• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Émirats Arabes Unis : Perezida Kagame aremeza ko ibyo akora adashingira ku byo abwirwa gusa

Émirats Arabes Unis : Perezida Kagame aremeza ko ibyo akora adashingira ku byo abwirwa gusa

Ubwanditsi 11 Feb 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame aravuga ko we adashingira ku byo bamwe bavuga gusa, ahubwo ngo aricara agakora icyagombye gukorwa.

Umukuru w’igihugu kandi avuga ko kuba Abanyarwanda baremeje itora rya referendamu, ari amahitamo yabo, bakoze badashingiye ku bitegetswe n’abandi.

Kagame yatangaje ibi mu nama irimo kubera I Dubai ihuza za guverinoma aho harimo haraganirwa uko amaleta afasha mu gusubiza ibibazo abaturage bahura na byo.

Mu kiganiro Perezida Kagame yatanze aho yagaragazaga u Rwanda n’icyerekezo cy’igihugu, yavuze ko kuba Abanyarwanda barahisemo bagatora bemeza referendamu, ari amahitamo yabo ubwabo.

Abanyarwanda bangana na 98.3%, bemeje ko referendamu ivugururwa Kagame akongera kwiyamamaza muri manda ya gatatu, amatora azaba mu mwaka wa 2017.

Umukuru w’igihugu yagize ati “Ibyo bakoze byari icyifuzo cyabo, ntabwo babikoze kubera undi muntu uwo ari we wese.”

Muri iki kiganiro kandi Perezida Kagame yongeye kuvuga ko ibyo akora, adashingira ku bitekerezo by’abantu gusa ahubwo ngo akora ku cyakagombye gukorwa.

Yunzemo ati “Ntabwo njya nshingira ku butumwa mbona, nshingira ku kuri ku gihari, Abanyarwanda bafite igihugu cyabo kandi bafite icyo bagitekereza kuri ejo hacyo, yego twumva abatubwira ariko nyuma uhitamo icyo wikorera ubwawe n’icyo ukorera igihugu.”

Ku birebana n’inkunga u Rwanda ruhabwa, Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda batifuza ko inkunga zabaho ubuziraherezo.

Avuga ko “Inkunga u Rwanda rubona ntabwo ari ikintu igihugu gikeneye ko cyahoraho ubuzirahezo, hakenewe ko yakoreshwa kugira ngo hubakwe inzego zikomere ndetse n’ubukungu bw’igihugu, icyerekezo cyacu ni ukureba ko dushobora guhagarara ku maguru yacu ubwacu kandi tugateza imbere igihugu cyacu, tugakurura abashoramari bagakora ishoramari.”

Ubwo kandi yerekanaga ishusho y’u Rwanda, umukuru w’igihugu yavuze ko icyo Abanyarwanda bagiye bashyira imbere, atari ukuvuga ngo igihugu ni gito, ahubwo gushyiraho gahunda nziza nibyo bifite agaciro.

-2044.jpg

Perezida Kagame yakirwa muri iyo nama

Ku birebana n’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Émirats Arabes Unis, Perezida Kagame avuga ko iyo urebye UAE aho iki gihugu cyavuye, ukabona agaciro gakomeye bafite kandi bakuye muri bike bari bafite, ibi bituma hakwiye kubaho ubufatanye n’iki gihugu.

Perezida Paul Kagame aragaragaza ubunararibonye afite, bw’aho yavanye abaturage barenga miliyoni imwe mu bukene bukabije.

2016-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Nyuma yaho abagore babujijwe kuvuza ingoma, Noneho Ababana batarasezeranye bahawe itariki ntarengwa

Burundi: Nyuma yaho abagore babujijwe kuvuza ingoma, Noneho Ababana batarasezeranye bahawe itariki ntarengwa

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

RUSHYASHYA 08 Nov 2025
Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye

Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye

Ubwanditsi 29 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi biyemeje kuzashyigikira umukandida umwe
POLITIKI

RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi biyemeje kuzashyigikira umukandida umwe

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Imfungwa yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka muri Kasho ya Polisi
Mu Mahanga

Imfungwa yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka muri Kasho ya Polisi

Ubwanditsi 18 Apr 2016
Abapolisi b’u Rwanda muri Haiti bambitswe imidali
Mu Mahanga

Abapolisi b’u Rwanda muri Haiti bambitswe imidali

Ubwanditsi 18 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru