• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Umwijuto w’ikinonko ugira ngo imvura ntizagwa: Umujenosideri Eugène Rwamucyo yaraye ijoro rye rya mbere muri gereza azamaramo imyaka 27

Ubwanditsi 31 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abashishozi baravuze ngo” iminsi iba myinshi igahimwa n’umwe”. Uyu mugani rero urahura neza n’ibyabaye ku mujenosideri Eugène Rwamucyo wari umaze imyaka 30 yidegembya, ariko umunsi w’ejo tariki 30 Ukwakira 2024, ugashyira iherezo ku bwishongozi bwe.

Nyuma y’urubanza rwari rumaze ukwezi kuzuye ruburanishwa mu rukiko rwa rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, inyangamugayo z’abacamaza zahamije Eugène Rwamucyo ubufatanyacyaha mu mugambi wo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi no kuwushyira mu bikorwa, maze zimuhanisha igifungo cy’imyaka 27. Yahise atabwa muri yombi, ubwo twateguraga iyi nkuru akaba yari amaze ijoro rye rya mbere muri gereza.

Imiryango irengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, n’ amashyirahamwe mpuzamahanha aharanira ubutabera n’uburenganzira bwa muntu, yaregaga Eugène Rwamucyo uruhare rutaziguhe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwiharimo mu mujyi wa Butare no mu nkengero zawo, dore ko yari umuganga aho i Butare, akaba n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda.

Nk’uko byari mu kirego, abatangabuhamya benshi, barimo n’abari kumwe na Rwamucyo, bamushinje gutegeka abicanyi bagenzi be gutaba imirambo mu byobo rusange, agamije gusibanganya ibimenyetso, ndetse mu bashyizwe muri ibyo byobo kaba harimo n’abari bagihumeka.

Eugène Rwamucyo kandi yashishikarije abandi kwica abatutsi, cyane cyane mu ijambo yavuze tariki 14 Gicurasi 1994, ubwo yizezaga Minisitiri w’Intebe Jean Kambanda wari wasuye ako gace, ko Abahutu bahagurukiye “gukora”[kwica abatutsi mu mvugo y’abajenosideri] ku buryo nta “nyenzi” izabacika. Aho abicanyi basezeraniye niho bahuriye, isezerano rya Rwamucyo na Kambanda ryarubahirijwe, maze Abatutsi baratsembwa karahava.

Kimwe n’abandi bajenosideri, mu myiregurire ya Rwamucyo, abamwunganiraga mu mategeko ndetse n’abaje kumushinjura, bose barwanye no kwerekana ko nta jenoside yabaye mu Rwanda kuko ngo itanateguwe, ko n’abapfuye bazize uburakari kubera ihanurwa ry”indege ya Perezida Habyarimana, abandi ngo bagwa mu isubiranamo kubera urwango rwari rusanzwe hagati y’Abahutu n’Abatutsi.

Ku kirego cyo gutaba imirambo mu byobo rusange, Eugène Rwamucyo yarabyemeye, ariko akavuga ko yabikoze yanga ko iyo mirambo yabora, igakurura indwara ziterwa n’umwanda mu baturage.

Iyi myiregurire yaje kugaraga nko kurashya imigeri, kuko bamaze gutaba abo bantu, hejuru y’ibyo byobo bahise bahatera ibiti n’imyaka, kugirango hatazagira n’umenya ko harimo abantu. Ikindi, muri iyo mbwirwaruhame ye yo kuwa 14 Gicurasi 1994, Rwamucyo yarirenze arahira ko nta Mututsi wishwe muri Butare, kandi hari abo ubwe yari amaze gutaba mu byobo rusange.

Twibutse ko mu bashinjuye Eugène Rwamucyo harimo Jean Kambanda wemeye uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse urukiko rw’Arusha rukamukatira gufungwa burundu. Harimo kandi Augustin Ndindiriyimana, JMV Ndagijimana, n’abandi bamamaye mu bikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uru rukiko rero rwagaragaje ro rugizezwe n’inyangamugayo koko, maze rwima agaciro ayo matakirangoyi y’umujenosideri Eugène Rwamucyo.

Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa imyaka 30, ariko urukiko rumukatira 25. Icya ngombwa ariko si umubare w’imyaka azafungwa, ahubwo igikuru ni uko ukuri gutsinze.

Ubutabera bwumvise amajwi y’inzirakarengane zisaga miliyoni Rwamucyo na bagenzi be bambuye ubuzima, zitakamba ngo ubutabera buhabwe ijambo.

Ubutabera bwanze ko Rwamucyo akomeza kugoreka amateka y’uRwanda no gushinyagurira abo yagize impfubyi n’abapfakazi, akabasigira ibikomere bikabije ku mutima no ku mubiri.

Ubutabera kandi butanze isomo ku bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko rwekanye ko Rwamucyo ari mu bayiteguye bakanashyira mu bikorwa.

Ubu ni ubutumwa bukomeye kandi ku bajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera, ko ari ikibazo cy’igihe nabo bakumva icyibatsi cy’ amategeko, gikwiye ubugome ndengakamere bakoreye inyokomuntu aho iva ikagera.

Eugène Rwamucyo yavukiye mu yahoze ari Komini Gatonde mu Ruhengeri. Afite imyaka 65 y’amavuko, bivuze ko azarangiza igihano cye afite imyaka 91!

Kuva muw’1994 yabaye umuganga mu Bubiligi no mu Bufaransa. Muw’2010 yafunzwe igihe gito, nabwo aryozwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko aza gufungurwa ku mpamvu zidasobanutse.

Eugène Rwamucyo abaye Umunyarwanda wa 8 uburanishirijwe mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, urubanza rwaherukaga rukaba ari urw’undi muganga Sosthène Munyemana wakatiwe gufungwa imyaka 25. Uyu yarajuriye, urubanza rwe mu bujurire rukazaburanishwa muri Nzeri n’Ukwakira 2025.

Tariki 09 Ukuboza uyu mwaka kandi, aho mu Bufaransa hategerejwe umwanzuro w’urubanza rwa Charles Onana, Umufaransa ukomoka muri Cameroun, akaba akurikiranyweho guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

2024-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abaturage ba Rusheshe barashima serivisi nziza bahabwa na Polisi

Abaturage ba Rusheshe barashima serivisi nziza bahabwa na Polisi

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Ubwanditsi 16 Apr 2020
Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13

Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13

Ubwanditsi 09 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Mahanga

IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU
ITOHOZA

Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi
Mu Rwanda

Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Ubwanditsi 27 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru