• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Ubwanditsi 12 Jul 2018 Mu Rwanda

Muhanga – Mu ijoro ryakeye mu murenge wa Shyogwe, abantu bivugwa ko barenga 10 bitwaje imihoro n’ibisongo biraye mu baturage batema abantu bane (4) ku mpamvu zitaramenyekana, harakekwa ubujura n’ubwo ntacyo bibye aho banyuze hose.

Abaturage bakorewe ubu bugizi bwa nabi babwiye Umunyamakuru wacu i Muhanga ko ababateye bari itsinda ry’abantu barenga icumi (10), ryaje ritema abantu bane (4) mu midugudu itandukanye.

Abo batemye barimo umugabo umwe wubatse n’abasore batatu, icyakora bose baracyariho ntawapfuye kuko bahise bajyanwa kwa muganga.

Aba bantu bane batemwe n’aba bagizi ba nabi babakomerekeje nyuma babajyana mu bitaro baravurwa barataha.

Umwe mubatemwe ni Nishimwe Viateur wo mu kigero k’imyaka 25, mu buzima busanzwe ni ‘kigingi’ w’imodoka zitwara abagenzi, bamutemye mu nda no mu mutwe.

Nishimwe yadutangarije ko baje agiye kwinjira mu nzu umwe aturuka hepfo undi aturuka haruguru baramugota, mu minota ibiri hahita haza n’abandi bamuhurizaho imihoro baratema, icyakora bikanga irondo bariruka barahunga.

Se w’uyu musore wari uryamye abyutse ngo yasanze biruka.

Intego z’aka gatsiko k’abagizi ba nabi ntiziramenyekana kuko n’ubwo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukeka ko intego yako yari ubujura, abaturage bo bavuga ko nta kintu na kimwe bigeze biba ahubwo batemye abantu.

Mu midugudu ya Murambi, Nyacyamu, na Kabeza, yo mu kagari ka Ruli, Umurenge wa Shyogwe bagiye bahatema byibura umuntu umwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Shyogwe Habinshuti Vedaste, yavuze ko amakuru bafite ari uko abo bantu “bashakaga kwiba”, ngo kuko hari amakuru yari yasakaye mu baturage ko umukecuru batemeye umwuzukuru yaba yagurishije itungo, bagezeyo basanga ntaryo yagurishije batema umwuzukuru we w’umusore.

Mu ngo zose banyuze nta kintu bibye, icyakora habaye inama y’umutekano yo guhumuriza abaturage, hasabwa ko abantu bakora irondo bakongerwa.

Hari amakuru  avuga ko haba hafashwe abantu batandatu bafitanye isano n’iki gitero bakaba bari gukorwaho iperereza.

2018-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

Ubwanditsi 26 May 2017
Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Polisi y’u Rwanda yamaganye itangazo rivuga ko igiye  kwivuna abatuka Perezida Kagame

Polisi y’u Rwanda yamaganye itangazo rivuga ko igiye kwivuna abatuka Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal
INKURU NYAMUKURU

DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 13 Jun 2018
Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’Ishami rizakurikirana ishyirwa mu bikorwa rya SDGs muri Afurika y’Amajyepfo
POLITIKI

Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’Ishami rizakurikirana ishyirwa mu bikorwa rya SDGs muri Afurika y’Amajyepfo

Ubwanditsi 07 Aug 2019
New-RNC mu bucuruzi bw’impapuro mpimbano (Fakes documents).
ITOHOZA

New-RNC mu bucuruzi bw’impapuro mpimbano (Fakes documents).

Ubwanditsi 03 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru