• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 07 Dec 2020 Amakuru, IMIKINO

Muri aya makipe yabanjemo Abakinnyi 11 nk’uko bisanzwe

AS Kigali: Bate Shamiru, Rugirayabo Hassan, Ishimwe Christian, Emery Bayisenge, Karera Hassan, Ntamuhanga Tumaini Tity (c), Kalisa Rashid, Nsabimana Eric, Shabani Hussein Tchabalala, Hakizimana Muhadjiri na Aboubakar Lawal.

Orapa United: Malapela, Kgaswane (c), Mosige, Hlabano, Makopo, Nyamanjiva, Gagoangwe, Mabaya, Elias, Makgantai na Kebatho.

Ni igitego cyatwinzwe mu minota ya nyuma gitsinzwe n’Umukinnyi ukomoka muri Nigeria Abubakar Lawal, Akaba ari nacyo gitego rukumbi cya AS Kigali yatsinze Orapa United 1-0, Byatumye iyisezerera ku gitego cyo hanze nyuma yo kunganya ibitego 2-2 mu mikino yombi. AS Kigali yagiye gukina uyu mukino ibisobanukiwe ko isabwa gutsinda kugira ngo yizere gukomeza mu kindi cyiciro kuko yari yatsindiwe muri Botswana ibitego 2-1.

Umutoza wa AS KIGALI, Nshimiyimana Eric, yakoze impinduka eshatu gusa mu bakinnyi babanjemo, hajyamo Bate Shamiru, Karera Hassan na Ishimwe Christian.

Uburyo bwa mbere bukomeye bwabonetse muri uyu mukino ni ubwo ku munota wa 29, aho Abubakar Lawal yateye umupira n’umutwe, uca hejuru y’izamu. Habura iminota ine ngo igice cya mbere kirangira, Hakizimana Muhadjiri yacomekeye umupira muremure Shabani Hussein Tchabalala, umunyezamu Malapela asohoka nabi usa n’umurenga, ariko ku bw’amahirwe akozaho intoki ujya muri koruneri.

AS Kigali yatangiye igice cya kabiri ikora impinduka, havamo Ntamuhanga Tumaini Tity hinjiramo Orotomal Alex. Ikipe y’umutoza Nshimiyimana yasatiriye cyane, ibona uburyo burimo ishoti ryatewe na Tchabalala, umupira uca hejuru y’izamu mu gihe Nsabimana Eric Zidane yatereye ishoti rikomeye inyuma y’urubuga rw’amahina, nabwo umupira uca hejuru.

Ku munota wa 74, Lawal yahushije igitego ku mupira yari ahinduriwe na Rugirayabo ateye mu izamu umunyezamu arawufata. Mu minota ya 80, AS Kigali yabonye uburyo bubiri bukomeye, imipira yatewe na Bayisenge Emery ku muterekano ndetse n’uwa Ishimwe Christian, isubizwa inyuma n’umutambiko w’izamu.

Byasabye gutegereza umunota wa 90, Abubakar Lawal atsinda igitego cyari gikenewe ku mupira yaherejwe na mugenzi we, Orotamal Alex. Gutsinda uyu mukino byahesheje AS Kigali gukomeza mu ijonjora rya kabiri ku gitego yatsindiye hanze. Izabanza kwakira KCCA yo muri Uganda hagati ya tariki ya 22 n’iya 23 Ukuboza mu gihe umukino wo kwishyura uzabera i Kampala hagati ya tariki ya 5 n’iya 6 Mutarama 2021.

2020-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Yamen Zelfani utoza Rayon yageze mu Rwanda atangira imirimo, abazatoza APR FC bo barahagera kuwa kane

Yamen Zelfani utoza Rayon yageze mu Rwanda atangira imirimo, abazatoza APR FC bo barahagera kuwa kane

Ubwanditsi 18 Jul 2023
Uko Nyakubahwa Perezida Kagame Paul Yagobotse Urugamba rwo Kubohora Igihugu no Guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, Uburyo Yasezeye Amasomo n’Uko Umusozo w’Urugamba wagenze

Uko Nyakubahwa Perezida Kagame Paul Yagobotse Urugamba rwo Kubohora Igihugu no Guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, Uburyo Yasezeye Amasomo n’Uko Umusozo w’Urugamba wagenze

Ubwanditsi 02 Oct 2020
Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Ubwanditsi 02 Mar 2024
Didier Drogba yasezeye mu kibuga

Didier Drogba yasezeye mu kibuga

Ubwanditsi 22 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019-2020 ku mukino wa mbere wo gusubukura shampiyona ya 2020-2021.
Amakuru

APR FC irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019-2020 ku mukino wa mbere wo gusubukura shampiyona ya 2020-2021.

Ubwanditsi 01 May 2021
Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.
Amakuru

Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Ubwanditsi 10 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru