• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyabugogo: Itike ku banyeshuri yabonye umugabo isiba undi

Nyabugogo: Itike ku banyeshuri yabonye umugabo isiba undi

Ubwanditsi 18 Apr 2017 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Ubwo abanyeshuri bajyaga gutangira igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri 2017 kuri uyu wa mbere bageraga muri gare ya Nyabugogo bahuye n’imbogamizi z’ibura ry’amatiki ndetse bamwe barara batageze ku bigo byabo, bakaba basaba ko ibigo bitwara abagenzi byajya byongera imodoka mu bihe by’itangira.

Kuba bamwe mu banyeshuri bagiye Babura amatiki y’imodoka ndetse bikaviramo bamwe kutarara ku bigo, ahanini byatewe n’umubare munini w’abanyeshuri bakatishije amatiki ku munota wa nyuma,nyamara umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye yari yasabye ababyeyi gukora ibishoboka byose bakajya gushaka amatiki y’abana babo hakiri kare kugira ngo hongererwe ibinyabiziga bibageza aho biga.

Gusa bamwe mu banyeshuri bari bategereje imodoka zibageza ku bigo byabo muri Gare ya Nyabugogo basabye minisiteri y’uburezi na kompanyi zitwara abagenzi kujya bongera umubare w’imodoka zitwara abagenzi mu gufungura kw’abanyeshuri.

Umwe mu babuze amatiki ati”imbogamizi akenshi na kenshi abanyeshuri duhura nazo ,nk’igihe cy’itangira ni ukubura imodoka,bajya baduharira umunsi nk’uyu maze n’imodoka bakazongera”.

Devota Uwizeye ati”Imbogamizi duhura nazo iyo tugiye ku ishuri imodoka ari nkeya,ugasanga bamwe basubiye mu rugo,kandi abanyeshuri tuba turi benshi cyane turuta imodoka ziba zihari”.

Si abanyeshuri gusa basubika ingendo zabo mu gihe cyo gutangira amasomo kw’abanyeshuri,ahubwo n’abagenzi basanzwe bagerwaho n’ingaruka zo kubura amatiki bityo gahunda zabo zigapfa bitewe n’ubuke bw’imodoka buganzwa n’abagenzi benshi.

-6338.jpg

Abanyeshuri bari mu gihirahiro

Ildephonse Kayitare,umugenzi w’I Nyabugogo yagize ati”iyo uje ugasanga umurongo w’abanyeshuri wiyongereye bigira ingaruka kuri gahunda zacu,biragaragara ko abanyeshuri batariyongera cyane ariko nibamara kwiyongera kubona itiki ni ikibazo gikomeye cyane”.

Munyakazi Isaac,umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’uburezi,ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye yaherukaga gutangaza ko nta kompanyi itwara abagenzi yemerewe guha itike umunyehuri wakererewe kugera ku kigo yigaho atari kumwe n’umubyeyi we,gusa biragaragara ko ikibazo cyakumirwaga cyahise gikomwa mu nkokora n’ubuke bw’imodoka zitwara abagenzi muri gare ya Nyabugogo,gusa ababyeyi n’abanyeshuri bakwiriye kujya bashyira mu bikorwa amabwiriza aba yashyizweho n’inzego ziba zifite uburezi mu nshingano hagamijwe gukumira gukerererwa amasomo bya hato na hato.

-6339.jpg

Munyakazi Isaac Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi,ushinzwe Amashuri abanza n’ayisumbuye

2017-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame

Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame

Ubwanditsi 29 Jul 2017
Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje  urugendo rwo  kwiyamamaza  kumunsi wa 8  mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje urugendo rwo kwiyamamaza kumunsi wa 8 mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 23 Jul 2017
GASABO : Umugabo yaguze umuhoro mushya atemagura umugore we

GASABO : Umugabo yaguze umuhoro mushya atemagura umugore we

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Umunyarwanda yajugunwe ku Mupaka wa Cyanika yagizwe intere

Umunyarwanda yajugunwe ku Mupaka wa Cyanika yagizwe intere

Ubwanditsi 01 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro
UBUKUNGU

RRA yongereye ukwezi ku gihe cyo kwishyura imisoro

Ubwanditsi 31 Jan 2020
Umusirikare wa Congo uherutse gufatirwa mu Rwanda yasubijwe iwabo
HIRYA NO HINO

Umusirikare wa Congo uherutse gufatirwa mu Rwanda yasubijwe iwabo

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Safi Madiba ngo yaba yiteguye kurushinga na Parfine Umutesi
IMIKINO

Safi Madiba ngo yaba yiteguye kurushinga na Parfine Umutesi

Ubwanditsi 05 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru