• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyabugogo: Itike ku banyeshuri yabonye umugabo isiba undi

Nyabugogo: Itike ku banyeshuri yabonye umugabo isiba undi

Ubwanditsi 18 Apr 2017 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Ubwo abanyeshuri bajyaga gutangira igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri 2017 kuri uyu wa mbere bageraga muri gare ya Nyabugogo bahuye n’imbogamizi z’ibura ry’amatiki ndetse bamwe barara batageze ku bigo byabo, bakaba basaba ko ibigo bitwara abagenzi byajya byongera imodoka mu bihe by’itangira.

Kuba bamwe mu banyeshuri bagiye Babura amatiki y’imodoka ndetse bikaviramo bamwe kutarara ku bigo, ahanini byatewe n’umubare munini w’abanyeshuri bakatishije amatiki ku munota wa nyuma,nyamara umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye yari yasabye ababyeyi gukora ibishoboka byose bakajya gushaka amatiki y’abana babo hakiri kare kugira ngo hongererwe ibinyabiziga bibageza aho biga.

Gusa bamwe mu banyeshuri bari bategereje imodoka zibageza ku bigo byabo muri Gare ya Nyabugogo basabye minisiteri y’uburezi na kompanyi zitwara abagenzi kujya bongera umubare w’imodoka zitwara abagenzi mu gufungura kw’abanyeshuri.

Umwe mu babuze amatiki ati”imbogamizi akenshi na kenshi abanyeshuri duhura nazo ,nk’igihe cy’itangira ni ukubura imodoka,bajya baduharira umunsi nk’uyu maze n’imodoka bakazongera”.

Devota Uwizeye ati”Imbogamizi duhura nazo iyo tugiye ku ishuri imodoka ari nkeya,ugasanga bamwe basubiye mu rugo,kandi abanyeshuri tuba turi benshi cyane turuta imodoka ziba zihari”.

Si abanyeshuri gusa basubika ingendo zabo mu gihe cyo gutangira amasomo kw’abanyeshuri,ahubwo n’abagenzi basanzwe bagerwaho n’ingaruka zo kubura amatiki bityo gahunda zabo zigapfa bitewe n’ubuke bw’imodoka buganzwa n’abagenzi benshi.

-6338.jpg

Abanyeshuri bari mu gihirahiro

Ildephonse Kayitare,umugenzi w’I Nyabugogo yagize ati”iyo uje ugasanga umurongo w’abanyeshuri wiyongereye bigira ingaruka kuri gahunda zacu,biragaragara ko abanyeshuri batariyongera cyane ariko nibamara kwiyongera kubona itiki ni ikibazo gikomeye cyane”.

Munyakazi Isaac,umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’uburezi,ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye yaherukaga gutangaza ko nta kompanyi itwara abagenzi yemerewe guha itike umunyehuri wakererewe kugera ku kigo yigaho atari kumwe n’umubyeyi we,gusa biragaragara ko ikibazo cyakumirwaga cyahise gikomwa mu nkokora n’ubuke bw’imodoka zitwara abagenzi muri gare ya Nyabugogo,gusa ababyeyi n’abanyeshuri bakwiriye kujya bashyira mu bikorwa amabwiriza aba yashyizweho n’inzego ziba zifite uburezi mu nshingano hagamijwe gukumira gukerererwa amasomo bya hato na hato.

-6339.jpg

Munyakazi Isaac Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi,ushinzwe Amashuri abanza n’ayisumbuye

2017-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 24 Feb 2020
‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya

‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Ibyavuye mu nama y’abayobozi bakuru b’ingabo za Congo FARDC yitabiriwe na FDLR byamenyekanye

Ibyavuye mu nama y’abayobozi bakuru b’ingabo za Congo FARDC yitabiriwe na FDLR byamenyekanye

Ubwanditsi 15 Nov 2022
Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Ubwanditsi 01 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Patrick Karegeya mu bibazo byo kubona ubuhungiro muri Amerika
ITOHOZA

Umuryango wa Patrick Karegeya mu bibazo byo kubona ubuhungiro muri Amerika

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside
POLITIKI

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru