• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Argentine yatsinze Nigeria isanga u Bufaransa muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi

Argentine yatsinze Nigeria isanga u Bufaransa muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 27 Jun 2018 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu ya Argentine yatsinze Nigeria ihagarariye Afurika ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino wa gatatu wo mu itsinda D, ikatisha itike yo gukomeza muri 1/8 cy’Igikombe cy’Isi aho izahura n’u Bufaransa.

Uyu mukino wari utegerejwe na benshi bari bateze amaso kuri Lionel Messi ufatwa nk’umucunguzi wa Argentine, wari wanagize uruhare mu gutoranya urutonde rw’abakinnyi bifashishijwe uyu munsi.

Ku rundi ruhande, Nigeria yari yitezweho kongera gutungura nk’uko yabigenje mu mukino wa gicuti uheruka guhuza amakipe yombi ikawutsinda.

Rutahizamu Lionel Messi yafashije ikipe ye gufungura amazamu ku munota wa 14 w’umukino kiza kwishyurwa na Victor Moses kuri penaliti ku wa 51.

Nigeria yakomeje kwihagararaho ariko iza gutsindwa igitego mu minota ya nyuma y’umukino ku ishoti rikomeye ryatewe na myugariro wa Manchester United, Marcos Rojo, gihesha ikipe ye gukomeza mu kindi cyiciro.

Abafana ba Argentine barimo na Diego Maradona bari mu bagera ku 64,468 barebye uyu mukino muri Saint Petersburg Stadium mu Burusiya, bahise berekana ibyishimo by’ikirenga ko igihugu cyabo cyikuyeho urubwa rwo gusezererwa mu matsinda.

Muri iri tsinda kandi Croatia yatsinze Iceland ibitego 2-1, irangiza itsinda ifite amanota icyend, Nigeria na Iceland zirasezererwa kuko Argentine yagize ane.

Argentine izacakirana n’u Bufaransa ku wa Gatandatu, tariki ya 30 Kamena 2018 mu mikino ya 1/8.

Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu

Itsinda E

- Serbia vs Brazil (20:00 Pm)

- U Busuwisi vs Costa Rica (20:00 Pm)

Itsinda F

- Mexico vs Sweden (16:00 Pm)

- Koreya y’Epfo vs Germany (16:00 Pm)

Lionel Messi mu byishimo byo gutsinda Nigeria

Argentine yakatishije itike ya 1/8

Victor Moses yatsindiye Nigeria penaliti

2018-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Ubwanditsi 26 Apr 2021
Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Ubwanditsi 11 Oct 2021
CHAN 2016: Urutonde rw’abakinnyi 23 bazahagararira Amavubi

CHAN 2016: Urutonde rw’abakinnyi 23 bazahagararira Amavubi

Ubwanditsi 08 Jan 2016
U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

Ubwanditsi 04 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo
Mu Mahanga

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Gitifu w’Akarere ka Gasabo yatawe muri yombi
ITOHOZA

Gitifu w’Akarere ka Gasabo yatawe muri yombi

Ubwanditsi 09 May 2018
Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg
INKURU NYAMUKURU

Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg

Ubwanditsi 15 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru