• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Émirats Arabes Unis : Perezida Kagame aremeza ko ibyo akora adashingira ku byo abwirwa gusa

Émirats Arabes Unis : Perezida Kagame aremeza ko ibyo akora adashingira ku byo abwirwa gusa

Ubwanditsi 11 Feb 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame aravuga ko we adashingira ku byo bamwe bavuga gusa, ahubwo ngo aricara agakora icyagombye gukorwa.

Umukuru w’igihugu kandi avuga ko kuba Abanyarwanda baremeje itora rya referendamu, ari amahitamo yabo, bakoze badashingiye ku bitegetswe n’abandi.

Kagame yatangaje ibi mu nama irimo kubera I Dubai ihuza za guverinoma aho harimo haraganirwa uko amaleta afasha mu gusubiza ibibazo abaturage bahura na byo.

Mu kiganiro Perezida Kagame yatanze aho yagaragazaga u Rwanda n’icyerekezo cy’igihugu, yavuze ko kuba Abanyarwanda barahisemo bagatora bemeza referendamu, ari amahitamo yabo ubwabo.

Abanyarwanda bangana na 98.3%, bemeje ko referendamu ivugururwa Kagame akongera kwiyamamaza muri manda ya gatatu, amatora azaba mu mwaka wa 2017.

Umukuru w’igihugu yagize ati “Ibyo bakoze byari icyifuzo cyabo, ntabwo babikoze kubera undi muntu uwo ari we wese.”

Muri iki kiganiro kandi Perezida Kagame yongeye kuvuga ko ibyo akora, adashingira ku bitekerezo by’abantu gusa ahubwo ngo akora ku cyakagombye gukorwa.

Yunzemo ati “Ntabwo njya nshingira ku butumwa mbona, nshingira ku kuri ku gihari, Abanyarwanda bafite igihugu cyabo kandi bafite icyo bagitekereza kuri ejo hacyo, yego twumva abatubwira ariko nyuma uhitamo icyo wikorera ubwawe n’icyo ukorera igihugu.”

Ku birebana n’inkunga u Rwanda ruhabwa, Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda batifuza ko inkunga zabaho ubuziraherezo.

Avuga ko “Inkunga u Rwanda rubona ntabwo ari ikintu igihugu gikeneye ko cyahoraho ubuzirahezo, hakenewe ko yakoreshwa kugira ngo hubakwe inzego zikomere ndetse n’ubukungu bw’igihugu, icyerekezo cyacu ni ukureba ko dushobora guhagarara ku maguru yacu ubwacu kandi tugateza imbere igihugu cyacu, tugakurura abashoramari bagakora ishoramari.”

Ubwo kandi yerekanaga ishusho y’u Rwanda, umukuru w’igihugu yavuze ko icyo Abanyarwanda bagiye bashyira imbere, atari ukuvuga ngo igihugu ni gito, ahubwo gushyiraho gahunda nziza nibyo bifite agaciro.

-2044.jpg

Perezida Kagame yakirwa muri iyo nama

Ku birebana n’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Émirats Arabes Unis, Perezida Kagame avuga ko iyo urebye UAE aho iki gihugu cyavuye, ukabona agaciro gakomeye bafite kandi bakuye muri bike bari bafite, ibi bituma hakwiye kubaho ubufatanye n’iki gihugu.

Perezida Paul Kagame aragaragaza ubunararibonye afite, bw’aho yavanye abaturage barenga miliyoni imwe mu bukene bukabije.

2016-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni Yasobanuye Iby’igitero Cyamugabweho Imodoka Ye Ikamenwa

Perezida Museveni Yasobanuye Iby’igitero Cyamugabweho Imodoka Ye Ikamenwa

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Impamvu batatu batemerewe kuziyamamariza kuba Perezida w’igihugu cy’u Rwanda

Impamvu batatu batemerewe kuziyamamariza kuba Perezida w’igihugu cy’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Jul 2017
Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura

Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura

RUSHYASHYA 04 Aug 2026
Maroc: Perezida Kagame yakiriwe ku meza na Mohamed VI

Maroc: Perezida Kagame yakiriwe ku meza na Mohamed VI

Ubwanditsi 21 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite
POLITIKI

Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Ubwanditsi 25 Jul 2018
Uko Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije Umunsi w’Igitambo wa Eid Al Adha
Mu Rwanda

Uko Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije Umunsi w’Igitambo wa Eid Al Adha

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Ibizamini  ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima
ITOHOZA

Ibizamini ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Ubwanditsi 09 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru