• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Ubwanditsi 02 Jun 2018 POLITIKI

Urukiko Rukuru rwa Banjul muri Gambia rwakiriye ikirego cy’abagabo babiri n’umugore babana n’ubwandu bwa virusi itera sida, bishyize hamwe ngo barege uwahoze ari Perezida wa Gambia , Yahya Jammenh wajyaga abuhira imiti y’ibyatsi ababeshya ko ivura sida.

Iki kirego cyashyikirijwe urukiko ku wa 31 Gicurasi, gifite inyito igira iti ‘Gufungirwa ahatabugenewe, gutesha agaciro ikiremwamuntu no gutuma ubuzima bwe bwangirika’ nk’uko tubikesha Jeune Afrique.

Abatanze iki kirego basaba urukiko ko bahabwa indishyi z’ibyago Jammeh yabateje, bakanongera gushyirwa ku rutonde rw’abandi barwayi bafata imiti igabanya ubukana bwa virusi itera Sida bafataga bakaza kuyikurwaho na Jammeh wabemezaga ko ari umuganga uvura indwara zose zirimo na Sida.

Mu 2007, Jammeh yatangarije abatuye isi yose muri rusange ko afite imiti idasanzwe avuguta uwari urwaye Sida yawunywa agakira.

Iyo miti gakondo y’ibyatsi yahise ashyiraho ikigo abafite ubwandu bafungiranwagamo nibura amezi atandatu, bakayihanywera. Iyi gahunda ikaba yaranatangajwe kuri Televiziyo y’igihugu.

Umwe mu bafata iyo miti witwa Fatou Jatta watanze ubuhamya bw’ibyababeragaho, yavuze ko mu gihe cy’amezi atandatu yashyizwe mu gisa n’ibohero agahabwa iyo miti ku itegeko rya Jammeh yahaboneye uruva gusenya.

Yagize ati “Ibyambayeho muri icyo gihe nafataga imiti ya perezida byari agahomamunwa. Nari ngiye kuhasiga ubuzima.”

Yongeyeho ko nubwo nubwo we na bagenzi be barokotse urupfu , ubuzima bwabo bukahazaharira kubera kureka imiti igabanya ubukana bwa SIDA bahabwaga mbere, ngo hari umubare utari muto w’abahasize ubuzima.

Umunyamategeko w’abatanze iki kirego, Me Gambeh Gaye, yatangarije Jeune Afrique ko Yahya Jammeh yahemukiye abakiriya be, ababeshya ko afite ubushobozi bwo kuvura indwara zirimo n’ubwandu bw’agakoko gatera Sida.

Yagize ati “Abakiriya banjye barahababariye cyane mu gihe bafataga iyo miti, bategeswe kureka imiti isanzwe ihabwa ababana na virusi itera Sida, kandi byabagizeho ingaruka mbi ku buzima bwabo.”

Umuryango utegamiye kuri leta ufasha ababana n’agakoko gatera Sida muri Gambia, AIDS-Free World, watangaje ko nyuma y’imyaka 11 badafata imiti, aba batanze iki kirego bemeye gushyirwa muri gahunda y’abahabwa iyo miti bundi bushya.

Me Oludayo Fagbemi ukorera Ikigo IHRDA gikora ubuvugizi bw’aba bagizweho ingaruka n’ibikorwa bya Jammeh yabwiye Jeune Afrique ati “Aba barwayi barizera ko ubutabera buzabafasha kurengera uburenganzira bwabo bwahakubitikiye, kandi bagomba kuzahabwa impozamarira y’amafaranga kuri ibyo byose byababayeho.”

Gambia ituwe n’abaturage basaga gato miliyoni ebyiri, 1% muri bo agendana ubwandu bw’agakoko gatera Sida.

Haribazwa uko uru rubanza ruzajyenda, cyane ko uwo barega ( Yahya Jammeh) yibereye mu buhungiro muri Guinée Équatoriale.

Jammeh yagiye ku butegetsi ku wa 22 Nyakanga 1994 afite ipeti rya Liyetona, akuyeho ku ngufu Dawda Jawara. Yaje guhunnga igihugu ku wa 21 Mutarama 2017 asimburwa na Adama Barrow wari umaze kumutsinda mu matora ku majwi 45.5% mu gihe Jammeh we yari yagize 36.7% ariko akanga kuva ku butegetsi mu mahoro.

Kuva mu mwaka ushize, imitungo ya Jammeh yose yafatiriwe na leta.

2018-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

RUSHYASHYA 15 Oct 2025
Fayulu utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora agiye kujuririra urukiko rurinda Itegeko Nshinga

Fayulu utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora agiye kujuririra urukiko rurinda Itegeko Nshinga

Ubwanditsi 12 Jan 2019
Ubushinwa : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’aba ambasaderi b’ibihugu bya Afurika

Ubushinwa : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’aba ambasaderi b’ibihugu bya Afurika

Ubwanditsi 18 Mar 2017
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kongo yataye muri yombi abakekwaho kwica abantu 890
Mu Mahanga

Kongo yataye muri yombi abakekwaho kwica abantu 890

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu
Mu Mahanga

Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Gucyurirana mu bikomeje kuranga INTAMBARA y’amagambo hagati ya Conte na Mourinho
IMIKINO

Gucyurirana mu bikomeje kuranga INTAMBARA y’amagambo hagati ya Conte na Mourinho

Ubwanditsi 06 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru