• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Ubwanditsi 15 Jan 2016 Mu Mahanga

Abanyarwanda bagerageza gukomera ku muco wabo, kandi muby’ukuri nibyiza kuko n’abakurambere bacu hari uko babivugaga ko igihugu kitagira umuco kizima. Ndetse no mu bindi bihugu n’uko !

Umuco ukubiyemo ibintu byinshi ariko reka hano twibande ku migenzereze y’abanyarwada ku bijyanye no gushyingira umukobwa n’umuhungu ngo bajye kwibanira, babyare buzukuruze.

Ubusanzwe mu muco nyarwanda iyo umuhungu yagezaga igihe cyo kurushinga yararambagizaga, agasaba, agatebutsa, hagakorwa ubukwe, uwarongowe agatinyishwa kuko yabaga ari ahantu hashyitsi kuriwe, bagatwikurura umukobwa akaba umugore mu muryango w’abandi.

Mu gihe cyo gukwa habagaho imihango iryoheye ijisho n’amatwi. Mwazanaga inka hakaba abahanga bajya kuyireba niba koko iyo nka ikwiriye umukobwa wabo. Iyo bayigayaga, abasaba bagombaga kuzazana iyindi. Iyo bayishimaga rero yarazanwaga igacanirwa, ibivuga bakivuga n’amayoga akanyobwa ku bwinshi.

Muri uru Rwanda tugezemo ariko ibintu byarahindutse kubera iterambere ritandukanye cyane n’u Rwanda rwo hambere. Mu rwanda rwo hambere igipimo cy’ubukungu cyari inka naho muri uru Rwanda turimo igipimo cy’ubukungu ni ifaranga. Hari aho koko bagikwa inka ariko ahenshi bakwa amafaranga kuko atwarika ku buryo bworoshye kurusha inka kandi ikaba atari imiryango yose yifuza kujya mu bworozi bw’inka.

Ukwa amafaranga akagira akamaro nk’ako ya nka kagize cyangwa no kurushaho, bitewe n’inyungu y’umushinga uba wayashoyemo. Aha rwose nta kibazo wakwa inka cyangwa ugakwa mafaranga, kuko byombi ari ugukwa kandi gukwa kukaba umuco nyarwanda !

Ariko ikibazo aho kiri n’uko gukomera cyane kuri uwo muco mwiza Nyarwanda bishobora kuzatuma twimakaza umuco mubi cyane w’ibinyoma !

Reka dutangirire mu gusa. Abasabana ubu baba baziranye kandi n’imiryango yabo iba ibazi. Usaba ati kanaka nje kugusaba umugeni kandi nzi yuko utamunyima kuko dusanzwe duhana abageni. Usabwa ati nibyo koko kanaka. Kandi muby’ukuri iyo miryango yombi ishobora kuba itarigeze narimwe ihana abageni. Byongeyeho n’uko usaba n’usabwa baba atari ababyeyi cyangwa abalezi b’abo bashaka gushyingiranwa.

Ubundi mu mategeko kubeshya cyangwa kwiyitirira icyo utaricyo hari uko bihanirwa.
Muri uko kuruhanya, ngo ni ukoryoshya ibirori, usabwa ati uwo mudusaba yararongowe kandi buri wese abizi neza yuko ari ho, cyangwa bakabanza kuzana akana gatoya bati ni uyu. Aha bishobora kubyara ibintu bibiri mu kiri batoya. Icya mbere ni cyakindi cy’uko kubeshya ntacyo bitwaye naho icya kabiri kikaba ari uko n’udukobwa tw’imyaka itageze ku 10 dushobora kurongorwa !

Kuko heshi cyane muri iyi minsi badatanga inzoga muri iyo mihango yo gusa, usabwa ati kanaka reka mbanze nkuzimane akamuha Fanta ati soma kuri iyi nzoga wumve. Usaba agasoma atiyi inzoga irasembuye kandi irahiye rwose. Fanta yigeze kuba inzoga ryari ? Kuki itayita Fanta ikayita inzoga kandi buri wese abona yuko atari inzoga? Ibi mbomna bishobora kuva mu muco ahubwo bikaba gutoza urubyiruko kuvuga ibinyoma !

Mu gukwa rero byo ni agahoma munwa cyane. Umuntu arajwa amafaranga ariko ati kanaka nazanye inka nziza zirisha hariya hepfo mpa abashumba bawe bajyane n’abanjye baze bakubwira uko zimeze. Abasore bagahaguruka bakikoza hanze y’urugo bati inka turazibonye kandi ni nziza cyane, abantu bagakoma amashyi ubwo zigatangira kuririmbirwa n’ibikobwakobwa byinshi cyane ! Abantu bazima baririmbira inka zidahari ngo ni umuco ? Umuco nyarwanda ntabwo wigeze ugendera ku bintu bihimbano !

Kayumba Casmiry

2016-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Yatawe muri yombi atwaye imodoka iriho ibirango by’imodoka za perezida Museveni

Uganda: Yatawe muri yombi atwaye imodoka iriho ibirango by’imodoka za perezida Museveni

Ubwanditsi 25 May 2018
Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu batanga ruswa ngo bahabwe uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu batanga ruswa ngo bahabwe uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga

Ubwanditsi 18 Feb 2017
Kuri uyu wa kabiri tariki 01 Kamena 2021, i La Haye Mu Buholandi hateganyijwe inama ntegurarubanza rwa Kabuga Felisiyani, ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa kabiri tariki 01 Kamena 2021, i La Haye Mu Buholandi hateganyijwe inama ntegurarubanza rwa Kabuga Felisiyani, ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Claude Muhayimana yafunguwe mu ibanga mu Kuboza 2022, amaze umwaka umwe gusa muri gereza.

Claude Muhayimana yafunguwe mu ibanga mu Kuboza 2022, amaze umwaka umwe gusa muri gereza.

Ubwanditsi 07 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa
UBUKUNGU

Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa

Ubwanditsi 17 Apr 2020
83 bitandukanyije na FDLR barimo n’umujenerali basubijwe mu buzima busanzwe
Mu Rwanda

83 bitandukanyije na FDLR barimo n’umujenerali basubijwe mu buzima busanzwe

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition
POLITIKI

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Ubwanditsi 26 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru