• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.   |   15 Jan 2021

  • BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.   |   15 Jan 2021

  • Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!   |   14 Jan 2021

  • Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana   |   13 Jan 2021

  • Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever   |   12 Jan 2021

  • Mu gihe hasigaye iminsi 2 gusa ngo habe amatora ya Perezida muri Uganda, urubuga nkoranyambaga”Facebook” rwafunze “accounts” z’abategetsi bakuru muri icyo gihugu, rubashinja kubiba amacakubiri no kubangamira imigendekere myiza y’amatora.   |   12 Jan 2021

 
You are at :Home»POLITIKI»Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Editorial 17 Apr 2018 POLITIKI

Senateri Tito Rutaremara yagaragaje uburyo bwihariye Leta y’u Rwanda yakoresheje mu komora ibikomere by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yakoranywe ubugome ndengakamere n’ingaruka zayo, mu gihe abantu bibazaga ko u Rwanda rugiye guhora mu icuraburindi iteka ryose.

Senateri Tito yatanze ikiganiro ku mwihariko wa Jenoside yakorewe Abatutsi no guhangana n’ingaruka zayo, ku wa 15 Mata 2018, mu muhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri 157 yatahuwe mu Murenge wa Rusororo, Akarere ka Gasabo no kwibuka Abatutsi bahiciwe.

Yabwiye abitabiriye uwo muhango ko Jenoside yakorewe Abatutsi itandukanye n’izindi zirimo nk’iyakorewe Abayahudi, kuko abantu bishe inshuti magara zabo.

Yagize ati “Jenoside yacu ifite ibyo yihariye, abantu bose muri Jenoside barapfaga baba abayahudi, baba aba-Armenien ariko twe dufite umwihariko wacu. Iyacu, icya mbere wicaga uwo mwasangiraga, ukica n’uwo mwaryamanaga wenda iryo joro mwaryamanye, ukica n’umwana wabyaye ngo kuko afite ishusho y’aba, ugasiga undi ufite iy’aba. Ibyo ntaho biba n’inyamaswa ntizibikora.”

Yakomeje asobanura ko umwihariko wayo ku buryo ndengakamere bwakoreshejwe mu kwica burimo imbunda, impiri, ibisongo, guhonda abana ku nkuta z’inzu, gutaba abantu mu myobo, kuba yarakorewe mu nsengero, kwica abavandimwe, gutwika abantu n’ibindi, mu gihe leta yari yarananiwe na gahunda ziteza imbere igihugu n’abagituye.

Senateri yakomeje asobanura ku budasa bwa Leta y’u Rwanda yakoresheje yivana muri iryo curaburindi, ryahinduwe umucyo n’ingabo zari iza RPA zahagaritse Jenoside; Abanyarwanda bongeye bakisuganya nubwo bari bagifite ibikomere by’umubiri n’iby’umitima n’abari mu gice cy’abatarahigwaga n’abayikoze bari bafite imitima ihagaze.

Tito ati “Kuko baravugaga bati ‘ibi bintu dukoze, aba bantu barangije intambara turabakira amahoro ntibihorera?’ Ariko Leta y’ubumwe ihageze iravuga iti ‘guhora ntabirimo n’ubigerageza arakabona’. Ibyo ni ubudasa bw’abanyarwanda. Uko twagize ubudasa mu kwica, niko tugira n’ubudasa mu kuvura.”

Yavuze ko nyuma yo kuvuga ko guhora ntabirimo, hahise hashyirwaho uburyo bwo kugarura umutekano mu gihugu, ihuza ingabo zari iza leta yatsinzwe n’izayo, abandi basubizwa mu kazi no mu mashuri n’ibindi.

Senateri Tito Rutaremara

Ubudasa mu butabera

Senateri Tito yanakomoje ku budasa bwa Leta y’u Rwanda cyane cyane mu butabera, aho Gacaca yifashishijwe mu guha ubutabera abanyarwanda bishe n’abiciwe kandi bigizwemo uruhare n’abarimo imiryango ifite benewabo bishe bigatwara igihe gito.

Jenoside yahitanye Abatutsi barenga miliyoni bishwe mu minsi 100 bishwe n’abandi benshi, biba ingorane kuri Leta mu mutabera.

Igeragezwa ryakozwe nyuma yo gushyiraho itegeko rihana abakoze Jenoside, hatangijwe ingereko ku nkiko z’ibanze zireba iby’abakoze Jenoside icyo gihe bari bafunze barenga ibihumbi 130 gereza zuzuye ntaho gushyira abandi, hacibwa imanza 3000 ariko ubusesenguzi bukerekana ko bizatwara imyaka isaga imyaka 150 kugira ngo abafunze gusa baburanishwe.

Senateri Tito yakomeje avuga ko inkiko Gacaca nazo abantu batiyumvisha uko zizatanga ubutabera kuko abacitse ku icumu bavugaga ko nta butabera zizatanga kuko zizaba zikorwamo na bamwe mu batarahigwaga, ko ari ukugira ngo barekure benewabo, abatarahigwaga n’abishe nabo bakavuga ko zigamije kubamarima muri gereza.

Izi nkiko zaje gutanga umusaruro ushimishije nyuma yo kumvisha abanyarwanda bose ko abantu bose ari bamwe.

Tito ati “Gacaca rero ijyaho, yadukoreye umurimo mwiza murabizi, nicyo kinini dufite mu butabera, ababyangaga ubu niyo bakunze cyane.”

Leta mu komora ibikome no gufasha abacitse ku icumu, hashyizweho ikigega kibafasha ‘ FARG’, abavuye mu ishuri kiyabasubizamo, kivuza abakomeretse, bashakirwa amacumbi abatayagira; hashyirwaho gahunda yo kwibuka n’ibindi bigamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge by’abanyarwanda.

2018-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Editorial 03 Sep 2019
U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

Editorial 28 Sep 2018
Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane

Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane

Editorial 25 Feb 2016
Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Editorial 08 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru