• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Ubwanditsi 15 Jan 2016 Mu Mahanga

Abanyarwanda bagerageza gukomera ku muco wabo, kandi muby’ukuri nibyiza kuko n’abakurambere bacu hari uko babivugaga ko igihugu kitagira umuco kizima. Ndetse no mu bindi bihugu n’uko !

Umuco ukubiyemo ibintu byinshi ariko reka hano twibande ku migenzereze y’abanyarwada ku bijyanye no gushyingira umukobwa n’umuhungu ngo bajye kwibanira, babyare buzukuruze.

Ubusanzwe mu muco nyarwanda iyo umuhungu yagezaga igihe cyo kurushinga yararambagizaga, agasaba, agatebutsa, hagakorwa ubukwe, uwarongowe agatinyishwa kuko yabaga ari ahantu hashyitsi kuriwe, bagatwikurura umukobwa akaba umugore mu muryango w’abandi.

Mu gihe cyo gukwa habagaho imihango iryoheye ijisho n’amatwi. Mwazanaga inka hakaba abahanga bajya kuyireba niba koko iyo nka ikwiriye umukobwa wabo. Iyo bayigayaga, abasaba bagombaga kuzazana iyindi. Iyo bayishimaga rero yarazanwaga igacanirwa, ibivuga bakivuga n’amayoga akanyobwa ku bwinshi.

Muri uru Rwanda tugezemo ariko ibintu byarahindutse kubera iterambere ritandukanye cyane n’u Rwanda rwo hambere. Mu rwanda rwo hambere igipimo cy’ubukungu cyari inka naho muri uru Rwanda turimo igipimo cy’ubukungu ni ifaranga. Hari aho koko bagikwa inka ariko ahenshi bakwa amafaranga kuko atwarika ku buryo bworoshye kurusha inka kandi ikaba atari imiryango yose yifuza kujya mu bworozi bw’inka.

Ukwa amafaranga akagira akamaro nk’ako ya nka kagize cyangwa no kurushaho, bitewe n’inyungu y’umushinga uba wayashoyemo. Aha rwose nta kibazo wakwa inka cyangwa ugakwa mafaranga, kuko byombi ari ugukwa kandi gukwa kukaba umuco nyarwanda !

Ariko ikibazo aho kiri n’uko gukomera cyane kuri uwo muco mwiza Nyarwanda bishobora kuzatuma twimakaza umuco mubi cyane w’ibinyoma !

Reka dutangirire mu gusa. Abasabana ubu baba baziranye kandi n’imiryango yabo iba ibazi. Usaba ati kanaka nje kugusaba umugeni kandi nzi yuko utamunyima kuko dusanzwe duhana abageni. Usabwa ati nibyo koko kanaka. Kandi muby’ukuri iyo miryango yombi ishobora kuba itarigeze narimwe ihana abageni. Byongeyeho n’uko usaba n’usabwa baba atari ababyeyi cyangwa abalezi b’abo bashaka gushyingiranwa.

Ubundi mu mategeko kubeshya cyangwa kwiyitirira icyo utaricyo hari uko bihanirwa.
Muri uko kuruhanya, ngo ni ukoryoshya ibirori, usabwa ati uwo mudusaba yararongowe kandi buri wese abizi neza yuko ari ho, cyangwa bakabanza kuzana akana gatoya bati ni uyu. Aha bishobora kubyara ibintu bibiri mu kiri batoya. Icya mbere ni cyakindi cy’uko kubeshya ntacyo bitwaye naho icya kabiri kikaba ari uko n’udukobwa tw’imyaka itageze ku 10 dushobora kurongorwa !

Kuko heshi cyane muri iyi minsi badatanga inzoga muri iyo mihango yo gusa, usabwa ati kanaka reka mbanze nkuzimane akamuha Fanta ati soma kuri iyi nzoga wumve. Usaba agasoma atiyi inzoga irasembuye kandi irahiye rwose. Fanta yigeze kuba inzoga ryari ? Kuki itayita Fanta ikayita inzoga kandi buri wese abona yuko atari inzoga? Ibi mbomna bishobora kuva mu muco ahubwo bikaba gutoza urubyiruko kuvuga ibinyoma !

Mu gukwa rero byo ni agahoma munwa cyane. Umuntu arajwa amafaranga ariko ati kanaka nazanye inka nziza zirisha hariya hepfo mpa abashumba bawe bajyane n’abanjye baze bakubwira uko zimeze. Abasore bagahaguruka bakikoza hanze y’urugo bati inka turazibonye kandi ni nziza cyane, abantu bagakoma amashyi ubwo zigatangira kuririmbirwa n’ibikobwakobwa byinshi cyane ! Abantu bazima baririmbira inka zidahari ngo ni umuco ? Umuco nyarwanda ntabwo wigeze ugendera ku bintu bihimbano !

Kayumba Casmiry

2016-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Ubwanditsi 09 Dec 2022
Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Ubwanditsi 19 May 2021
Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo

Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Ubwanditsi 11 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

New York: Perezida Kagame yaganiriye n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni
POLITIKI

New York: Perezida Kagame yaganiriye n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Perezida Kagame yasabye abayobozi kudahora basaba imbabazi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasabye abayobozi kudahora basaba imbabazi

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Police FC yasinyishije abakinnyi 3 bashya barimo Migi, inongerera amasezerano Rutanga Eric na Patrick Sibomana, abarimo Tuyisenge Jeacques barategerejwe
Amakuru

Police FC yasinyishije abakinnyi 3 bashya barimo Migi, inongerera amasezerano Rutanga Eric na Patrick Sibomana, abarimo Tuyisenge Jeacques barategerejwe

Ubwanditsi 26 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru