• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Ubwanditsi 02 Jun 2018 POLITIKI

Urukiko Rukuru rwa Banjul muri Gambia rwakiriye ikirego cy’abagabo babiri n’umugore babana n’ubwandu bwa virusi itera sida, bishyize hamwe ngo barege uwahoze ari Perezida wa Gambia , Yahya Jammenh wajyaga abuhira imiti y’ibyatsi ababeshya ko ivura sida.

Iki kirego cyashyikirijwe urukiko ku wa 31 Gicurasi, gifite inyito igira iti ‘Gufungirwa ahatabugenewe, gutesha agaciro ikiremwamuntu no gutuma ubuzima bwe bwangirika’ nk’uko tubikesha Jeune Afrique.

Abatanze iki kirego basaba urukiko ko bahabwa indishyi z’ibyago Jammeh yabateje, bakanongera gushyirwa ku rutonde rw’abandi barwayi bafata imiti igabanya ubukana bwa virusi itera Sida bafataga bakaza kuyikurwaho na Jammeh wabemezaga ko ari umuganga uvura indwara zose zirimo na Sida.

Mu 2007, Jammeh yatangarije abatuye isi yose muri rusange ko afite imiti idasanzwe avuguta uwari urwaye Sida yawunywa agakira.

Iyo miti gakondo y’ibyatsi yahise ashyiraho ikigo abafite ubwandu bafungiranwagamo nibura amezi atandatu, bakayihanywera. Iyi gahunda ikaba yaranatangajwe kuri Televiziyo y’igihugu.

Umwe mu bafata iyo miti witwa Fatou Jatta watanze ubuhamya bw’ibyababeragaho, yavuze ko mu gihe cy’amezi atandatu yashyizwe mu gisa n’ibohero agahabwa iyo miti ku itegeko rya Jammeh yahaboneye uruva gusenya.

Yagize ati “Ibyambayeho muri icyo gihe nafataga imiti ya perezida byari agahomamunwa. Nari ngiye kuhasiga ubuzima.”

Yongeyeho ko nubwo nubwo we na bagenzi be barokotse urupfu , ubuzima bwabo bukahazaharira kubera kureka imiti igabanya ubukana bwa SIDA bahabwaga mbere, ngo hari umubare utari muto w’abahasize ubuzima.

Umunyamategeko w’abatanze iki kirego, Me Gambeh Gaye, yatangarije Jeune Afrique ko Yahya Jammeh yahemukiye abakiriya be, ababeshya ko afite ubushobozi bwo kuvura indwara zirimo n’ubwandu bw’agakoko gatera Sida.

Yagize ati “Abakiriya banjye barahababariye cyane mu gihe bafataga iyo miti, bategeswe kureka imiti isanzwe ihabwa ababana na virusi itera Sida, kandi byabagizeho ingaruka mbi ku buzima bwabo.”

Umuryango utegamiye kuri leta ufasha ababana n’agakoko gatera Sida muri Gambia, AIDS-Free World, watangaje ko nyuma y’imyaka 11 badafata imiti, aba batanze iki kirego bemeye gushyirwa muri gahunda y’abahabwa iyo miti bundi bushya.

Me Oludayo Fagbemi ukorera Ikigo IHRDA gikora ubuvugizi bw’aba bagizweho ingaruka n’ibikorwa bya Jammeh yabwiye Jeune Afrique ati “Aba barwayi barizera ko ubutabera buzabafasha kurengera uburenganzira bwabo bwahakubitikiye, kandi bagomba kuzahabwa impozamarira y’amafaranga kuri ibyo byose byababayeho.”

Gambia ituwe n’abaturage basaga gato miliyoni ebyiri, 1% muri bo agendana ubwandu bw’agakoko gatera Sida.

Haribazwa uko uru rubanza ruzajyenda, cyane ko uwo barega ( Yahya Jammeh) yibereye mu buhungiro muri Guinée Équatoriale.

Jammeh yagiye ku butegetsi ku wa 22 Nyakanga 1994 afite ipeti rya Liyetona, akuyeho ku ngufu Dawda Jawara. Yaje guhunnga igihugu ku wa 21 Mutarama 2017 asimburwa na Adama Barrow wari umaze kumutsinda mu matora ku majwi 45.5% mu gihe Jammeh we yari yagize 36.7% ariko akanga kuva ku butegetsi mu mahoro.

Kuva mu mwaka ushize, imitungo ya Jammeh yose yafatiriwe na leta.

2018-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
U Bubiligi bwanze kohereza mu Rwanda Sebatware wo muri FDU na P5

U Bubiligi bwanze kohereza mu Rwanda Sebatware wo muri FDU na P5

Ubwanditsi 25 Jan 2020
…mba mpahira igihugu n’Abanyarwanda . Ababinenga n’ababivuga uko bidakwiye, batuma nshaka gukora ibibirenze- Perezida Kagame

…mba mpahira igihugu n’Abanyarwanda . Ababinenga n’ababivuga uko bidakwiye, batuma nshaka gukora ibibirenze- Perezida Kagame

Ubwanditsi 02 Mar 2016
Uganda: Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Uganda: Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Ubwanditsi 08 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo
Mu Mahanga

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Ubwanditsi 19 May 2018
Impamvu itumye Ambasaderi Eugene Richard Gasana yahamagawe i Kigali
Mu Mahanga

Impamvu itumye Ambasaderi Eugene Richard Gasana yahamagawe i Kigali

Ubwanditsi 12 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru