• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2018 POLITIKI

Senateri Tito Rutaremara yagaragaje uburyo bwihariye Leta y’u Rwanda yakoresheje mu komora ibikomere by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yakoranywe ubugome ndengakamere n’ingaruka zayo, mu gihe abantu bibazaga ko u Rwanda rugiye guhora mu icuraburindi iteka ryose.

Senateri Tito yatanze ikiganiro ku mwihariko wa Jenoside yakorewe Abatutsi no guhangana n’ingaruka zayo, ku wa 15 Mata 2018, mu muhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri 157 yatahuwe mu Murenge wa Rusororo, Akarere ka Gasabo no kwibuka Abatutsi bahiciwe.

Yabwiye abitabiriye uwo muhango ko Jenoside yakorewe Abatutsi itandukanye n’izindi zirimo nk’iyakorewe Abayahudi, kuko abantu bishe inshuti magara zabo.

Yagize ati “Jenoside yacu ifite ibyo yihariye, abantu bose muri Jenoside barapfaga baba abayahudi, baba aba-Armenien ariko twe dufite umwihariko wacu. Iyacu, icya mbere wicaga uwo mwasangiraga, ukica n’uwo mwaryamanaga wenda iryo joro mwaryamanye, ukica n’umwana wabyaye ngo kuko afite ishusho y’aba, ugasiga undi ufite iy’aba. Ibyo ntaho biba n’inyamaswa ntizibikora.”

Yakomeje asobanura ko umwihariko wayo ku buryo ndengakamere bwakoreshejwe mu kwica burimo imbunda, impiri, ibisongo, guhonda abana ku nkuta z’inzu, gutaba abantu mu myobo, kuba yarakorewe mu nsengero, kwica abavandimwe, gutwika abantu n’ibindi, mu gihe leta yari yarananiwe na gahunda ziteza imbere igihugu n’abagituye.

Senateri yakomeje asobanura ku budasa bwa Leta y’u Rwanda yakoresheje yivana muri iryo curaburindi, ryahinduwe umucyo n’ingabo zari iza RPA zahagaritse Jenoside; Abanyarwanda bongeye bakisuganya nubwo bari bagifite ibikomere by’umubiri n’iby’umitima n’abari mu gice cy’abatarahigwaga n’abayikoze bari bafite imitima ihagaze.

Tito ati “Kuko baravugaga bati ‘ibi bintu dukoze, aba bantu barangije intambara turabakira amahoro ntibihorera?’ Ariko Leta y’ubumwe ihageze iravuga iti ‘guhora ntabirimo n’ubigerageza arakabona’. Ibyo ni ubudasa bw’abanyarwanda. Uko twagize ubudasa mu kwica, niko tugira n’ubudasa mu kuvura.”

Yavuze ko nyuma yo kuvuga ko guhora ntabirimo, hahise hashyirwaho uburyo bwo kugarura umutekano mu gihugu, ihuza ingabo zari iza leta yatsinzwe n’izayo, abandi basubizwa mu kazi no mu mashuri n’ibindi.

Senateri Tito Rutaremara

Ubudasa mu butabera

Senateri Tito yanakomoje ku budasa bwa Leta y’u Rwanda cyane cyane mu butabera, aho Gacaca yifashishijwe mu guha ubutabera abanyarwanda bishe n’abiciwe kandi bigizwemo uruhare n’abarimo imiryango ifite benewabo bishe bigatwara igihe gito.

Jenoside yahitanye Abatutsi barenga miliyoni bishwe mu minsi 100 bishwe n’abandi benshi, biba ingorane kuri Leta mu mutabera.

Igeragezwa ryakozwe nyuma yo gushyiraho itegeko rihana abakoze Jenoside, hatangijwe ingereko ku nkiko z’ibanze zireba iby’abakoze Jenoside icyo gihe bari bafunze barenga ibihumbi 130 gereza zuzuye ntaho gushyira abandi, hacibwa imanza 3000 ariko ubusesenguzi bukerekana ko bizatwara imyaka isaga imyaka 150 kugira ngo abafunze gusa baburanishwe.

Senateri Tito yakomeje avuga ko inkiko Gacaca nazo abantu batiyumvisha uko zizatanga ubutabera kuko abacitse ku icumu bavugaga ko nta butabera zizatanga kuko zizaba zikorwamo na bamwe mu batarahigwaga, ko ari ukugira ngo barekure benewabo, abatarahigwaga n’abishe nabo bakavuga ko zigamije kubamarima muri gereza.

Izi nkiko zaje gutanga umusaruro ushimishije nyuma yo kumvisha abanyarwanda bose ko abantu bose ari bamwe.

Tito ati “Gacaca rero ijyaho, yadukoreye umurimo mwiza murabizi, nicyo kinini dufite mu butabera, ababyangaga ubu niyo bakunze cyane.”

Leta mu komora ibikome no gufasha abacitse ku icumu, hashyizweho ikigega kibafasha ‘ FARG’, abavuye mu ishuri kiyabasubizamo, kivuza abakomeretse, bashakirwa amacumbi abatayagira; hashyirwaho gahunda yo kwibuka n’ibindi bigamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge by’abanyarwanda.

2018-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Ubwanditsi 04 Jan 2018
RDC: Félix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze kandidatire mu matora ya Perezida

RDC: Félix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze kandidatire mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 08 Aug 2018
A.U irashima amavugurura Perezida Kagame aherutse gukora muri guverinoma

A.U irashima amavugurura Perezida Kagame aherutse gukora muri guverinoma

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Ubwanditsi 11 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol
IMIKINO

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Rick Hilton arasaba imbabazi Judith n’umuryango we nyuma yo kumwandagaza mu ruhame no gushyira hanze ubwambure bwe
SHOWBIZ

Rick Hilton arasaba imbabazi Judith n’umuryango we nyuma yo kumwandagaza mu ruhame no gushyira hanze ubwambure bwe

Ubwanditsi 18 Oct 2017
Perezida Kagame yavuze ko kwibagirwa ibifitiye inyungu abaturage ari icyaha
Amakuru

Perezida Kagame yavuze ko kwibagirwa ibifitiye inyungu abaturage ari icyaha

RUSHYASHYA 23 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru