• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Ubwanditsi 27 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga, POLITIKI

Iyo “Redcom” azamuye umutwe akava mu mwobo,  aba ari ukugirango akomeze kuza amateshwa ye ya propaganda yibasira Perezida w’uRwanda.

“Redcom”nta wundi utari Theogene Rudasingwa, wihaye akabyiniriro mu ntangiriro zo mu myaka ya za 80. Ubwo nibwo nk’umunyeshuri muri kaminuza ya Makerere yashyizeho uburyo bw’uburiganya bwari bugamije kumufasha kujya arigisa amafaranga y’Abanyeshuri bagenzi be b’Abanyarwanda.

Yajyaga ahamagara umwe muri bo, yiyita Redcom, bityo akabwira uwabaga agiye gufata telephone ye  wabaga wanatashywe n’icyoba ko ubutasi bwa Uganda burimo kumushakisha, ariko kandi ko uwabaga arimo gushakishwa aramutse afite amafaranga, angana atya, ko Redcom yashoboraga kuba yacubya izo maneko, mu buryo bwo kumufasha!

Nkuko abazi Rudasingwa babivuga, ngo ayo manyanga ya Rudasingwa ntiyamufashije igihe  kirekire, kuko bamwe mu bahungu b’Abanyarwanda baje kumutahura, bityo bakabimenyesha ubuyobozi bwa Kaminuza, noneho bakabimenyesha ba maneko  nyakuri. Amaze kumenya ko yari mu kaga, Rudasingwa yaje kuyabangira ingata ajya Nairobi, avuga ko asaba ubuhungiro.

Bwana Redcom yahoze ari umunyamanyanga , kandi uko akura, ni nako birushaho guhumira ku mirari. Umukino we nyuma yo kuva mu Rwanda yigize impunzi, ubwo inshingano yari yahawe zamunaniraga, mu kwibeshya ko yari yabaye ubukombe, yatekereje ko yakoresha ubwo bucabiranya mu guharabika isura y’ubuyobozi bw’uRwanda.

Umunsi umwe azaba arimo guharabika Perezida Kagame, kandi biragaragarira buri wese ko Rudasingwa arimo kubikorera Museveni. Azaba arimo gushimagiza umutegetsi wa Uganda hejuru “nk’uwabohoye uRwanda nyakuri “ – nkuko bisanzwe, ntaho azigera arihingutsa k’uruhare rw’Abanyarwanda bari mu buhungiro bigeze bagira uruhare mu gutuma Museveni ajya ku butegetsi, cyangwa se nkuko bimaze kugaragara, ko Museveni Atari  ashyigikiye urugamba rwa FPR.

Ubundi usanga Rudasingwa yasimbukiye mu kigare cya RNC, arimo guhembera imvururu mu Rwanda, no kubeshya abwira ibigambo uwariwe wese w’umunyaburayi ukorana na Perezida Kagame. Ubwo bizaba byagenze bityo, uzamenye ko azaba arimo gushakira Tribert Rujugiro Ayabatwa [ amadolari ] ari nawe muterankunga mukuru mu rwego rw’amafaranga muri aka gatsiko k’umutwe w’iterabwoba.

Ubundi uzasanga Rudasingwa agerageza gushakira amafaranga mu dutsiko cyangwa se abantu ku giti cyabo bashishikajwe no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. “ Yahindutse nk’indaya, yifashisha ikaramu“, azicisha bugufi uko bishoboka, kugirango abone amafaranga.

Ubu Rudasingwa afite inyandiko kuri Facebook, ku rupapuro rwitwa Robert Patrick FatiGakwerere, arirwo rwa Kayumba Nyamwasa kandi ariwe yatukaga mu byumweru bicyeya bishize. Imana yonyine niyo izi icyo aba bagabo babanyamanyanga barimo gukina.

Inyandiko ndende ziri kuri Facebook ziba zuzuyemo ibitutsi, kwitana amazina, aribyo biranga Rudasingwa, n’abandi bahuje umugambi bakunze gutuka Perezida Kagame.  Hakaba hari n’ikindi kinyoma cyuko ngo Perezida Kagame afite umugambi wo kwikiza abamurwanya baba muri Amerika, Kanada, ngo no mu bindi bice by’isi.

“ Iyo usomye aya mateshwa, ngo umuyobozi w’uRwanda yahitanye ubuzima bw’amamiliyoni y’abantu utangira kwibaza niba aba bantu bakomeye mu mitwe!” nkuko bivugwa n’umuturage wo muri Kigali. “

Umusesenguzi umwe uzi imibereho ya Rudasingwa kuri ubu, ati, “ ubwo Rudasingwa yongeye kwandika ibintu nk’ibi, iwe rurakinga babiri”!

“Amaze kwiheba! Ntabwo ibwotamasimbi araho kwisukira, cyane cyane iyo nta mwuga wibitseho. Nta shiti, Rudasingwa nta bwishyu bw’icumbi afite, amafaranga ya minerevari, interineti, amazi, gaze, bityo akaba agerageza gucomora amafaranga muri Rujugiro!

Uyu musesenguzi akaba yongeyeho ko Rudasingwa arimo gutegura uburyo yasaba inzego z’ubutasi za Uganda amafaranga, cyangwa na Judi Revers, Ann Garrisons n’izindi nkozi z’ibibi zihakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

“Iyo wigeze kuba Redcom, uhora uri Redcom, nkuko bivugwa n’umuntu umuzi mu myaka yabo yo muri kaminuza.

2019-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Ubwanditsi 14 Dec 2016
Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse

Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 18 Jul 2022

Igitekerezo kimwe

  1. Kanakuze Jeanne
    August 29, 20194:51 pm -

    Redcom yakaga imisanzu!!!! Birasekeje kwumva uwahoze ari Secretary General wa FPR yarakaga imisanzu mu mayeli! Bulya rero buri kintu kigira imvano?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahagarariye rutahizamu wa Borussia Dortmund Erling Haaland bagiranye ibiganiro na Real Madrid ndetse na FC Barcelona zagaragaje kwifuza uyu mukinnyi cyane
Amakuru

Abahagarariye rutahizamu wa Borussia Dortmund Erling Haaland bagiranye ibiganiro na Real Madrid ndetse na FC Barcelona zagaragaje kwifuza uyu mukinnyi cyane

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar  gukina imikino ibiri ya gicuti
Amakuru

Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar gukina imikino ibiri ya gicuti

Ubwanditsi 18 Mar 2024
Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, akomoza  ku gahinda ababyeyi baterwa n’ibiyobyabwenge mu bana
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, akomoza ku gahinda ababyeyi baterwa n’ibiyobyabwenge mu bana

Ubwanditsi 19 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru