFUNZE NA KUENDELEZA KISWAHILI”.
Shukran,

-4518.jpg

Profesa Pacifique MALONGA
Mkereketwa wa kiswahili

2016-10-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame

Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame

Ubwanditsi 05 May 2017
IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

RUSHYASHYA 17 Nov 2025
Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

RUSHYASHYA 21 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwinjira ku mukino wa Kiyovu SC na Rayon Sports ni ibihumbi 50 Frw mu myanya y’icyubahiro n’amafaranga ibihumbi bitanu ahasanzwe
Amakuru

Kwinjira ku mukino wa Kiyovu SC na Rayon Sports ni ibihumbi 50 Frw mu myanya y’icyubahiro n’amafaranga ibihumbi bitanu ahasanzwe

Ubwanditsi 09 Nov 2022
Tour du Rwanda 2019: Merhawi Kudus yegukanye agace Huye-Rubavu
IMIKINO

Tour du Rwanda 2019: Merhawi Kudus yegukanye agace Huye-Rubavu

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF
IMIKINO

Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Ubwanditsi 23 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru