• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Ubwanditsi 27 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga, POLITIKI

Iyo “Redcom” azamuye umutwe akava mu mwobo,  aba ari ukugirango akomeze kuza amateshwa ye ya propaganda yibasira Perezida w’uRwanda.

“Redcom”nta wundi utari Theogene Rudasingwa, wihaye akabyiniriro mu ntangiriro zo mu myaka ya za 80. Ubwo nibwo nk’umunyeshuri muri kaminuza ya Makerere yashyizeho uburyo bw’uburiganya bwari bugamije kumufasha kujya arigisa amafaranga y’Abanyeshuri bagenzi be b’Abanyarwanda.

Yajyaga ahamagara umwe muri bo, yiyita Redcom, bityo akabwira uwabaga agiye gufata telephone ye  wabaga wanatashywe n’icyoba ko ubutasi bwa Uganda burimo kumushakisha, ariko kandi ko uwabaga arimo gushakishwa aramutse afite amafaranga, angana atya, ko Redcom yashoboraga kuba yacubya izo maneko, mu buryo bwo kumufasha!

Nkuko abazi Rudasingwa babivuga, ngo ayo manyanga ya Rudasingwa ntiyamufashije igihe  kirekire, kuko bamwe mu bahungu b’Abanyarwanda baje kumutahura, bityo bakabimenyesha ubuyobozi bwa Kaminuza, noneho bakabimenyesha ba maneko  nyakuri. Amaze kumenya ko yari mu kaga, Rudasingwa yaje kuyabangira ingata ajya Nairobi, avuga ko asaba ubuhungiro.

Bwana Redcom yahoze ari umunyamanyanga , kandi uko akura, ni nako birushaho guhumira ku mirari. Umukino we nyuma yo kuva mu Rwanda yigize impunzi, ubwo inshingano yari yahawe zamunaniraga, mu kwibeshya ko yari yabaye ubukombe, yatekereje ko yakoresha ubwo bucabiranya mu guharabika isura y’ubuyobozi bw’uRwanda.

Umunsi umwe azaba arimo guharabika Perezida Kagame, kandi biragaragarira buri wese ko Rudasingwa arimo kubikorera Museveni. Azaba arimo gushimagiza umutegetsi wa Uganda hejuru “nk’uwabohoye uRwanda nyakuri “ – nkuko bisanzwe, ntaho azigera arihingutsa k’uruhare rw’Abanyarwanda bari mu buhungiro bigeze bagira uruhare mu gutuma Museveni ajya ku butegetsi, cyangwa se nkuko bimaze kugaragara, ko Museveni Atari  ashyigikiye urugamba rwa FPR.

Ubundi usanga Rudasingwa yasimbukiye mu kigare cya RNC, arimo guhembera imvururu mu Rwanda, no kubeshya abwira ibigambo uwariwe wese w’umunyaburayi ukorana na Perezida Kagame. Ubwo bizaba byagenze bityo, uzamenye ko azaba arimo gushakira Tribert Rujugiro Ayabatwa [ amadolari ] ari nawe muterankunga mukuru mu rwego rw’amafaranga muri aka gatsiko k’umutwe w’iterabwoba.

Ubundi uzasanga Rudasingwa agerageza gushakira amafaranga mu dutsiko cyangwa se abantu ku giti cyabo bashishikajwe no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. “ Yahindutse nk’indaya, yifashisha ikaramu“, azicisha bugufi uko bishoboka, kugirango abone amafaranga.

Ubu Rudasingwa afite inyandiko kuri Facebook, ku rupapuro rwitwa Robert Patrick FatiGakwerere, arirwo rwa Kayumba Nyamwasa kandi ariwe yatukaga mu byumweru bicyeya bishize. Imana yonyine niyo izi icyo aba bagabo babanyamanyanga barimo gukina.

Inyandiko ndende ziri kuri Facebook ziba zuzuyemo ibitutsi, kwitana amazina, aribyo biranga Rudasingwa, n’abandi bahuje umugambi bakunze gutuka Perezida Kagame.  Hakaba hari n’ikindi kinyoma cyuko ngo Perezida Kagame afite umugambi wo kwikiza abamurwanya baba muri Amerika, Kanada, ngo no mu bindi bice by’isi.

“ Iyo usomye aya mateshwa, ngo umuyobozi w’uRwanda yahitanye ubuzima bw’amamiliyoni y’abantu utangira kwibaza niba aba bantu bakomeye mu mitwe!” nkuko bivugwa n’umuturage wo muri Kigali. “

Umusesenguzi umwe uzi imibereho ya Rudasingwa kuri ubu, ati, “ ubwo Rudasingwa yongeye kwandika ibintu nk’ibi, iwe rurakinga babiri”!

“Amaze kwiheba! Ntabwo ibwotamasimbi araho kwisukira, cyane cyane iyo nta mwuga wibitseho. Nta shiti, Rudasingwa nta bwishyu bw’icumbi afite, amafaranga ya minerevari, interineti, amazi, gaze, bityo akaba agerageza gucomora amafaranga muri Rujugiro!

Uyu musesenguzi akaba yongeyeho ko Rudasingwa arimo gutegura uburyo yasaba inzego z’ubutasi za Uganda amafaranga, cyangwa na Judi Revers, Ann Garrisons n’izindi nkozi z’ibibi zihakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

“Iyo wigeze kuba Redcom, uhora uri Redcom, nkuko bivugwa n’umuntu umuzi mu myaka yabo yo muri kaminuza.

2019-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho  isoko rusange muri Afurika

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho isoko rusange muri Afurika

Ubwanditsi 19 Mar 2018
Perezida Kagame  yageze i Kinshasa aho  yitabiriye umuhango w’ishyingurwa na Etienne Tshisekedi

Perezida Kagame yageze i Kinshasa aho yitabiriye umuhango w’ishyingurwa na Etienne Tshisekedi

Ubwanditsi 31 May 2019
Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Abisunga ibigarasha n’abajenosideri ngo bararwanya u Rwanda bazakomeza gukama ikimasa.

Abisunga ibigarasha n’abajenosideri ngo bararwanya u Rwanda bazakomeza gukama ikimasa.

Ubwanditsi 31 May 2023

Igitekerezo kimwe

  1. Kanakuze Jeanne
    August 29, 20194:51 pm -

    Redcom yakaga imisanzu!!!! Birasekeje kwumva uwahoze ari Secretary General wa FPR yarakaga imisanzu mu mayeli! Bulya rero buri kintu kigira imvano?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO
Amakuru

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Ubwanditsi 07 Jun 2021
MICT ngo si yo yabazwa iby’urupfu rwa Eliezer Niyitegeka wari ufungiye muri Mali kubera jenoside
Mu Mahanga

MICT ngo si yo yabazwa iby’urupfu rwa Eliezer Niyitegeka wari ufungiye muri Mali kubera jenoside

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka
Amakuru

Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka

RUSHYASHYA 24 Jun 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru