• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayumba Nyamwasa arabazwa Ben Rutabana aho kuvuga uruhare rwe akigira umuvugizi wa Uganda

Kayumba Nyamwasa arabazwa Ben Rutabana aho kuvuga uruhare rwe akigira umuvugizi wa Uganda

Ubwanditsi 03 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’igihe Kayumba Nyamwasa yihishe mu kibahima cye muri Afurika y’Epfo, ibibazo uruhuri biri mu mutwe w’iterabwoba wa RNC byatumye agisohokamo kuberako byagize ingaruka ku misanzu yabonaga hirya no hino kandi umusanzu ariyo nyungu Kayumba n’agatsiko ke aribyo basarura ntumubaze ibindi. Mu bibazo bibangamiye Kayumba Nyamwasa ni uko abayoboke bamushiraho kandi bikozwe n’abari abagaragu be ku isonga Jean Paul Turayishimye utagitinya kuvugako Kayumba Nyamwasa atamurusha ingufu muri RNC nubwo bayimwirukanyemo.

Kayumba Nyamwasa yabajijwe ibibazo byinshi ariko byose abinyura hejuru ariko akagenda arekura amakuru amwe namwe agaragaza uruhare rwe mu guteza umutekano muke mu karere cyane cyane mu Rwanda.  Kayumba yemeye ko akora ingendo muri aka karere bishimangira ibyo raporo ya Loni yatangaje ko yagaragaye mu burasirazuba bwa Kongo nkuko byatangajwe nabahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa.

Ikibazo gikuru Kayumba Nyamwasa akunda guhunga gusubiza ni ikibazo cy’ibura rya Ben Rutabana wahoze ari Komiseri muri RNC ariko akaza kutumvikana na Kayumba Nyamwasa cyane cyane ku bijyane n’imicungire y’ingabo za RNC ziba muri Kongo. Nyuma yuko Ben Rutabana aburiye mu gihugu cya Uganda, umugore we Diane Rutabana yatangaje ko nubundi umugabo we yari yaramubwiye ko afitanye ibibazo bikuru na Kayumba Nyamwasa bityo kuba yarabuze ntawundi bishidikanywaho ko abifitemo uruhare usibye Kayumba Nyamwasa.

Uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu ibura rya Ben Rutabana ryaje no kwigaragaza ubwo yirukanaga muri RNC abavandimwe be aribo Simeo Ndwaniye na Tabita Gwiza kubera kubaza ikibazo cy’umuvandimwe wabo ariko Kayumba Nyamwasa akabashinja gukoresha inama zitemewe, Tabita yari Komiseri w’abagore mu ntara ya Canada naho Simeon Ndwaniye akaba yarakuriye akarere ka Windsor. Ntibyarangiriye aho Jean Paul Ntagara na Achille Kamana nabo barabakurikiye. Ikibazo cya Rutabana cyaje kubera ihurizo rikomeye Kayumba Nyamwasa kugeza naho abo yashingaga kugisobanura nabo ubwabo babura icyo bavuga kubera ibimenyetseo byashyirwaga hanze n’umuryango wa Rutabana.

Bwa mbere abazwa ku kibazo cya Ben Rutabana, Kayumba yavuzeko adashobora kugira icyo atangaza kuberako idosiye yari muru kiko muri Uganda. Ariko ubwo yasubiraga kuri Radiyo rutwitsi Itahuka,Kayumba yashatse kwigira intama kandi ari ikirura avugako ibura rya Ben Rutabana ribabaje ariko ntiyagira icyo avuga kubyo umuryango we wamureze. Ahubwo yigize umuvugize wa Leta ya Uganda ko idashobora kuba ifite Ben Rutabana ndetse yishyiramo ibinyamakauru byo mu Rwanda harimo na Rushyashya ko tuvugira Ben Rutabana. Ubu Pastor Nyirigira nawe yakuwe ku buyobozi bwa RNC muri Uganda nyuma yuko nawe ahangayikishijwe nibura ry’umuhungu we Felix Mwizerwa wari kumwe na Ben Rutabana.

Rushyashya iramenyeshya Kayumba ko itigeze ivugira Ben Rutabana ahubwo ko iviga ibiriho ntanumwe ivuganira. Ben Rutabana yarigishijwe na Kayumba Nyamwasa ari munzira mu guhuza imitwe yitwara gisirikari itera u Rwanda; bose ni kimwe bakorera imitwe y’iterabwoba nuko Rushyashya tuvuga ibiriho. Aho kuvuga ikibazo cya Ben Rutabana, Kayumba Nyamwasa yagiye gutaka imandwa ye ngo ni Charlotte Mukankusi asigaye atuma hose, avuga ko RNC ifite ibibazo bisanzwe nyamara ahubwo biyijyana mu gisimu.

Mu bindi Kayumba Nyamwasa yumvikanye avugira u Burundi bumaze iminsi bufasha abahungabanya umutekano, yemeza ko avugana na Leta ya Bujumbura. Ntitwasoza iyi nkuru tutavuze ko Kayumba yavuze ko u Rwanda rugomba kurwanya Corona nkuko u Burundi buyirwanya. Birababaje!!!

2020-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

Ubwanditsi 30 Dec 2020
Abatahutse bava mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo baricuza igihe bataye, biyemeza kubaka igihugu cyababyaye

Abatahutse bava mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo baricuza igihe bataye, biyemeza kubaka igihugu cyababyaye

Ubwanditsi 19 Nov 2020
Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Umuryango wa Museveni uravugwa mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 04 Aug 2019
I Paris : Perezida Macron yakiriye Perezida Kagame muri Élysée

I Paris : Perezida Macron yakiriye Perezida Kagame muri Élysée

Ubwanditsi 23 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Champions league: PSG irahabwa amahirwe yo gutsinda Chealsea
IMIKINO

Champions league: PSG irahabwa amahirwe yo gutsinda Chealsea

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa
Mu Rwanda

Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa

Ubwanditsi 11 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru