• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ishami rya Polisi(RPU) ryafashe toni 80 za magendu ya caguwa

Ishami rya Polisi(RPU) ryafashe toni 80 za magendu ya caguwa

Ubwanditsi 30 May 2017 ITOHOZA

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya magendu (RPU) ryafashe toni 80 z’imyenda izwi nka caguwa yari yinjiye mu gihugu ku buryo bwa magendu.

Nk’uko umuyobozi wa ririya shami , Chief Superintendent of Police(CSP) Sam Bugingo abitangaza, ngo iri shami rikorana n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro mu kurwanya magendu n’ibijyanye nayo, ryafashe toni 80 za caguwa mu bikorwa bitandukanye byo kurwanya magendu ryakoreye mu gihugu hose mu mezi atatu ashize.

CSP Bugingo yagize ati:” Muri ibyo bikorwa, tumaze gufatiramo imodoka 24 mu gihugu hose, zikaba zari zipakiye toni 80 z’imyenda za magendu ya caguwa.”

Akomeza avuga ko hakoreshwa amayeri atandukanye mu kwinjiza magendu kandi ko amenshi amaze kumenyekana aho agira ati:”Iyi ni intangiriro y’ibikorwa bizakomeza kandi mu bice byose by’igihugu, duhabwa amakuru n’abaturage kandi dukorana n’izindi nzego ngo duce intege ibikorwa nk’ibi.”

Mu byafashwe vuba, harimo imodoka Fuso RAC 905B yafatiwe I Matimba mu karere ka Nyagatare mu cyumweru gishize, ipakiye imifuka izwi nk’amabaro 80 ya caguwa aho yari yarengejeho imifuka y’ifu y’ibigori ari nabyo yari yamenyesheje ku mupaka ko aribyo apakiye.

Mu kuza I Kigali, iyi modoka yarahagaritswe irasakwa, basanga harimo imifuka y’ibigori 10 gusa, yari yakoreshejwe mu gupfuka amabaro ya caguwa.

Kuri iki cyumweru kandi ku gicamunsi, Polisi ikorera mu karere ka Karongi yafashe indi modoka ipakiye amabaro 30 ya caguwa yari yarengejeho imbaho.

Mu kwezi gushize nanone, iri shami ryafashe ikamyo UAW 378F yo muri Uganda ipakiye amabaro 123 ya caguwa mu gihe bari bamenyesheje gasutamo ko ipakiye imyumbati ; nyirayo wari ufatiwe mu bikorwa nk’ibi ku nshuro ya kenshi ubu yakatiwe amezi ane y’igifungo acibwa n’ihazabu y’amafaranga miliyoni 23 y’u Rwanda.

Aha CSP Bugingo akaba yagize ati:” Twamaze gutahura inzira banyuzamo magendu zirimo Rusizi-Karongi-Kigali; inzira ya Rubavu-Musanze-Kigali n’iya Kirehe-Kigali. Hari kandi izindi nzira zikoresha utuyira tutemewe twambukiranya imipaka, dukoreshwa n’abanyamaguru n’abanyamagare.”

Akomeza agira ati:” Ubusanzwe iyi myenda, mbere yo koherezwa, hari uburyo itunganywa ikurwamo imyanda kuko iba yarambawe, iyafashwe rero uretse no kuba yari itatangiwe imisoro, nta cyemezo kigaragaza ko yasukuwe yari ifite yemwe n’aho ituruka, nta buziranenge rero yari ifite, nabyo biri mu byatumye ifatwa.”

Ingingo ya 200 y’itegeko rishyiraho umusoro ku nyongeragaciro ivuga ko umuntu wese ufatanywe magendu ahanishwa igifungo kitarenza imyaka itanu cyangwa ihazabu ya 50% y’agaciro k’ibyo yafatanywe cyangwa byombi.

Robert Mugabo, komiseri wungirije ushinzwe kugenza ibyaha binyereza imisoro mu kigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro, avuga ko hari hanyerejwe imisoro igera kuri miliyoni 200 kuri izi caguwa.

-6714.jpg

Yagize ati:” Twamenye ko hari abacuruzi bamwe bishora mu kugura caguwa za magendu hanze ariko twamaze kumenya bumwe mu buryo bakoresha nk’aho bitwaza ubwikorezi bw’umucanga, ibigori, imyumbati n’ibindi biribwa.”

Mugabe yashoje agira ati:” Aya ni amafaranga menshi aba anyerejwe kandi yakagiriye akamaro imibereho y’abaturage nko mu kububakira amavuriro, amashuri, kugura imiti , inyongeramusaruro n’ibindi,..niyo mpamvu ari inshingano ya buri wese kurwanya magendu y’ubwoko bwose.”

Source : RNP

2017-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Angola : Abanyarwanda bajyanyweyo  bunyago  gukora muruganda  rw’Umunyarwanda  Kayitare Jean Bosco baratabaza

Angola : Abanyarwanda bajyanyweyo bunyago gukora muruganda rw’Umunyarwanda Kayitare Jean Bosco baratabaza

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Umwami Kigeli yashimiye Rushyashya kumukiza amabandi

Umwami Kigeli yashimiye Rushyashya kumukiza amabandi

Ubwanditsi 03 Sep 2016
Umucurabwenge wa Kayumba Nyamwasa, Ali Abdulkarim ni muntu ki?

Umucurabwenge wa Kayumba Nyamwasa, Ali Abdulkarim ni muntu ki?

Ubwanditsi 13 Jul 2019
Polisi ya  Leta ya Malawi  ratungwa agatoki kurya Ruswa ikarekura Umujenosideri  w’umunyarwanda

Polisi ya Leta ya Malawi ratungwa agatoki kurya Ruswa ikarekura Umujenosideri w’umunyarwanda

Ubwanditsi 18 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi
Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri
ITOHOZA

Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri

Ubwanditsi 12 Feb 2018
AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .
Amakuru

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Ubwanditsi 19 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru