• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda nirwo rwasimbuye Kenya ku buyobozi bwa EAPCCO

U Rwanda nirwo rwasimbuye Kenya ku buyobozi bwa EAPCCO

Ubwanditsi 01 Sep 2016 Mu Mahanga

Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana, mu izina ry’u Rwanda, yasimbuye ku buyobozi bwa EAPCCO mugenzi we wo muri Kenya, Joseph K. Boinnet.

Umuhango w’ihererekanyabubasha , wari kimwe mu byaranze inama ngarukamwaka rusange ya 18 bita Annual General meeting cyangwa AGM, y’Umuryango w’Abakuru ba za Polisi zo mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba(EAPCO), ukaba warayobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ku italiki ya 31 Kanama.

EAPCCO AGM ya 18 yateraniye mu Rwanda ku nshuro ya gatatu, yabanjirijwe n’izahateraniye mu 2001 no mu 2011, ikaba yari ifite insanganyamatsiko igira iti:” Gushyigikira ubufatanye no guhanga udushya mu kurwanya ibyaha ndengamipaka n’ibyaha bijyanye n’iterambere.”

Kenya akaba ariyo yari ifite ubuyobozi bw’uyu muryango mu muyaka ibiri ishize.

Mu ijambo rye, IGP Gasana yagize ati:” Tugomba gukomeza gukorera hamwe, twita ku kujyana n’ikoranabuhanga rigezweho, twubaka ubushobozi buhangana n’ibihungabanya umutekano kandi, dufatire hamwe imyanzuro itanga igisubizo gifatika.”

Yashimangiye ku gukomeza ubufatanye mu kwigisha, mu bikorwa, mu myitozo n’umuvuduko mu gushyiraho ibigo by’icyitegererezo biri mu bikenewe mu guhangana bidasubirwaho n’ibihungabanya umutekano.

Ku rundi ruhande yahamagariye ibihugu bigize umuryango gukomeza ubufatanye n’ubuyobozi bushya, avuga ko kugirango umuryango uzashobore guhangana n’ibyaha ndengamipaka bizaterwa n’uruhare rwa buri gihugu ndetse n’ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro izafatwa.

Yavuze kandi ko EAPCCO yakoze akazi gakomeye, kuko yageze kuri 70 ku ijana y’intego yari yihaye.

Uyu muryango washinzwe mu 1998 I Kampala muri Uganda igihe habaga inama yari yahije abakuru ba za Polisi zo muri Afurika y’Iburasirazuba, nk’igisubizo cy’akarere mu kwegeranya imbaraga kwa za Polisi mu guhangana n’ibyaha ndengamipaka.

Washinzwe mu 1998 ushingirwa by’umwihariko guteza imbere no guha imbaraga ubufatanye no gufatira hamwe ingamba zo gukemura ibibazo by’ubwoko bwose byambukiranya imipaka n’ibyaha bihurirwaho n’akarere.

Mu ijambo rye ryo gushimira Perezida Paul Kagame n’abanyarwanda, IGP wa Namibiya, Lt. Gen. Sebastian Ndeitunga akaba n’umuyobozi wungirije wa Interpol, yavuze ko ubuyobozi bwiza bw’u Rwanda n’ubushake bwo gufatanya n’amahanga birangajwe imbere na Perezida Paul Kagame bikwiye kwereka abayobozi bandi ibikenewe ngo Afurika itekane.

EAPCCO AGM yahuriranye kandi n’umwitozo umwitozo wo kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga wiswe “ Exercise Cyber Tracks “ ukaba waribanze ku byaha bikoreshwamo ikoranabuhanga, gukoresha ubushobozi bwa Polisi Mpuzamahanga mu kwigisha gukumira no kurwanya ibyaha ndetse no kugenza ibyaha by’icuruzwa ry’abantu.

Mbere y’inama gato, Umunyamabanga mukuru wa Polisi mpuzamahanga (Interpol) Dr Jurgen Stock aherekejwe n’abayobozi ba za Polisi zigize EAPCCO, bashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ikigo cy’ikitegererezo mu karere kizaba gishinzwe kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga kizubakwa ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru

Igitekerezo cyo gushinga iki kigo cyavuye mu nama y’akarere ka Afurika ya Interpol yabereye I Brazaville muri Kongo muri Gashyantare uyu mwaka, aho abayobozi ba za Polisi basabye ko Interpol yakongera ubushobozi muri Afurika iteza imbere imitwe irwanya biriya byaha , kandi basaba amahugurwa rusange.

Muri uru rwego, u Rwanda rwemeye kuzakira umwitozo wabyo no kubakwamo ikigo cyavuzwe haruguru.

-3912.jpg

Iki kigo kizakoramo impuguke mu nzego zitandukanye kandi zivuye mu bihugu bitandukanye, kikazaba gifite za laboratwari n’ubundi bushobozi buhagije mu gutanga ubumenyi.

RNP

2016-09-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indege A330 yaguzwe na RwandAir yageze i Kigali

Indege A330 yaguzwe na RwandAir yageze i Kigali

Ubwanditsi 28 Sep 2016
Urubyiruko rwo mu Itorero ERC Nyarutarama mu giterane cy’ububyutse

Urubyiruko rwo mu Itorero ERC Nyarutarama mu giterane cy’ububyutse

Ubwanditsi 29 Sep 2016
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Ubwanditsi 15 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali
Mu Mahanga

Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Uganda: Abanyarwanda 72 bafatiwe mu nzira bagarurwa mu Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Abanyarwanda 72 bafatiwe mu nzira bagarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Frank Habineza yagizwe umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda
POLITIKI

Frank Habineza yagizwe umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru