• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ Kugera ku ikoranabuhanga n’amakuru ntabwo bigomba no gutoranya ku mukire cyangwa umukene ‘ Kagame

‘ Kugera ku ikoranabuhanga n’amakuru ntabwo bigomba no gutoranya ku mukire cyangwa umukene ‘ Kagame

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu bya Afurika bikwiye gushyira imbaraga mu iterambere ry’ikoranabuhanga, rikagera ku byiciro byose by’abaturage aho kugira ngo ritange amahirwe atangana hagati yabo.

Kuva kuri uyu wa Gatatu, i Kigali hatangiye inama mpuzamahanga ya ‘Transform Africa 2017’, ifite insanganyatsiko ya ‘Smart cities’, mu ntego yo kubaka imijyi ikoresha ikoranabuhanga mu gutanga serivisi, gucunga umutekano no gukurikirana ibikorwa bitandukanye, kandi igaturwa n’abaturage bateye imbere.

Perezida Kagame yavuze ko iyi nama ifite insanganyamatsiko yumvikana kuko uyu mugabane ufite imijyi iri kuzamuka cyane ku Isi, ariko ukaba ri nawo ufite imijyi yasigaye inyuma mu iterambere.

Yakomeje avuga ko hakenewe guteza imbere ikoranabuhanga mu kugabanya icyuho kiri hagati ya serivisi zo ku rwego rwo hejuru Abanyafurika bakeneye n’izo babasha kubona ubu, kandi bigakorwa vuba.

Yagize ati “Tugomba gukorera hamwe mu kugeza ikoranabuhanga ku baturage tugamije iterambere ridaheza kandi rirambye. Imibereho myiza yacu mu gihe kiri imbere ishingiye ku buryo dukemura ibibazo dufite ubungubu.”

Yibukije abitabiriye iyi nama ko Afurika ikeneye internet igera hose kandi yihuta mu buryo bwose bushoboka, kuko imibare yerekana ko 20% muri Afurika ari bo bayikoresha kandi intego ari uko mu myaka itatu iri imbere iba igeze kuri 50%.

-6523.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Yakomeje agira ati “Ibi bigomba kugaragara nk’amahirwe ku bufatanye bukomeye bw’abikorera na za guverinoma. Urugero nko mu Rwanda, ubufatanye bwacu na Korea Telecom bwadufashije mu kwihutisha umurongo mugari. Icya kabiri tugomba kurigeza ku bantu bose aho kuba icyiciro kimwe.”

Yakomeje agira ati “Igihe cyose abagore n’abakobwa bazaba bagisigara inyuma, ntabwo tuzaba turi mu nzira nziza. Kugera ku ikoranabuhanga n’amakuru ntabwo bigomba no gutoranya ku mukire cyangwa umukene, cyangwa bikareba abo mu mijyi cyangwa mu cyaro. Ikoranabuhanga rigomba kudufasha kuringaniza ubukungu bwacu aho gukomeza guhana intera hagati yacu nk’abaturage.”

Yavuze ko mu gihe cy’inama nk’izi, ari umwanya w’abafatanyabikorwa ngo barebe imbogamizi zigihari bazishakire ibisubizo, hagamijwe guhindura Afurika hifashishijwe ikoranabuhanga.

Yakomeje agira ati “Guhindura Afurika ni uguhindura abayituye tubafasha kubona uburyo bwo kwikemurira ibibazo no kwiteza imbere. Tugomba kuzirikana ko byose bihera ku baturage kandi ko bagomba guhabwa umwanya wa mbere igihe cyose.”

Yavuze ko ibyo bishoboka ari uko inzego zose bireba zikoreye hamwe ariko abikorera bakagira umwanya w’imbere, za guverinoma zikaza zishyiraho uburyo bworoshya guhanga udushya n’ishoramari.

Yakomeje agira ati “Abanyafurika bafite ubushake bwo gukora n’impano yo gutsinda. Dukeneye kubafasha kubona ubumenyi n’imyumvire ituma babasha guhatana.”

Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yavuze ko uyu munsi hari byinshi biri kugerwaho, nyuma y’ubushake abakuru b’ibihugu bya Afurika bagaragaje guhera mu 2013.

Yagize ati “Muri icyo gihe 4G hano mu Rwanda yari kimwe mu byaganirwagaho hifashishijwe PowerPoint, uyu munsi igeze kuri 70% by’igihugu cyose, irahuza ubucuruzi, mu mpinduka mu burezi, gufasha mu kudakomeza gukoresha impapuro cyangwa amafaranga ahererekanywa mu ntoki, muri serivisi za leta amasaha 24 mu minsi irindwi, ku baturage n’ibikorwa by’ubucuruzi.”

Aha yanavuze ko mu mu 2013 guhamagara i Nairobi cyangwa i Dakar byari bihenze ku buryo byendaga “kungana no kujyayo”, ariko uyu munsi guhamagara Libreville ni nko guhamagara iruhande rwawe.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Itumanaho (ITU), Houlin Zhao, yasabye ko ibihugu bishyira imbaraga mu kugabanya icyuho kiri mu buryo ibyiciro bitanduknaye byifashisha ikoranabuhanga, cyane cyane mu kuzamura uruhare rw’abagore.

Haolin yashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera mu ikoranabuhanga, ariko avuga ko Afurika muri rusange ifite igice kinini ari ikidakoresha internet, ati “Ibi tugomba kubihindura, kandi dufatanyije.”

Iyi nama yitabiriwe n’abantu bagera ku 3800 baturutse mu bihugu 81 mu nzego z’abikorera n’iza guverinoma.

Harimo abayobozi batandukanye barimo Komiseri wa AU ushinzwe ibikorwaremezo, Dr. Amani Abu-Zeid; Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe abagore, Dr. Phumzile Mlambo-Ngcuka n’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Uburezi n’Umuco (UNESCO), Irina Bokova.

-6522.jpg

-6521.jpg

-6520.jpg

-6519.jpg

-6518.jpg

-6517.jpg

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Ubwanditsi 14 Dec 2021
Tariki 22 Gicurasi 1994: Umunsi RPA yafashe Ikibuga cy’Indege cya Kigali n’ikigo cya gisirikare

Tariki 22 Gicurasi 1994: Umunsi RPA yafashe Ikibuga cy’Indege cya Kigali n’ikigo cya gisirikare

Ubwanditsi 22 May 2018
Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Huye: Polisi yataye muri yombi umugabo ukekwaho kwiba miliyoni 10 muri T2000

Huye: Polisi yataye muri yombi umugabo ukekwaho kwiba miliyoni 10 muri T2000

Ubwanditsi 26 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire
Mu Rwanda

Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire

Ubwanditsi 13 May 2017
Perezida Museveni  n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda
Mu Rwanda

Perezida Museveni n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa
Mu Mahanga

Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Ubwanditsi 17 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru