• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Ubwanditsi 08 Apr 2019 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe w’ubwami bw’u Bubiligi, Charles Michel, yatangaje ko mbere y’uko uku kwezi kwa Mata 2019 kurangira, inteko ishinga amategeko y’Ububiligi izaba yamaze gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Yabivugiye i Kigali, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 abasirikare 10 b’Ababiligi biciwe i Kigali muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu kwibuka aba basirikare 10, Minisitiri Michel yabanje gusoma amazina y’abasirikare bose b’Ababiligi biciwe muri Camp Kigali, nyuma avuga n’amazina y’abanyamuryango babo bari baje kubibuka.

Minisitiri Michel yavuze ko abana b’Ababiligi biciwe mu Rwanda mu gihe cya Jenoside bishwe mu buryo bw’agashinyaguro, na cyane ko bari bamaze amasaha arenga ane barwana n’ingabo zabarushaga ubwinshi n’ibikoresho.

Yavuze ko abasivile b’Ababiligi bibuka abo basirikare, ariko bakanibuka imbaga y’Abatutsi bishwe bazira akarengane muri Jenoside.

Yavuze ko uko u Bubiligi bwunamira aba basirikare, ari n’uburyo bwo kubaka icyizere ko Jenoside nta handi izongera kuba ku isi.

Minisitiri Michel, yavuze ko mu rwego rwo guca umuco wo kudahana, bitarenze uku kwezi kwa Mata inteko ishinga amategeko izaba yamaze gutora itegeko rihana abapfobya n’abahakana Jenoside.

Ati” Ndabizeza ko mbere y’uko uku kwezi gushira, inteko ishinga amategeko y’u Bubiligi izaba yamaze gutangaza itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside”.

Minisitiri Michel kandi yasabye Ababiligi n’Abanyarwanda bitabiriye umuhango wo kwibuka abasirikare b’Ababiligi biciwe mu Rwanda, ko ubuzima bw’abo basirikare bukwiye kubabera urumuri mu buzima bwa buri munsi.

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, wifatanyije n’abandi bayobozi mu kunamira abasirikare b’Ababiligi, yavuze ko abasirikare 10 b’Ababiligi biciwe i Kigali ku munsi wa mbere wa Jenoside, bishwe bari baje mu Rwanda ngo batange umusanzu wabo mu kugarura amahoro.

Ati “Tuzahora twibuka iteka umuhate wabo n’ubwitange mu kurwanya ikibi”.

Minisitiri Ngirente yavuze ko nyuma y’imyaka 25 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, u Rwanda rwahisemo kureba ahazaza heza h’abaturage barwo.

Yongeyeho ko kwibuka abasirikare b’Ababiligi biciwe mu Rwanda ari kimwe, ariko ko hakwiye no gukomeza gushyira imbaraga mu mibanire y’ibihugu byombi n’abaturage babyo.

Ati “Kwibuka aba basirikare b’Ababiligi biciwe i Kigali muri Jenoside ni kimwe mu byo tugomba kubakorera, ariko igikomeye cyane tubagomba ni ugukomeza umubano uri hagati y’abaturage b’ibihugu byacu, ndetse n’umubano uri hagati y’ibihugu muri rusange”.

Carine Lotin, umuvandimwe wa Lieutenant Thierry Lotin umwe mu basirikare baguye muri Camps Kigali, yavuze ko n’ubwo bimubabaza iyo aje kwibuka umuvandimwe, ariko ngo aterwa imbaraga no kubona uko Abanyarwanda babuze imbaga y’abantu babyirengagije bagaharanira kwiyubaka.

Ati “Mwarababaye cyane kuturusha. Abaturage b’u Rwanda bagaragaje umuhate n’ubushake bwo kureba imbere. Ibyo rero mbibona nk’ibintu by’ingenzi cyane, ndetse no mu muryango wacu ni ibyo twahisemo. Turababaye nk’uko namwe mwese mubabaye, ariko birakwiye ko tureba imbere, kugira ngo dukomeze kwiyubaka no kubaka ibintu byiza”.

Carine Lotin kandi yatangaje ko yashimishijwe no kuba igihugu cye kigiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside, kuko ari imwe mu nzira zo gukumira ko hari ahandi yakongera kuba, ariko no guhana abagihembera ingengabitekerezo yayo hirya no hino ku isi.

Abasirikare 10 b’Ababiligi biciwe mu Rwanda bari bagize batayo (bataillon) ya kabiri y’abakomando, bakaba barishwe mu gitondo cya tariki ya 07 Mata 1994.

Inkuru ya KT

2019-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

INTWAZANGABO Z’U BURUNDI ZISHIRIYE MURI CONGO, NAHO PEREZIDA NDAYISHIMIYE ATI NICYO BAREMEWE.

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Museveni agize amahirwe yazisazira nka Mugabe

Museveni agize amahirwe yazisazira nka Mugabe

Ubwanditsi 13 Dec 2017
Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Ubwanditsi 06 Apr 2025
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Ubwanditsi 05 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye
POLITIKI

Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Umwiryane n’amacakubiri mu barwanya Leta y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Umwiryane n’amacakubiri mu barwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa
Mu Rwanda

Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Ubwanditsi 23 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru