• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Ubwanditsi 08 Apr 2019 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe w’ubwami bw’u Bubiligi, Charles Michel, yatangaje ko mbere y’uko uku kwezi kwa Mata 2019 kurangira, inteko ishinga amategeko y’Ububiligi izaba yamaze gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Yabivugiye i Kigali, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 abasirikare 10 b’Ababiligi biciwe i Kigali muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu kwibuka aba basirikare 10, Minisitiri Michel yabanje gusoma amazina y’abasirikare bose b’Ababiligi biciwe muri Camp Kigali, nyuma avuga n’amazina y’abanyamuryango babo bari baje kubibuka.

Minisitiri Michel yavuze ko abana b’Ababiligi biciwe mu Rwanda mu gihe cya Jenoside bishwe mu buryo bw’agashinyaguro, na cyane ko bari bamaze amasaha arenga ane barwana n’ingabo zabarushaga ubwinshi n’ibikoresho.

Yavuze ko abasivile b’Ababiligi bibuka abo basirikare, ariko bakanibuka imbaga y’Abatutsi bishwe bazira akarengane muri Jenoside.

Yavuze ko uko u Bubiligi bwunamira aba basirikare, ari n’uburyo bwo kubaka icyizere ko Jenoside nta handi izongera kuba ku isi.

Minisitiri Michel, yavuze ko mu rwego rwo guca umuco wo kudahana, bitarenze uku kwezi kwa Mata inteko ishinga amategeko izaba yamaze gutora itegeko rihana abapfobya n’abahakana Jenoside.

Ati” Ndabizeza ko mbere y’uko uku kwezi gushira, inteko ishinga amategeko y’u Bubiligi izaba yamaze gutangaza itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside”.

Minisitiri Michel kandi yasabye Ababiligi n’Abanyarwanda bitabiriye umuhango wo kwibuka abasirikare b’Ababiligi biciwe mu Rwanda, ko ubuzima bw’abo basirikare bukwiye kubabera urumuri mu buzima bwa buri munsi.

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, wifatanyije n’abandi bayobozi mu kunamira abasirikare b’Ababiligi, yavuze ko abasirikare 10 b’Ababiligi biciwe i Kigali ku munsi wa mbere wa Jenoside, bishwe bari baje mu Rwanda ngo batange umusanzu wabo mu kugarura amahoro.

Ati “Tuzahora twibuka iteka umuhate wabo n’ubwitange mu kurwanya ikibi”.

Minisitiri Ngirente yavuze ko nyuma y’imyaka 25 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, u Rwanda rwahisemo kureba ahazaza heza h’abaturage barwo.

Yongeyeho ko kwibuka abasirikare b’Ababiligi biciwe mu Rwanda ari kimwe, ariko ko hakwiye no gukomeza gushyira imbaraga mu mibanire y’ibihugu byombi n’abaturage babyo.

Ati “Kwibuka aba basirikare b’Ababiligi biciwe i Kigali muri Jenoside ni kimwe mu byo tugomba kubakorera, ariko igikomeye cyane tubagomba ni ugukomeza umubano uri hagati y’abaturage b’ibihugu byacu, ndetse n’umubano uri hagati y’ibihugu muri rusange”.

Carine Lotin, umuvandimwe wa Lieutenant Thierry Lotin umwe mu basirikare baguye muri Camps Kigali, yavuze ko n’ubwo bimubabaza iyo aje kwibuka umuvandimwe, ariko ngo aterwa imbaraga no kubona uko Abanyarwanda babuze imbaga y’abantu babyirengagije bagaharanira kwiyubaka.

Ati “Mwarababaye cyane kuturusha. Abaturage b’u Rwanda bagaragaje umuhate n’ubushake bwo kureba imbere. Ibyo rero mbibona nk’ibintu by’ingenzi cyane, ndetse no mu muryango wacu ni ibyo twahisemo. Turababaye nk’uko namwe mwese mubabaye, ariko birakwiye ko tureba imbere, kugira ngo dukomeze kwiyubaka no kubaka ibintu byiza”.

Carine Lotin kandi yatangaje ko yashimishijwe no kuba igihugu cye kigiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside, kuko ari imwe mu nzira zo gukumira ko hari ahandi yakongera kuba, ariko no guhana abagihembera ingengabitekerezo yayo hirya no hino ku isi.

Abasirikare 10 b’Ababiligi biciwe mu Rwanda bari bagize batayo (bataillon) ya kabiri y’abakomando, bakaba barishwe mu gitondo cya tariki ya 07 Mata 1994.

Inkuru ya KT

2019-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Col Aaron Nyamushebwa yahakanye amakuru avuga ko yatorotse igisirikare cya FARDC

Col Aaron Nyamushebwa yahakanye amakuru avuga ko yatorotse igisirikare cya FARDC

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Ubwanditsi 11 Oct 2024
Uko Perezida Kagame yakiriwe i Dakar (Video)

Uko Perezida Kagame yakiriwe i Dakar (Video)

Ubwanditsi 11 Mar 2016
Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 04 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali
Mu Rwanda

Perezida Magufuli yahisemo kutaza mu nama ya AU i Kigali

Ubwanditsi 16 Jul 2016
Ijambo Perezida Kagame yavuze atangiza #Kwibuka23 uko ryakabaye n’Ubutumwa burikubiyemo
Mu Rwanda

Ijambo Perezida Kagame yavuze atangiza #Kwibuka23 uko ryakabaye n’Ubutumwa burikubiyemo

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi
Amakuru

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

RUSHYASHYA 10 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru