• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

RUSHYASHYA 08 Apr 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Ku itariki nk’iyi ya 6 Mata mu myaka 32 ishize, Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda yishwe ubwo indege ye yari imuvanye i Dar es salam muri Tanzania yahanurirwaga mu kirere cya Kanombe, mu mujyi wa Kigali.

Perezida Paul Kagame avuga ko we na FPR-Inkotanyi yari ayoboye batashakaga ko Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda yicwa, kuko atari we wari ikibazo cyatumye bafata icyemezo cyo gutangiza urugamba rwo kubohora igihugu.

Muri Gashyantare 2022, Urukiko rusesa imanza mu Bufaransa rwategetse ko dosiye y’iperereza ku iraswa ry’iriya ndege ifungwa, nyuma y’imyaka irenga 20 y’iperereza.

Mbere y’uko u Bufaransa butangiza iryo perereza mu 1998, abantu bari hafi ya Perezida Paul Kagame bakunze gutungwa agatoki bashinjwa kuba ari bo baba bararashe iriya ndege yari inatwaye abarimo Ntaryamira Cyprien wari Perezida w’u Burundi.

Icyakora mu 2012, raporo y’impuguke z’Abafaransa yerekanye ko iyo ndege yaba yarahanuwe n’abahezanguni bo ku ruhande rwa Habyarimana babonaga ko we ashaka kumvikana na FPR mu masezerano ya Arusha yari arimbanyije.

Perezida Kagame mu gitabo ‘Conversations with the President of Rwanda’, ubwo yabazwaga n’umunyamakuru François Soudan wa Jeune Afrique ku giti cye ibyo yemera byerekeye uwaba yarahanuye iriya ndege, na we yashyize mu majwi abahezanguni babonaga ko Habyarimana ari kugurisha igihugu kuri FPR no ku Batutsi.

Ati: “Icyo nemera ku giti cyanjye gishingiye ku bikekwa ndetse no ku iperereza ryakozwe n’Umuryango w’Abibumbye. Nta na kimwe muri ibi cyabaye ku bw’uruhuriranempanuka. Iminsi myinshi cyangwa ibyumweru mbere y’uko indege ya Habyarimana ihanurwa, hari harabaye ibiganiro ku mugaragaro; ibiganiro byatangazwaga kuri radiyo n’ibinyamakuru by’intagondwa. Byavugaga ko hari ikintu gikomeye kigiye kuba. Uko igihe cyegerezaga, igihe nyacyo [icyo kintu] cyagombaga kuberaho cyarushijeho gusobanuka.”

Yakomeje agira ati: “Habyarimana bakundaga kumwita “Kinani,” bisobanuye udatsindwa, nk’ikintu gikomeye kandi gifite imbaraga zisumba ibindi byose. Rya tsinda ry’intagondwa ni ryo ryamushinjaga kugurisha igihugu kuri FPR no ku Batutsi, kuko batekerezaga ko yemeraga byinshi cyane mu mishyikirano. Mu bitekerezo byabo, kuba yari yaremeye kuganira no kwemera ko RPF yinjira muri guverinoma byari ukwemera ibintu birenze urugero.”

Perezida Kagame yagaragaje ko abari basangiye ishyaka na Habyarimana “bari bafite imyumvire y’ubutagondwa burenze ubwe”, n’ubwo ibyo bidasobanura ko na we atari intagondwa.

Yunzemo ati: “Ashobora kuba yarageragezaga gukemura ibintu akoresheje ubwenge n’ubushishozi bwinshi, ariko yari agifite imyumvire y’ubutagondwa. Uburyo yakoragamo bwari butandukanye, ariko ingengabitekerezo yari imwe.”

Umukuru w’Igihugu ubwo yibutswaga ko na FPR-Inkotanyi yari ifite impamvu yo kwica Habyarimana, yavuze ko ku ruhande rwabo byari bitandukanye.

Ati: “Ibyo ni ikibazo gitandukanye. Ntabwo twari tugambiriye Habyarimana nk’umuntu ku giti cye. Icyo twashakaga cyari ugukuraho ubutegetsi bwariho, bwari burimo na Habyarimana, ariko ntitwigeze twemera ko gukuraho umuntu umwe ari byo byari gutuma iyo sisitemu yose ivaho. Nta na kimwe mu bikorwa byacu, mu mitekerereze yacu cyangwa mu magambo twavuze kigaragaza ko Habyarimana ari we twari tugambiriye. Icyo twibandagaho cyari uko iyo ‘system’ yose ivaho uko yakabaye, n’ubwo byitwaga ko ari we wari ‘system’ yari iriho.”

Kagame yashimangiye ko kuba Habyarimana yari kuvaho wenyine ntacyo byagombaga kumara

Perezida Kagame Paul Ati: “Ntabwo byari gutuma habaho iterambere iryo ari ryo ryose. Ku bw’ibyo rero, mu igenamigambi no mu gutegura ingamba, ntitwagombaga kugambirira umuntu ku giti cye. Ibyo byari kuba ikosa, ridafitiye inyungu na nke intego zacu n’ibyo twashakaga kugeraho. Intambara ntiyari igambiriye Habyarimana. Intambara yacu yari igambiriye sisitemu. Iri ni itandukaniro rikomeye cyane.”

Bwiza

2026-04-08
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022
Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu  mu minsi itatu yikurikiranya

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu mu minsi itatu yikurikiranya

Ubwanditsi 11 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi
POLITIKI

Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Udushya muri Rwanda Cultural Day :  Ex. Amb. Eugene-Richard Gasana ntiyashoboye kuboneka, Abanyamakuru  Anne Garrison na Jeremy Miller barasohorwa
POLITIKI

Udushya muri Rwanda Cultural Day : Ex. Amb. Eugene-Richard Gasana ntiyashoboye kuboneka, Abanyamakuru Anne Garrison na Jeremy Miller barasohorwa

Ubwanditsi 27 Sep 2016
“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 25 Apr 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru