• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Ubwanditsi 04 Jan 2018 POLITIKI

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi, Rugira Amandin, yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis muri icyo gihugu, Mgr Auguste Kasujja, ku ngingo zirimo amahoro n’umutekano, umubano mwiza w’u Rwanda na Kiliziya Gatolika by’umwihariko nyuma y’uruzinduko rwa Perezida Kagame i Vatican.

Nk’uko byashyizwe ahagaragara na Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi, Mgr Kasujja ni nawe ukuriye intumwa z’ibihugu bitandukanye zikorera mu Bubiligi.

Umubano wa Kiliziya Gatolika n’u Rwanda wabaye mwiza igihe kirekire, gusa wajemo agatotsi bitewe n’amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 yanagizwemo uruhare na bamwe mu bayoboke bayo. Kiliziya Gatolika mu Rwanda yabisabiye imbabazi.

Isura nshya y’uyu mubano yagaragaye ubwo Perezida Paul Kagame yagiriraga uruzinduko i Roma, yakirwa n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis mu gitondo cyo kuwa Mbere, tariki ya 20 Werurwe 2017.

Ni uruzinduko rwari rugamije gukomeza umubano u Rwanda rusanzwe rufitanye na Vatican. Rwabaye rukurikira itangazwa ry’intumwa nshya ya Papa Francis mu Rwanda, Musenyeri Andrzej Jozwowicz.

Kiliziya Gatolika igira uruhare rukomeye mu buzima bw’igihugu mu Rwanda, cyane cyane muri serivisi z’uburezi, ubuzima n’imibereho myiza y’abaturage.

Nko mu burezi, amashuri abanza n’ayisumbuye mu Rwanda agera ku 3189, ariko muri ayo yose, agera ku 1381 angana na 43,3% ni aya Kiliziya Gatolika. Mu rwego rw’ubuzima naho, Kiliziya Gatolika ifite ibigo nderabuzima bigera ku 115 n’ibitaro icyenda.

Rugira Amandin yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi muri Nzeri 2017, mu mpinduka Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakoze muri Guverinoma yatangiranye muri manda nshya yatorewe muri Kanama uyu mwaka. Rugira Amandin yahawe uyu mwanya akuwe mu Burundi aho yari Ambasaderi w’u Rwanda kuva muri Kamena 2014.

Kuwa 7 Ukuboza 2017 nibwo yashyikirije Umwami w’u Bubiligi, Philippe Léopold Louis Marie, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu. Yasimbuye Amb. Nduhungirehe Olivier wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba.

Amb. Rugira Amandin mu biganiro na Musenyeri Kasujja

Amb. Rugira aramukanya na Mgr Auguste Kasujja

Ibiganiro by’aba bombi byibanze ku ngingo zirimo amahoro n’umutekano, umubano mwiza w’u Rwanda na Kiliziya Gatolika by’umwihariko nyuma y’uruzinduko rwa Perezida Kagame i Vatican

Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi, Mgr Auguste Kasujja

2018-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Ubwanditsi 09 Jun 2017
PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Ubwanditsi 23 May 2019
RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta

RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta

Ubwanditsi 13 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu
Mu Rwanda

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Ishami rya Polisi(RPU) ryafashe toni 80 za magendu ya caguwa
ITOHOZA

Ishami rya Polisi(RPU) ryafashe toni 80 za magendu ya caguwa

Ubwanditsi 30 May 2017
Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka
Mu Rwanda

Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru