• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Ubwanditsi 31 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abashishozi baravuze ngo” iminsi iba myinshi igahimwa n’umwe”. Uyu mugani rero urahura neza n’ibyabaye ku mujenosideri Eugène Rwamucyo wari umaze imyaka 30 yidegembya, ariko umunsi w’ejo tariki 30 Ukwakira 2024, ugashyira iherezo ku bwishongozi bwe.

Nyuma y’urubanza rwari rumaze ukwezi kuzuye ruburanishwa mu rukiko rwa rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, inyangamugayo z’abacamaza zahamije Eugène Rwamucyo ubufatanyacyaha mu mugambi wo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi no kuwushyira mu bikorwa, maze zimuhanisha igifungo cy’imyaka 27. Yahise atabwa muri yombi, ubwo twateguraga iyi nkuru akaba yari amaze ijoro rye rya mbere muri gereza.

Imiryango irengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, n’ amashyirahamwe mpuzamahanha aharanira ubutabera n’uburenganzira bwa muntu, yaregaga Eugène Rwamucyo uruhare rutaziguhe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwiharimo mu mujyi wa Butare no mu nkengero zawo, dore ko yari umuganga aho i Butare, akaba n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda.

Nk’uko byari mu kirego, abatangabuhamya benshi, barimo n’abari kumwe na Rwamucyo, bamushinje gutegeka abicanyi bagenzi be gutaba imirambo mu byobo rusange, agamije gusibanganya ibimenyetso, ndetse mu bashyizwe muri ibyo byobo kaba harimo n’abari bagihumeka.

Eugène Rwamucyo kandi yashishikarije abandi kwica abatutsi, cyane cyane mu ijambo yavuze tariki 14 Gicurasi 1994, ubwo yizezaga Minisitiri w’Intebe Jean Kambanda wari wasuye ako gace, ko Abahutu bahagurukiye “gukora”[kwica abatutsi mu mvugo y’abajenosideri] ku buryo nta “nyenzi” izabacika. Aho abicanyi basezeraniye niho bahuriye, isezerano rya Rwamucyo na Kambanda ryarubahirijwe, maze Abatutsi baratsembwa karahava.

Kimwe n’abandi bajenosideri, mu myiregurire ya Rwamucyo, abamwunganiraga mu mategeko ndetse n’abaje kumushinjura, bose barwanye no kwerekana ko nta jenoside yabaye mu Rwanda kuko ngo itanateguwe, ko n’abapfuye bazize uburakari kubera ihanurwa ry”indege ya Perezida Habyarimana, abandi ngo bagwa mu isubiranamo kubera urwango rwari rusanzwe hagati y’Abahutu n’Abatutsi.

Ku kirego cyo gutaba imirambo mu byobo rusange, Eugène Rwamucyo yarabyemeye, ariko akavuga ko yabikoze yanga ko iyo mirambo yabora, igakurura indwara ziterwa n’umwanda mu baturage.

Iyi myiregurire yaje kugaraga nko kurashya imigeri, kuko bamaze gutaba abo bantu, hejuru y’ibyo byobo bahise bahatera ibiti n’imyaka, kugirango hatazagira n’umenya ko harimo abantu. Ikindi, muri iyo mbwirwaruhame ye yo kuwa 14 Gicurasi 1994, Rwamucyo yarirenze arahira ko nta Mututsi wishwe muri Butare, kandi hari abo ubwe yari amaze gutaba mu byobo rusange.

Twibutse ko mu bashinjuye Eugène Rwamucyo harimo Jean Kambanda wemeye uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse urukiko rw’Arusha rukamukatira gufungwa burundu. Harimo kandi Augustin Ndindiriyimana, JMV Ndagijimana, n’abandi bamamaye mu bikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uru rukiko rero rwagaragaje ro rugizezwe n’inyangamugayo koko, maze rwima agaciro ayo matakirangoyi y’umujenosideri Eugène Rwamucyo.

Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa imyaka 30, ariko urukiko rumukatira 25. Icya ngombwa ariko si umubare w’imyaka azafungwa, ahubwo igikuru ni uko ukuri gutsinze.

Ubutabera bwumvise amajwi y’inzirakarengane zisaga miliyoni Rwamucyo na bagenzi be bambuye ubuzima, zitakamba ngo ubutabera buhabwe ijambo.

Ubutabera bwanze ko Rwamucyo akomeza kugoreka amateka y’uRwanda no gushinyagurira abo yagize impfubyi n’abapfakazi, akabasigira ibikomere bikabije ku mutima no ku mubiri.

Ubutabera kandi butanze isomo ku bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko rwekanye ko Rwamucyo ari mu bayiteguye bakanashyira mu bikorwa.

Ubu ni ubutumwa bukomeye kandi ku bajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera, ko ari ikibazo cy’igihe nabo bakumva icyibatsi cy’ amategeko, gikwiye ubugome ndengakamere bakoreye inyokomuntu aho iva ikagera.

Eugène Rwamucyo yavukiye mu yahoze ari Komini Gatonde mu Ruhengeri. Afite imyaka 65 y’amavuko, bivuze ko azarangiza igihano cye afite imyaka 91!

Kuva muw’1994 yabaye umuganga mu Bubiligi no mu Bufaransa. Muw’2010 yafunzwe igihe gito, nabwo aryozwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko aza gufungurwa ku mpamvu zidasobanutse.

Eugène Rwamucyo abaye Umunyarwanda wa 8 uburanishirijwe mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, urubanza rwaherukaga rukaba ari urw’undi muganga Sosthène Munyemana wakatiwe gufungwa imyaka 25. Uyu yarajuriye, urubanza rwe mu bujurire rukazaburanishwa muri Nzeri n’Ukwakira 2025.

Tariki 09 Ukuboza uyu mwaka kandi, aho mu Bufaransa hategerejwe umwanzuro w’urubanza rwa Charles Onana, Umufaransa ukomoka muri Cameroun, akaba akurikiranyweho guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

2024-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Norvege: Hatawe muri yombi Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri jenoside

Norvege: Hatawe muri yombi Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri jenoside

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Ubwanditsi 03 Dec 2021
Abarwanyi ba M23 baherutse guhungira mu Rwanda bimuriwe i Karongi

Abarwanyi ba M23 baherutse guhungira mu Rwanda bimuriwe i Karongi

Ubwanditsi 02 Feb 2017
Rayon Sports yatangaje umunya-Tunisia Yamen Zelfani nk’umutoza mukuru wayo mu gihe cy’umwaka 1

Rayon Sports yatangaje umunya-Tunisia Yamen Zelfani nk’umutoza mukuru wayo mu gihe cy’umwaka 1

Ubwanditsi 10 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship
Amakuru

Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship

Ubwanditsi 17 Nov 2022
Émirats Arabes Unis : Perezida Kagame aremeza ko ibyo akora adashingira ku byo abwirwa gusa
POLITIKI

Émirats Arabes Unis : Perezida Kagame aremeza ko ibyo akora adashingira ku byo abwirwa gusa

Ubwanditsi 11 Feb 2016
Akagabo gahimba akandi kataraza : Ingimbi z’u Rwanda zahoreye bashiki bazo ku bagande, ziyongerera amahirwe yo gukina Afrobasket U-16
IMIKINO

Akagabo gahimba akandi kataraza : Ingimbi z’u Rwanda zahoreye bashiki bazo ku bagande, ziyongerera amahirwe yo gukina Afrobasket U-16

Ubwanditsi 13 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru