• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ishami rya Polisi(RPU) ryafashe toni 80 za magendu ya caguwa

Ishami rya Polisi(RPU) ryafashe toni 80 za magendu ya caguwa

Ubwanditsi 30 May 2017 ITOHOZA

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya magendu (RPU) ryafashe toni 80 z’imyenda izwi nka caguwa yari yinjiye mu gihugu ku buryo bwa magendu.

Nk’uko umuyobozi wa ririya shami , Chief Superintendent of Police(CSP) Sam Bugingo abitangaza, ngo iri shami rikorana n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro mu kurwanya magendu n’ibijyanye nayo, ryafashe toni 80 za caguwa mu bikorwa bitandukanye byo kurwanya magendu ryakoreye mu gihugu hose mu mezi atatu ashize.

CSP Bugingo yagize ati:” Muri ibyo bikorwa, tumaze gufatiramo imodoka 24 mu gihugu hose, zikaba zari zipakiye toni 80 z’imyenda za magendu ya caguwa.”

Akomeza avuga ko hakoreshwa amayeri atandukanye mu kwinjiza magendu kandi ko amenshi amaze kumenyekana aho agira ati:”Iyi ni intangiriro y’ibikorwa bizakomeza kandi mu bice byose by’igihugu, duhabwa amakuru n’abaturage kandi dukorana n’izindi nzego ngo duce intege ibikorwa nk’ibi.”

Mu byafashwe vuba, harimo imodoka Fuso RAC 905B yafatiwe I Matimba mu karere ka Nyagatare mu cyumweru gishize, ipakiye imifuka izwi nk’amabaro 80 ya caguwa aho yari yarengejeho imifuka y’ifu y’ibigori ari nabyo yari yamenyesheje ku mupaka ko aribyo apakiye.

Mu kuza I Kigali, iyi modoka yarahagaritswe irasakwa, basanga harimo imifuka y’ibigori 10 gusa, yari yakoreshejwe mu gupfuka amabaro ya caguwa.

Kuri iki cyumweru kandi ku gicamunsi, Polisi ikorera mu karere ka Karongi yafashe indi modoka ipakiye amabaro 30 ya caguwa yari yarengejeho imbaho.

Mu kwezi gushize nanone, iri shami ryafashe ikamyo UAW 378F yo muri Uganda ipakiye amabaro 123 ya caguwa mu gihe bari bamenyesheje gasutamo ko ipakiye imyumbati ; nyirayo wari ufatiwe mu bikorwa nk’ibi ku nshuro ya kenshi ubu yakatiwe amezi ane y’igifungo acibwa n’ihazabu y’amafaranga miliyoni 23 y’u Rwanda.

Aha CSP Bugingo akaba yagize ati:” Twamaze gutahura inzira banyuzamo magendu zirimo Rusizi-Karongi-Kigali; inzira ya Rubavu-Musanze-Kigali n’iya Kirehe-Kigali. Hari kandi izindi nzira zikoresha utuyira tutemewe twambukiranya imipaka, dukoreshwa n’abanyamaguru n’abanyamagare.”

Akomeza agira ati:” Ubusanzwe iyi myenda, mbere yo koherezwa, hari uburyo itunganywa ikurwamo imyanda kuko iba yarambawe, iyafashwe rero uretse no kuba yari itatangiwe imisoro, nta cyemezo kigaragaza ko yasukuwe yari ifite yemwe n’aho ituruka, nta buziranenge rero yari ifite, nabyo biri mu byatumye ifatwa.”

Ingingo ya 200 y’itegeko rishyiraho umusoro ku nyongeragaciro ivuga ko umuntu wese ufatanywe magendu ahanishwa igifungo kitarenza imyaka itanu cyangwa ihazabu ya 50% y’agaciro k’ibyo yafatanywe cyangwa byombi.

Robert Mugabo, komiseri wungirije ushinzwe kugenza ibyaha binyereza imisoro mu kigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro, avuga ko hari hanyerejwe imisoro igera kuri miliyoni 200 kuri izi caguwa.

-6714.jpg

Yagize ati:” Twamenye ko hari abacuruzi bamwe bishora mu kugura caguwa za magendu hanze ariko twamaze kumenya bumwe mu buryo bakoresha nk’aho bitwaza ubwikorezi bw’umucanga, ibigori, imyumbati n’ibindi biribwa.”

Mugabe yashoje agira ati:” Aya ni amafaranga menshi aba anyerejwe kandi yakagiriye akamaro imibereho y’abaturage nko mu kububakira amavuriro, amashuri, kugura imiti , inyongeramusaruro n’ibindi,..niyo mpamvu ari inshingano ya buri wese kurwanya magendu y’ubwoko bwose.”

Source : RNP

2017-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho  [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Ishyamba si ryeru muri New RNC : Bamwe mu baherutse gutorwa  bitandukanyije n’iri shyaka

Ishyamba si ryeru muri New RNC : Bamwe mu baherutse gutorwa bitandukanyije n’iri shyaka

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Uko Umunyapolitiki TWAGIRAMUNGU Faustin, Ndagijimana JMV, Dr.Marara Christian  bahindutse abanzi b’igihugu n’impamvu zabyo

Uko Umunyapolitiki TWAGIRAMUNGU Faustin, Ndagijimana JMV, Dr.Marara Christian bahindutse abanzi b’igihugu n’impamvu zabyo

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Ubwanditsi 19 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yasesekaye i Kigali avuye muri Benin aho aje kwitegura umukino bafitanye mu minsi itatu
Amakuru

Amavubi yasesekaye i Kigali avuye muri Benin aho aje kwitegura umukino bafitanye mu minsi itatu

Ubwanditsi 24 Mar 2023
Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Ubwanditsi 11 Dec 2019
Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]
ITOHOZA

Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru