• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Ubwanditsi 01 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Buri mwaka tariki 01 Gashyantare, Abanyarwanda tuzirikana Intwari zacu zarukuye mu menyo y’ibipfamutima byifuzaga kururoha mu rwobo.

Uyu uba ari umwanya mwiza wo gushima ubwo bwitange, no gushishikariza buri wese gutera ikirenge mu cy’izo mpfura.

Kuvuga ibigwi izi Ntawi ni ukuzirikana agaciro zaduhaye, tukanafata ingamba zo gukomera ku ngandagaciro zadusigiye, zirimo gukunda Igihugu, kugira umutima ukomeye kandi ukeye, kwitanga, kugira ubushishozi n’ ubwamarare mu butwari, kuba intangarugero mu byiza, kurangwa n’ukuri, ubupfura n’ubumuntu.

Nyamara ariko, uyu munsi ukwiye no kuba umwanya wo kugaya abatatiye igihango bagiranye n’Intwari twibuka.

Abo ni abagambanira u Rwanda, ba rusisibiranya utabarizaho ukuri, ibisambo biharanira kuzuza ibifu bititaye ku nyungu rusange z’Abanyarwanda, abishora mu bikorwa byo kuvutsa Igihugu umutekano, n’ubundi bugwari bugenda bugaragara kuri bamwe, barimo n’abiyita injijuke.

Mu Ntwari z’u Rwanda twibuka none, harimo Gen Fred Gisa Rwigyema, wari ku ruhembe rw’ingabo zabohoye Igihugu, zikanahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu butumwa bukomeye yadusigiye, Gen Rwigyema yagize ati:” URwanda rugomba kuva mu karengane byanze bikunze, n’ubwo byazagera ryari, ndetse n’aho bamwe muri twe twaba twarapfuye”.

Iyi ndoto yo kubohora u Rwanda yabaye impamo, Rwavuye mu karengane, kandi abatubereye ibitambo ntibazava mu mitima yacu.

Igitangaje kikanababaza ariko, ni uko mu bo Gen Fred Rwigyema yari ayoboye, basa nk’aho batari bahuje intego nawe.

Hari abagaragara nk’aho bo batari ku rugamba rwo KUBOHORA u Rwanda ngo ruve mu karengane nk’uko Fred Rwigyema yabiharaniye, ahubwo bo bari bagambiriye KURUBOHOZA, ngo bikirire bambukiye ku mirambo y’abarwitangiye.

Abo ni abahise bafata inzira y’ubujura no kutubaha inzego, ubwo intambara yo kubohora u Rwanda yari irangiye.

Dufate urugero rw’abahoze mu ngabo za RPA, ubu bakaba barahindutse ibigarasha. Ubonye imyitwarire Kayumba Nyamwasa amaranye imyaka, biragoye gusobanura ko azirikana ibyo Fred Rwigyema yasize amubwiye.

Ntiwaba waraganiriye na Fred Rwigyema, ngo usahure ibya rubanda nk’uko Kayumba Nyamwasa yabikoze ubwo yikatiraga ibikingi mu Mutara, abandi basubiza ubutaka banyaze Abaturage we akivumbura, ari nabyo byamujyanye ishyanga.

Ntiwaba wemera ko Fred Rwigyema yaharaniraga u Rwanda rutekanye kandi ruteye imbere, ngo wowe ugambirire kurumenamo amaraso, nk’uko ari yo ntego ya Kayumba Nyamwasa n’abambari be babana mu mutwe w’iterabwoba wa RNC.

Mwese muribuka “grenades” uyu mutwe wateye mu mujyi wa Kigali, ugahitana abantu abandi bagakomereka.

Kayumba Nyamwasa yasobanura ate ko yarwanye urugamba aharanira guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, yarangiza akaba inkoramutima y’inkoramaraso za FDLR?

Icyakora hari abantu utataho umwanya wibaza ku bugwari bwabo, kuko batigeze batozwa ubutwari. Abo ni nka ba Ingabire Victoire bibwira ko kwicara mu Rugwiro azabihabwa n’ingengabitekerezo ya Hutu-pawa, Paul Rusesabagina wibeshya ko “ubutwari” buva muri filimi mbarankuru, Anastase Gasana n’ubu ukiririmba Parmehutu atitaye ku kaga yaroshyemo Abanyarwanda, abana b’abajenosideri bibumbiye muri Jambo Asbl, n’ubu bananiwe kwigobotora ipfunwe batewe n’ ubugome ababyeyi babo bakoreye Abanyarwanda, n’abandi babaye imbata y’amacakubiri, bahora bararikiye ubutegetsi bushingiye ku myumvire ya”rubanda nyamwishi” ari yo Hutu-pawa.

Ibigwari birahari, ariko icyiza ni uko Abanyarwanda bafite umutima wa gitwari ari bo benshi cyane. Dore igisobanuro cy’intambwe u Rwanda rudasiba gutera mu nzego zinyuranye, kandi ibyo byiza bakaba biteguye kubyongera no kubirinda.

Rushyashya yifurije Abanyarwanda bose Umunsi twibukaho Intwari zacu, inabashishikariza kwanga ikibi, no kucyamagana bivuye inyuma, kuko ari ko gushima nyabyo Intwari zatugize icyo turi cyo uyu munsi. Ubutwari bw’Abanyarwanda, agaciro kacu!

2022-02-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida  Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Rwamagana: Umusore yishe mugenzi we amutemye amuziza kumwita umujura

Rwamagana: Umusore yishe mugenzi we amutemye amuziza kumwita umujura

Ubwanditsi 20 Jun 2018
AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 07 Dec 2020
Misiri: Perezida Kagame mu bazayobora inama ku kwihangira imirimo mu rubyiruko

Misiri: Perezida Kagame mu bazayobora inama ku kwihangira imirimo mu rubyiruko

Ubwanditsi 09 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.
Amakuru

Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Ubwanditsi 03 Oct 2024
Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.
INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.

Ubwanditsi 19 Dec 2017
Abaminisitiri n’Abayobozi ba Polisi bo muri aka karere bihereye ijisho imyitozo ku kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga
Mu Mahanga

Abaminisitiri n’Abayobozi ba Polisi bo muri aka karere bihereye ijisho imyitozo ku kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 02 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru