• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Ubwanditsi 28 Mar 2017 POLITIKI

Ibihugu bitatu muri bitandatu bigize EAC bimaze gupfusha abaperezida bakiri ku butegetsi, Kenya gusa ikaba ariyo yamupfushije ibintu bikarangira mu mahoro.

Kenya niyo yabimburiye ibindi gupfusha umuperezida akiri ku butegetsi, ikurikirwa n’u Rwanda narwo rwapfushije umwe, naho u Burundi bupfusha babibiri kandi mugihe kigufi cyane !

Muri rusange ubutegetsi muri Kenya bwagiye buhererekanywa mu mahoro uretse muri 2007 kuko nyuma y’amatora yabaye muri uwo mwaka havutse imvururu bikaba ngombwa yuko hashyirwaho ubutegetsi buhuruweho n’abari bashyamiranye muri politike !

-6188.jpg

Jomo Kenyatta

Perezida wa mbere wa Kenya yari Jomo Kenyatta wagiye ku butegetsi m’Ukuboza 1964 akabuvaho mu 1978 kubera urupfu. Nubwo hari abahwihwishije yuko Jomo Kenyatta yaba yarishwe n’amarozi ariko byemejwe yuko yazize urw’ikirago.

Nyuma y’urupfu rwe, Kenyatta, yasimbuwe mu ituze n’uwari Visi Perezida we, Daniel Arap Moi, nawe abuvaho asimbuwe mu mahoro na Mwai Kibaki wari umaze gutsinda mu matora y’amashyaka menshi muri 2002.

Muri 2007 Kibaki yiyamamarije manda ya kabiri, komisiyo y’amatora itangaje yuko ariwe wegukanye umwanya wa Perezida wa Repubulika, imvururu ziratangira n’amaraso arameneka. Mu guhosha izo mvururu hashyizwe guverinoma y’inzibacyuho, Minisitiri w’intebe aba Raila Odinga bari bahanganye mu matora !

Kibaki, wagumanye umwanya wa Perezida, nawe yasimbuwe mu mahoro na Uhuru Kenyatta muri Mata 2013. Uhuru uziyamamariza manda ya kabiri ari nayo ya nyuma muri Kanama uyu mwaka.

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo wavuga yuko aricyo cyahuye n’akaga gakomeye kurusha ibindi bigize EAC, kuko jenoside yarukozwemo nta handi yigeze iba muri ibi bihugu bigize umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika, no ku isi imaze kuba hake cyane !

Rwanda Ababiligi bayijugunyiye icyo bise ubwigenge mu 1961, Perezida w’igihugu aba Dominique Mbonyumutwa. Rwiswe Repubulika muri Nyakanga 1962, Gregoire Kayibanda aba Perezida wayo. Muri Nyakanga 1973 kwari ukwezi Kayibanda yagombaga kuba yizihiza imyaka 11 ari ku butegetsi nka Perezida wa Repubulika ariko Juvenal Habyarimana aba kidobya, amukorera kudeta mu ntangiriro z’uko kwezi kwa Nyakanga !

Mu bihugu bigize EAC Habyarimana niwe Perezida wa Repubulika wa kabiri wapfuye ari ku butegetsi, nyuma ya Kenyatta. Perezida Habyarimana ariko we yapfuye yishwe.

Yateguye jenoside, aba mu bambere bayiguyemo. Yishwe muri Mata 1994, ashigaje amezi tatu ngo yizihize imyaka 21 ku butegetsi.

-6189.jpg

Habyarimana Juvenal

Habyarimana yasimbuwe by’agateganyo na Theodore Sindikubwayo muri Mata 1994, ameneshwa ku butegetsi n’umutwe wa RPF-Inkotanyi, hashyirwaho Pasteur Bizimungu kuba Perezida wa Repubulika muri Nyakanga 1994. Muri 2000 Bizimungu yakuwe ku butegetsi n’inteko nshingamategeko, asimburwa na Paul Kagame.

Igihugu cy’u Burundi cyenda kugwa miswi na Uganda mu gusimburanya abakuru b’igihugu incuro nyinshi, kuko buri kimwe kibara izigera ku i cyenda !

Perezida wa Repubulika wa mbere mu Burundi yari Micel Micombero wafashe ubutegetsi mu 1966, abuhiritse ho umwami Mwambutsa. Micombero yavuye ku butegetsi mu 1976 nyuma ya kudeta yakorewe na Jean Baptiste Bagaza. Mu 1987 Bagaza nawe yaje guhirikwa na Pierre Buyoya waje gutsindwa mu matora na Melchior Ndadaye muri Nyakanga 1993.

Ndadaye yabaye Perezida wa Repubulika hafi amezi atatu gusa kuko yishwe mu Kwakira muri uwo mwaka w’i 1993 ! Nyuma y’urupfu rwa Ndadaye u Burundi bwamaze amezi hafi atandatu bumeze nk’ubudafite umukuru w’igihugu !

Ndadaye ikicwa, igihugu cyabanje gufatwa na Francois Ngeze wari Perezida w’ishyaka ryo muri opozisiyo, UPRONA. Ngeze yategetse gusa muri uko kwezi ku Kwakira Ndadaye yiciwemo, nyuma hafata Sylilivie Kinigi wari Minisitiri w’intebe ku butegetsi bwa Ndadaye. Muri Gashyantare 1994 ishyaka FRODEBU Ndadaye yakomokagamo ryashyizeho Cprien Ntaryamira, aba Perezida wa Repubulika.

-6190.jpg

Ndadaye M.

Ntaryamira nawe ariko ntabwo yarayeho kabiri kuko muri Mata uwo mwaka w’i 1994 yicanywe na Perezida Habyarimana barasiwe mu ndege yari igeze mu kirere cya Kigali !

Ntaryamira yasimbuwe ku butegetsi na Sylivestre Ntibantunganya nawe wo muri FRODEBU, ariko aza kubuhirikwaho muri Nyakanga 1996. Buyoya yasimbuye Ntibantunganya ku butegetsi, aba ategetse u Burundi mu bihe bibiri bidakurikirana nk’uko twabonye byabaye kuri Obote muri Uganda !

Buyoya wa UPRONA yakuwe ku butegetsi n’amasezerano ya Arusha muri 2003, asimburwa na Domittien Ndayizeye wa FRODEBU wategetse kugeza mu matora ya 2005. Ishyaka CNDD-FDD niryo ryatsinze ayo matora rishyiraho Petero Nkurunziza kuba Perezida wa Repubulika. Ubu Nkurunziza ari muri manda ya gatatu, binyuranije n’itegeko nshinga kimwe n’amasezerano ya Arusha, bituma amaraso akomeza kumeneka !

Casmiry Kayumba

2017-03-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Ubwanditsi 11 Mar 2024
Perezida Donald Trump  yohereje abasirikare muri Gabon baryamiye amajanja gutabara Congo

Perezida Donald Trump yohereje abasirikare muri Gabon baryamiye amajanja gutabara Congo

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari

Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari

Ubwanditsi 17 Sep 2018
AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

Ubwanditsi 18 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitego bibiri bya Kagere byafashije Simba SC gutangira neza amatsinda ya CAF Champions League
IMIKINO

Ibitego bibiri bya Kagere byafashije Simba SC gutangira neza amatsinda ya CAF Champions League

Ubwanditsi 13 Jan 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 29 Mar 2023
Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru