• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

  • Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti   |   08 Mar 2026

  • Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa   |   06 Mar 2026

  • Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse   |   06 Mar 2026

  • U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026   |   05 Mar 2026

  • Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze   |   05 Mar 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Ubwanditsi 27 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga, POLITIKI

Iyo “Redcom” azamuye umutwe akava mu mwobo,  aba ari ukugirango akomeze kuza amateshwa ye ya propaganda yibasira Perezida w’uRwanda.

“Redcom”nta wundi utari Theogene Rudasingwa, wihaye akabyiniriro mu ntangiriro zo mu myaka ya za 80. Ubwo nibwo nk’umunyeshuri muri kaminuza ya Makerere yashyizeho uburyo bw’uburiganya bwari bugamije kumufasha kujya arigisa amafaranga y’Abanyeshuri bagenzi be b’Abanyarwanda.

Yajyaga ahamagara umwe muri bo, yiyita Redcom, bityo akabwira uwabaga agiye gufata telephone ye  wabaga wanatashywe n’icyoba ko ubutasi bwa Uganda burimo kumushakisha, ariko kandi ko uwabaga arimo gushakishwa aramutse afite amafaranga, angana atya, ko Redcom yashoboraga kuba yacubya izo maneko, mu buryo bwo kumufasha!

Nkuko abazi Rudasingwa babivuga, ngo ayo manyanga ya Rudasingwa ntiyamufashije igihe  kirekire, kuko bamwe mu bahungu b’Abanyarwanda baje kumutahura, bityo bakabimenyesha ubuyobozi bwa Kaminuza, noneho bakabimenyesha ba maneko  nyakuri. Amaze kumenya ko yari mu kaga, Rudasingwa yaje kuyabangira ingata ajya Nairobi, avuga ko asaba ubuhungiro.

Bwana Redcom yahoze ari umunyamanyanga , kandi uko akura, ni nako birushaho guhumira ku mirari. Umukino we nyuma yo kuva mu Rwanda yigize impunzi, ubwo inshingano yari yahawe zamunaniraga, mu kwibeshya ko yari yabaye ubukombe, yatekereje ko yakoresha ubwo bucabiranya mu guharabika isura y’ubuyobozi bw’uRwanda.

Umunsi umwe azaba arimo guharabika Perezida Kagame, kandi biragaragarira buri wese ko Rudasingwa arimo kubikorera Museveni. Azaba arimo gushimagiza umutegetsi wa Uganda hejuru “nk’uwabohoye uRwanda nyakuri “ – nkuko bisanzwe, ntaho azigera arihingutsa k’uruhare rw’Abanyarwanda bari mu buhungiro bigeze bagira uruhare mu gutuma Museveni ajya ku butegetsi, cyangwa se nkuko bimaze kugaragara, ko Museveni Atari  ashyigikiye urugamba rwa FPR.

Ubundi usanga Rudasingwa yasimbukiye mu kigare cya RNC, arimo guhembera imvururu mu Rwanda, no kubeshya abwira ibigambo uwariwe wese w’umunyaburayi ukorana na Perezida Kagame. Ubwo bizaba byagenze bityo, uzamenye ko azaba arimo gushakira Tribert Rujugiro Ayabatwa [ amadolari ] ari nawe muterankunga mukuru mu rwego rw’amafaranga muri aka gatsiko k’umutwe w’iterabwoba.

Ubundi uzasanga Rudasingwa agerageza gushakira amafaranga mu dutsiko cyangwa se abantu ku giti cyabo bashishikajwe no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. “ Yahindutse nk’indaya, yifashisha ikaramu“, azicisha bugufi uko bishoboka, kugirango abone amafaranga.

Ubu Rudasingwa afite inyandiko kuri Facebook, ku rupapuro rwitwa Robert Patrick FatiGakwerere, arirwo rwa Kayumba Nyamwasa kandi ariwe yatukaga mu byumweru bicyeya bishize. Imana yonyine niyo izi icyo aba bagabo babanyamanyanga barimo gukina.

Inyandiko ndende ziri kuri Facebook ziba zuzuyemo ibitutsi, kwitana amazina, aribyo biranga Rudasingwa, n’abandi bahuje umugambi bakunze gutuka Perezida Kagame.  Hakaba hari n’ikindi kinyoma cyuko ngo Perezida Kagame afite umugambi wo kwikiza abamurwanya baba muri Amerika, Kanada, ngo no mu bindi bice by’isi.

“ Iyo usomye aya mateshwa, ngo umuyobozi w’uRwanda yahitanye ubuzima bw’amamiliyoni y’abantu utangira kwibaza niba aba bantu bakomeye mu mitwe!” nkuko bivugwa n’umuturage wo muri Kigali. “

Umusesenguzi umwe uzi imibereho ya Rudasingwa kuri ubu, ati, “ ubwo Rudasingwa yongeye kwandika ibintu nk’ibi, iwe rurakinga babiri”!

“Amaze kwiheba! Ntabwo ibwotamasimbi araho kwisukira, cyane cyane iyo nta mwuga wibitseho. Nta shiti, Rudasingwa nta bwishyu bw’icumbi afite, amafaranga ya minerevari, interineti, amazi, gaze, bityo akaba agerageza gucomora amafaranga muri Rujugiro!

Uyu musesenguzi akaba yongeyeho ko Rudasingwa arimo gutegura uburyo yasaba inzego z’ubutasi za Uganda amafaranga, cyangwa na Judi Revers, Ann Garrisons n’izindi nkozi z’ibibi zihakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

“Iyo wigeze kuba Redcom, uhora uri Redcom, nkuko bivugwa n’umuntu umuzi mu myaka yabo yo muri kaminuza.

2019-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko ugutsindwa kwa Uganda kuyitera umunabi wo guhora itangaza mu bitangazamakuru byayo ibinyoma ku Rwanda

Uko ugutsindwa kwa Uganda kuyitera umunabi wo guhora itangaza mu bitangazamakuru byayo ibinyoma ku Rwanda

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Perezida Nkurunziza yabaye umuyobozi wa mbere ku isi wamaganye guhana intera nk’uburyo bwo kurwanya COVID19

Perezida Nkurunziza yabaye umuyobozi wa mbere ku isi wamaganye guhana intera nk’uburyo bwo kurwanya COVID19

Ubwanditsi 03 May 2020
Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze

Ubwanditsi 10 Oct 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Kanakuze Jeanne
    August 29, 20194:51 pm -

    Redcom yakaga imisanzu!!!! Birasekeje kwumva uwahoze ari Secretary General wa FPR yarakaga imisanzu mu mayeli! Bulya rero buri kintu kigira imvano?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi
ITOHOZA

Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Ubwanditsi 13 May 2017
U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwasabwe gusaba Loni imbabazi

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove
UBUKUNGU

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Ubwanditsi 09 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru