• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Museveni Yasobanuye Iby’igitero Cyamugabweho Imodoka Ye Ikamenwa

Perezida Museveni Yasobanuye Iby’igitero Cyamugabweho Imodoka Ye Ikamenwa

Ubwanditsi 15 Aug 2018 POLITIKI

Perezida Museveni yagize icyo asobanura ku gitero cyamugabweho ndetse imwe mu modoka yari itwaye abamurinda ikamenwa ibirahure, anagaruka ku iraswa ry’umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi.

Mu ijoro ryo ku wa Mbere Tariki ya 13 Kanama 2018, nibwo Perezida Museveni yagabwaho igitero muri Arua, imwe mu modoka zitwara abamurinda ikangizwa bikomeye, muri iryo joro kandi ni nabwo umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi [Bobi Wine] yishwe.

Kubera impaka nyinshi z’abaturage bagarukaga kuri ibi bikorwa by’umutekano muke, babigarukaho mu biganiro bagiranaga ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Museveni abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, yasobanuye ko imodoka ye yamenwe ikirahure cy’inyuma by’umwihariko we akaba ntacyo yabaye.

Kuri Twitter na Facebook, bamwe bavugaga ko ikirahure cy’imodoka ya Perezida Museveni kitamenwa n’ibuye, bamwe bemeza ko ari ibirahure by’umutamenwa, ndetse ko atari amabuye yakimennye ahubwo ko haba hari indi ntwaro yakoreshejwe.

Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 15 Kanama 2018, Perezida Museveni yagize ati “Ikirahure cy’idirishya ry’inyuma ntabwo cyari umutamenwa,…” Perezida Museveni kandi yanenze bamwe mu batavuga rumwe na Leta, barimo ‘Kassiano Wadri, Kyagulanyi (Bobi Wine) n’abandi avuga ko bamugabyeho igitero’.

Perezida Museveni avuga ko abashinzwe kumurinda batigeze basubiza abari bamugabyeho igitero bakoresheje amasasu, ati “Ntabwo twigeze dusubiza turasa ku bari barimo kwigaragambya, si uko tutari dufite ibikoresho byo guhanga n’abigaragambya, ikipe yanjye yabonaga hari bupfemo abantu benshi, kuko twari dufite amasasu ya nyayo”.

Museveni akomeza avuga ko abamugabyeho igitero, bamukurikiye bagera no mu mujyi aho ngo bahohoteye abarwanashyaka b’ishyaka rye, NRM.

Ati “ Hamwe na Tinga Tinga, barakomeje bagera no mu mujyi aho batatse imbaga y’abarwanshaka b’ishyaka NRM, bakomerekeje abantu benshi bakoresheje amabuye, ni muri ako kavuyo kose umwe mu bigaragambyaga yahiciwe”.

Ku wa kabiri tariki ya 14 Kanama,Umuvugizi wa Polisi, Emilian Kayima, yemeje ko imodoka za Perezida Museveni zagabweho igitero ahagana saa 6:30 z’umugoroba n’abo yise ingegera, ubwo ngo yari avuye ahitwa Booma ahari habereye ibikorwa byo kwamamaza abakandida ba NRM mu matora y’Abadepite.

Emilian Kayima yakomeje avuga ko kugaba igitero cyangwa kwitambika imodoka zitwaye umukuru w’igihugu bihanirwa n’amategeko ariyo mpamvu hari abafashwe adatangaza umubare ngo barimo gukorwaho iperereza.

Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda, bitangaza ko nyuma ry’urupfu rwa Yasin Kawuma , wari umushoferi wa Bobi Wine, ko na we yaburiwe irengero, bigakekwa ko yaba ari mu bafashwe n’inzego z’umutekano za Uganda.

2018-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Burundi: Bane bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Perezida Ndadaye batawe muri yombi

Ubwanditsi 26 Nov 2018
USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora

USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora

Ubwanditsi 21 May 2018
Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Ubwanditsi 08 Jul 2019
Madamu Jeannette Kagame yasangije amateka ya Jenoside abatabiriye Inteko rusange ya Loni

Madamu Jeannette Kagame yasangije amateka ya Jenoside abatabiriye Inteko rusange ya Loni

Ubwanditsi 19 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa kane wa Primus National League urakomeza mu mpera z’iki cyumweru Rayon Sports isura Marines FC
Amakuru

Umunsi wa kane wa Primus National League urakomeza mu mpera z’iki cyumweru Rayon Sports isura Marines FC

Ubwanditsi 01 Oct 2022
U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi
ITOHOZA

U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe
POLITIKI

Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Ubwanditsi 18 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru