• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi

Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi

Ubwanditsi 12 Apr 2016 Mu Rwanda

Umuyobozi w’Intara ya Shinyaga muri Tanzania, yatunguwe mu buryo bukomeye no kumva abwirwa ko yirukanwe na Perezida Magufuli, mu gihe yari yibereye mu biro.

Anne Kilang Malecela, yatunguwe no guhamagarwa n’itangazamakuru, abazwa uko yakiriwe kuba yirukanwe.

Gusa we mu gusubiza, yavuze ko atazi ayo makuru, gusa nyuma yaje kugwa mu kantu yumvise ko koko Perezida John Joseph Pombe Magufuli yamaze kumwirukana, atamaze ukwezi kumwe arahiye.

Ubwo umunyamakuru wa The Citizen yahamagaraga uyu muyobozi ngo amenye impamvu yirukanwe, Anne yagize ati “Ninde wabahaye ayo makuru?

The citizen: “Byatangajwe na Perezida Magufuli.”

Anne: “Yahamagaje inama n’abanyamakuru?”

The Citizen: “Yabitangarije mu biro bye ubwo yakiraga raporo ivuga kuri ruswa.”

Anne: “Niba ari uko bimeze, ni mwe ba mbere mumpaye ayo makuru! Ntacyo ubwo twavugana, murakoze!

Uyu muyobozi wahoze ari n’umudepite muri Tanzania, yemejwe na Perezida Magufuli tariki ya 13 Werurwe uyu mwaka, arahira kimwe n’abandi bayobozi b’Intara 25 tariki ya 15 Werurwe.

Imvo n’imvano yo kwirukana uyu muyobozi, bije nyuma y’aho Perezida Magufuli, aboneye muri bimwe mu binyamakuru, bivuga ko uyu muyobozi yatangaje ko mu ntara ye nta bakozi ba baringa bahari.

Ibi byatumye Perezida Magufuli ubwe atungurwa n’ibyo uyu muyobozi yavuze, byaje no gutuma yohereza itsinda rikurikirana iki kibazo.

Magufuli yagize ati “Natunguwe no kumva uyu muyobozi avuga ko nta bakozi ba baringa bari mu Ntara ye, byari ukubeshya, itsinda nohereje ryasanze hari abantu ba baringa 45, bateje igihombo kingana n’amashilingi miliyoni 339.”

Magufuli yavuze ko yibajije impamvu nta muntu muri aba wahanwe.

Yavuze ko yicujije impamvu yashyizeho uyu muyobozi, gusa yemeje ko azamushakira akandi kazi.

Perezida Magufuli aravuga ko hari abantu barenga ibihumbi 4 bahembwa mu gihe nta kazi bakora, ibi bikaba bibangamiye ubukungu bwa Tanzania.

2016-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye

Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Umusirikare wa RDF wari ufunzwe yarasiwe ku rukiko ashaka gutoroka

Umusirikare wa RDF wari ufunzwe yarasiwe ku rukiko ashaka gutoroka

Ubwanditsi 20 Oct 2017
PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Ubwanditsi 17 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika
Amakuru

Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Umuyobozi yateze kumira imbeba, Fc Barcelona niramuka itsinze Paris St Germain
Mu Rwanda

Umuyobozi yateze kumira imbeba, Fc Barcelona niramuka itsinze Paris St Germain

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga
POLITIKI

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Ubwanditsi 25 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru