• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyabugogo: Itike ku banyeshuri yabonye umugabo isiba undi

Nyabugogo: Itike ku banyeshuri yabonye umugabo isiba undi

Ubwanditsi 18 Apr 2017 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Ubwo abanyeshuri bajyaga gutangira igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri 2017 kuri uyu wa mbere bageraga muri gare ya Nyabugogo bahuye n’imbogamizi z’ibura ry’amatiki ndetse bamwe barara batageze ku bigo byabo, bakaba basaba ko ibigo bitwara abagenzi byajya byongera imodoka mu bihe by’itangira.

Kuba bamwe mu banyeshuri bagiye Babura amatiki y’imodoka ndetse bikaviramo bamwe kutarara ku bigo, ahanini byatewe n’umubare munini w’abanyeshuri bakatishije amatiki ku munota wa nyuma,nyamara umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye yari yasabye ababyeyi gukora ibishoboka byose bakajya gushaka amatiki y’abana babo hakiri kare kugira ngo hongererwe ibinyabiziga bibageza aho biga.

Gusa bamwe mu banyeshuri bari bategereje imodoka zibageza ku bigo byabo muri Gare ya Nyabugogo basabye minisiteri y’uburezi na kompanyi zitwara abagenzi kujya bongera umubare w’imodoka zitwara abagenzi mu gufungura kw’abanyeshuri.

Umwe mu babuze amatiki ati”imbogamizi akenshi na kenshi abanyeshuri duhura nazo ,nk’igihe cy’itangira ni ukubura imodoka,bajya baduharira umunsi nk’uyu maze n’imodoka bakazongera”.

Devota Uwizeye ati”Imbogamizi duhura nazo iyo tugiye ku ishuri imodoka ari nkeya,ugasanga bamwe basubiye mu rugo,kandi abanyeshuri tuba turi benshi cyane turuta imodoka ziba zihari”.

Si abanyeshuri gusa basubika ingendo zabo mu gihe cyo gutangira amasomo kw’abanyeshuri,ahubwo n’abagenzi basanzwe bagerwaho n’ingaruka zo kubura amatiki bityo gahunda zabo zigapfa bitewe n’ubuke bw’imodoka buganzwa n’abagenzi benshi.

-6338.jpg

Abanyeshuri bari mu gihirahiro

Ildephonse Kayitare,umugenzi w’I Nyabugogo yagize ati”iyo uje ugasanga umurongo w’abanyeshuri wiyongereye bigira ingaruka kuri gahunda zacu,biragaragara ko abanyeshuri batariyongera cyane ariko nibamara kwiyongera kubona itiki ni ikibazo gikomeye cyane”.

Munyakazi Isaac,umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’uburezi,ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye yaherukaga gutangaza ko nta kompanyi itwara abagenzi yemerewe guha itike umunyehuri wakererewe kugera ku kigo yigaho atari kumwe n’umubyeyi we,gusa biragaragara ko ikibazo cyakumirwaga cyahise gikomwa mu nkokora n’ubuke bw’imodoka zitwara abagenzi muri gare ya Nyabugogo,gusa ababyeyi n’abanyeshuri bakwiriye kujya bashyira mu bikorwa amabwiriza aba yashyizweho n’inzego ziba zifite uburezi mu nshingano hagamijwe gukumira gukerererwa amasomo bya hato na hato.

-6339.jpg

Munyakazi Isaac Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi,ushinzwe Amashuri abanza n’ayisumbuye

2017-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inkuru yabaye impamo, umunyacyaha Cassien Ntamuhanga watorotse gereza mu Rwanda yafatiwe i Maputo

Inkuru yabaye impamo, umunyacyaha Cassien Ntamuhanga watorotse gereza mu Rwanda yafatiwe i Maputo

Ubwanditsi 28 May 2021
Iya 15 Gicurasi 1994: Papa Yohani Pawulo II yemeje ko mu Rwanda hari Jenoside

Iya 15 Gicurasi 1994: Papa Yohani Pawulo II yemeje ko mu Rwanda hari Jenoside

Ubwanditsi 15 May 2018
Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Ubwanditsi 09 Jan 2023
Ingengo y’imari ya 2017/2018 yiyongereyeho miliyari 140.7 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 yiyongereyeho miliyari 140.7 Frw

Ubwanditsi 08 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Bernard Munyagishari yakatiwe gufungwa burundu
Amakuru

Bernard Munyagishari yakatiwe gufungwa burundu

Ubwanditsi 21 Apr 2017
Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege
HIRYA NO HINO

Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Ubwanditsi 31 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru