• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Miss Wema Sepetu wahoze akundana na Diamond yapfushije impanga yari atwite

Miss Wema Sepetu wahoze akundana na Diamond yapfushije impanga yari atwite

Ubwanditsi 19 Feb 2016 IMIKINO

Miss Wema Sepetu wahoze ari umukunzi wa Diamond Platnumz nyuma bagatandukana, akaza gukundana na Idris Sultan waje no kumutera inda, kuri ubu bari mu gahinda gakomeye nyuma yo kubura impanga zari zifite ibyumweru 13.

-2184.jpg

Amakuru atangazwa n’inshuti ya hafi ya Wema Sepetu nk’uko yabitangarije Global Publisher ni uko Wema Sepetu nta kibazo na kimwe yari afite ubwo mu minsi ishize yitabiraga ibirori byabereye Maraha mu mujyi wa Dar es Salaam ndetse akaba atarigeze anywa n’inzoga ariko nyuma akaza kuremba mu buryo butunguranye.

Miss Wema Sepetu ngo yaje kumererwa nabi, mu nda haramurya cyane kugeza ubwo yajyanwe kwa muganga ariko amakuru avuga ko bari bakererewe kumujyana.

-2186.jpg
Wema ari kumwe numukunzi we Idrissa Sultan

Miss Wema wabaye Nyampinga wa Tanzania muri 2007, we n’umukunzi we Idriss ngo bagaragaye barimo kurira cyane kubera agahinda n’ububabare Wema yari afite.
Nubwo inkuru y’uko Wema yakuyemo inda yatangiye kuvugwa mu minsi ishize, kuwa 16 Gashyantare 2016 nibwo umukunzi we Idriss yabihamije akoresheje imbuga nkoranyambaga atangaza ko yabuze impanga ze.

Bamwe ariko ntabwo babyemeye nk’ukuri kuko hari abavuga ko Wema atigeze atwita kuko n’ubusanzwe ngo atabyara.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Wema Sepetu yatangaje inkuru y’akababaro, avuga ko yabuze impanga ze yari atwite ariko ashima Imana kuba we akiriho ari muzima. Yavuze kandi ko azongera agasubirayo agatwita. Yagize ati

“Ni impano, mfite akababaro kenshi magingo aya, nizera ko nageze ku rwego mu buzima bwanjye aho nshobora kuvuga nti “Imana ishimwe ” kubwa buri kimwe cyose.

-2185.jpg

Ndashima Imana kubw’abantu bamenye ibyago nagize bakabyishimira kubera impamvu zabo bwite bazi cyane. Ndashimira Imana kubw’abo bantu, mwanteye imbaraga.”

-2187.jpg

Miss Wema na Idriss batangiye gukundana mu buryo bari baragize ibanga rikomeye ariko biza kumenyekana baranabyemera nyuma yo kugaragara inshuro nyinshi bari kumwe, Idris arabyemera ndetse na Wema Sepetu agera aho yerura ko akundana na Idriss.

Tubibutse uyu mukobwa Atari ubwa mbere akuyemo inda kuko ubwa mbere yari yaratewe inda nanyakwigendera kanumba wa kiragirire mu mafirime yo muri tanzaniya iyo nda iza kuvamo uburero nubwa kabiri byari bimubayeho.


M.Fils

2016-02-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025

Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025

Ubwanditsi 16 May 2025
Mu mukino wa gishuti Amavubi yatsinze iya Sudan 1-0, FERWAFA na Muhadjiri basaba imbabazi

Mu mukino wa gishuti Amavubi yatsinze iya Sudan 1-0, FERWAFA na Muhadjiri basaba imbabazi

Ubwanditsi 20 Nov 2022
Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Ubwanditsi 23 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yafunguje Se w’umwana yateruye  i Nyamirambo  mu gihe cyo kwiyamamaza
Mu Rwanda

Perezida Kagame yafunguje Se w’umwana yateruye i Nyamirambo mu gihe cyo kwiyamamaza

Ubwanditsi 17 Sep 2017
FERWAFA yamaze gutangaza uko imikino 4 yaburaga ngo igice kibanza cya shampiyona isozwe
Amakuru

FERWAFA yamaze gutangaza uko imikino 4 yaburaga ngo igice kibanza cya shampiyona isozwe

Ubwanditsi 11 Jan 2022
Amafoto – Mu mukino wa gucuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Police FC igitego kimwe kuri kimwe
Amakuru

Amafoto – Mu mukino wa gucuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Police FC igitego kimwe kuri kimwe

Ubwanditsi 06 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru