• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gakenke: Turimubenshi yatunguwe n’ubuhanga yari yibitsemo ‘‘Tora Kagame Paul’’

Gakenke: Turimubenshi yatunguwe n’ubuhanga yari yibitsemo ‘‘Tora Kagame Paul’’

Ubwanditsi 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Umwarimu wigisha mu ishuri ryisumbuye rya Saint Joseph/Karuganda akaba yararangije mu ishuri rikuru rya KIST, yagaragaje ubuhanga afite mu gihe we yari azi ko ibyo yize ari ukwigisha abanyeshuri amasomo gusa, ubwo buhanga yabwerekanye mu gihe cyo gushyira ibirango by’umukandida wa PFR/Inkotanyi akoresheje ibitambaro ku inkuta z’imihanda no ku impinga z’imisozi.

Turimubenshi Onesphore washushanyije n’inguti nini yanditse ngo ‘‘Tora Kagame Paul’’ mu gihe umuntu uri mu biromtero kure yabonagana ibyanditse kuri urwo rukuta rw’umuhanda ruherereye muri santere ya Gakenke ndetse ndetse ni aho Nyakubahwa Paul Kagame Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mu gihe yiyamamarizaga mu Murenge wa Nemba hakurya kure aho izo nyuguti zagaragaraga uri ku ibirometero kure cyane wabashaga kubisoma nta nkomyi.

Turimubenshi avugana n’ikinyamakuru Imvaho Nshya yagize ati ‘‘Ni bwo bwa mbere nakora biriya bishushanyo ubundi njyewe nize Imibare (Mathematique) na Géometrie, mu buryo nabanzaga gushushanya neza nifashishije ibyo nize muri Géometrie n’imibare nkamenya ngo uburebure (longueur) y’inguti iraba (2m) ireshya gutya naho ku impande (extremite) iraba ifite metero zingana gutya metero 2’’.

Uwo musore yavuze ko mu gihe yaragiriwe icyizere n’Abanyamuryango ba FPR/Inkotanyi mu Karere ka Gakenke ari ni ako ke, bakamubwira ko yatanga umusanze we mu gushushanya ibyo birango ngo na we yaratunguwe abonye umusaruro uvuyemo, Turimubenshi yagize ati ‘‘Ubundi byukuri ntabwo nize ibya design (gushushunya) ariko nabonye mbikora havamo umusaruro mu buryo abantu benshi kandi batandukanye babishimye kandi barabinshimira’’.

-7495.jpg

Yakomeje agira ati ‘‘kugira ngo nanjye mbikore ni uko nanjye nabonye banyizeye, bampa ibitambaro ndashushanya mbona birakunze, nanditse mu mutwe wanjye harimo ‘‘Géometrie’’ kurusha kwifashisha ‘‘design’’, mbikoze nabonye ari byiza’’.

Uwo musore yatanze inama kuri bagenzi be kutitinya no kwisuzugura kuko buri wese afite impano imurimo, ariko mu gihe ubashije gutinyuka ushobora gukora ibintu na we utatekerezaga ko byashoboka ukabona birabishotse.

-7494.jpg

Turimubenshi Onesphore

Turimubenshi atuye mu Mudugudu wa Gahondo Akagari ka Nyange Umurenge wa Gakenke Akarere ka Gakenke.

Triphonie Uwamahoro umunyamuryango wa FPR/Inkotanyi akaba n’umukozi ku Karere ka Gakenke, wakurikiranye icyo gikorwa by’umwihariko, kuko byari mu inshingano ze yavuze ko na we yatunguwe no kubona uburyo uwo musore abikoze neza kandi mu gihe gito cyane yagize ati ‘‘Twamubwiye tuzi ko yize iby’imibare na Géometrie, icyo yabashije ntibyakwandikwa na buri wese ni ubumenyi bwihariye’’.

Yakomeje avuga ko na we yabikoze nk’umunyamuryango abikora neza, buri wese yabikoraga nk’umunyamuryango kandi bikarangira neza.

Basanda Ns Oswald

2017-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Profesa Malonga yabonye umudali wo guteza imbere Igiswahili

Profesa Malonga yabonye umudali wo guteza imbere Igiswahili

Ubwanditsi 12 Oct 2016
Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon

Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Tanzania yihanganishije u Rwanda nyuma y’aho Abanyarwanda 3 bahiriye mu modoka

Tanzania yihanganishije u Rwanda nyuma y’aho Abanyarwanda 3 bahiriye mu modoka

Ubwanditsi 02 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu  Rubingisa Pudence  wari  Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda,  yatawe muri yombi
ITOHOZA

Impamvu Rubingisa Pudence wari Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda, yatawe muri yombi

Ubwanditsi 29 Aug 2017
Icyizere ni cyose- Impumeko y’ikipe y’Igihugu Amavubi mbere yo guhura na Nigeria
Amakuru

Icyizere ni cyose- Impumeko y’ikipe y’Igihugu Amavubi mbere yo guhura na Nigeria

Ubwanditsi 10 Sep 2024
Ishyaka PL ryemeje abakandida 80 bazarihagararira mu matora y’Abadepite bayobowe na Mukabalisa
POLITIKI

Ishyaka PL ryemeje abakandida 80 bazarihagararira mu matora y’Abadepite bayobowe na Mukabalisa

Ubwanditsi 12 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru