• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyabugogo: Itike ku banyeshuri yabonye umugabo isiba undi

Nyabugogo: Itike ku banyeshuri yabonye umugabo isiba undi

Ubwanditsi 18 Apr 2017 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Ubwo abanyeshuri bajyaga gutangira igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri 2017 kuri uyu wa mbere bageraga muri gare ya Nyabugogo bahuye n’imbogamizi z’ibura ry’amatiki ndetse bamwe barara batageze ku bigo byabo, bakaba basaba ko ibigo bitwara abagenzi byajya byongera imodoka mu bihe by’itangira.

Kuba bamwe mu banyeshuri bagiye Babura amatiki y’imodoka ndetse bikaviramo bamwe kutarara ku bigo, ahanini byatewe n’umubare munini w’abanyeshuri bakatishije amatiki ku munota wa nyuma,nyamara umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye yari yasabye ababyeyi gukora ibishoboka byose bakajya gushaka amatiki y’abana babo hakiri kare kugira ngo hongererwe ibinyabiziga bibageza aho biga.

Gusa bamwe mu banyeshuri bari bategereje imodoka zibageza ku bigo byabo muri Gare ya Nyabugogo basabye minisiteri y’uburezi na kompanyi zitwara abagenzi kujya bongera umubare w’imodoka zitwara abagenzi mu gufungura kw’abanyeshuri.

Umwe mu babuze amatiki ati”imbogamizi akenshi na kenshi abanyeshuri duhura nazo ,nk’igihe cy’itangira ni ukubura imodoka,bajya baduharira umunsi nk’uyu maze n’imodoka bakazongera”.

Devota Uwizeye ati”Imbogamizi duhura nazo iyo tugiye ku ishuri imodoka ari nkeya,ugasanga bamwe basubiye mu rugo,kandi abanyeshuri tuba turi benshi cyane turuta imodoka ziba zihari”.

Si abanyeshuri gusa basubika ingendo zabo mu gihe cyo gutangira amasomo kw’abanyeshuri,ahubwo n’abagenzi basanzwe bagerwaho n’ingaruka zo kubura amatiki bityo gahunda zabo zigapfa bitewe n’ubuke bw’imodoka buganzwa n’abagenzi benshi.

-6338.jpg

Abanyeshuri bari mu gihirahiro

Ildephonse Kayitare,umugenzi w’I Nyabugogo yagize ati”iyo uje ugasanga umurongo w’abanyeshuri wiyongereye bigira ingaruka kuri gahunda zacu,biragaragara ko abanyeshuri batariyongera cyane ariko nibamara kwiyongera kubona itiki ni ikibazo gikomeye cyane”.

Munyakazi Isaac,umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’uburezi,ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye yaherukaga gutangaza ko nta kompanyi itwara abagenzi yemerewe guha itike umunyehuri wakererewe kugera ku kigo yigaho atari kumwe n’umubyeyi we,gusa biragaragara ko ikibazo cyakumirwaga cyahise gikomwa mu nkokora n’ubuke bw’imodoka zitwara abagenzi muri gare ya Nyabugogo,gusa ababyeyi n’abanyeshuri bakwiriye kujya bashyira mu bikorwa amabwiriza aba yashyizweho n’inzego ziba zifite uburezi mu nshingano hagamijwe gukumira gukerererwa amasomo bya hato na hato.

-6339.jpg

Munyakazi Isaac Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi,ushinzwe Amashuri abanza n’ayisumbuye

2017-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 02 Jun 2021
Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubwanditsi 18 Jan 2022
Uganda yagaruye abanyarwanda babiri bari barahungiyeyo kubera ibyaha bitandukanye

Uganda yagaruye abanyarwanda babiri bari barahungiyeyo kubera ibyaha bitandukanye

Ubwanditsi 22 Feb 2017
Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Ubwanditsi 16 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.
Amakuru

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Ubwanditsi 17 Jul 2024
Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo
INKURU NYAMUKURU

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo

Ubwanditsi 09 Jul 2018

APR FC yanganyije na Police FC ifata umwanya wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda by’agateganyo 

RUSHYASHYA 21 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru