• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu

Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 16 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO

Abakinnyi b’abanyarwanda bakina hanze y’igihugu, bahamagawe ngo bitegure imikino ibiri isoza amatsinda yo gushaka itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroon muri 2022, batangiye kugera i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere.

Kuva tariki ya 07 Werurwe 2021, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru iri mu mwiherero utegura imikino isoza amatsinda yo gushaka itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroon muri 2022, u Rwanda rukaba rutegura imikino ibiri ruzakina na Mozambique na Cameroon

Nirisarike Salomon

Nyuma y’imyitozo imaze iminsi ikorwa n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu, ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere nibwo abakinnyi babimburiye abandi kugera mu mwiherero w’Amavubi aho bahita banakomezanya imyitozo na bagenzi babo uhereye kuri uyu wa kabiri.

Ku isonga, k’umugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 15/03/2021 nibwo kapiteni w’ikipe y’iguhugu Amavubi, Haruna Niyonzima ukinira ikipe ya Young Africans yo mu gihugu cya Tanzania yageze i Nyamata akurikirwa na myugariro Amavubi Salomo Nirisarike ukinira Urartu FC yo mu gihugu cy’Armenia.

Uko gahunda yose iteye:

▪️ Rubanguka Steven, umunyarwanda ukina hagati mu kibuga muri AE Karaiskakis FC yo mu cyiciro cya kabiri mu Bugeleki we azagera mu Rwanda kuwa Gatatu tariki ya 17 Werurwe 2021, saa mbili na 15′ z’amanywa

▪️ Mukunzi Yannick ukina hagati mu kibuga muri IF Sandvikens yo mu cyiciro cya gatatu muri Sweden azagera mu Rwanda kuwa Gatanu tariki ya 19 Werurwe 2021, saa mbili n’iminota itanu zo ku manywa

▪️ Kagere Meddie, Rutahizamu wa Simba SC yo muri Tanzania azagera mu Rwanda kuwa Gatanu tariki ya 19 Werurwe 2021, saa kumi n’ebyiri n’igice za nimugoroba

▪️ Mvuyekure Emery ukina nk’umunyezamu wa Tusker yo muri Kenya nawe azagera mu Rwanda ku cyumweru tariki ya 21 Werurwe 2021, saa tanu na 50′ zo ku manywa.

▪️ Rwatubyaye Abdoul na Muhire Kevin bo igihe bazazira ntikiramenyekana.

U Rwanda na Mozambique bazakina kuwa gatatu w’icyumweru gitaha tariki ya 24 Werurwe 2021, ni umukino uzayoborwa na Issa Sy uzasifura hagati mu Djibril Camara na El Hadji Malick bombi b’abanya-Senegal bazaba bari ku mpande, Diouf Adalbert azaba ari umusifuzi wa kane, umunya – Ethiopia Salomon Gebresilasie Adebe azaba ari komiseri w’umukino mu gihe Umurundi Nyamusore azaba ashinzwe kureba ibijyanye na Covid-19.

2021-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 03 Jul 2023
Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Ubwanditsi 25 Nov 2020
Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwanditsi 09 Sep 2024
FDLR ni nka wa mupfu babwiye bati inzu irahiye, we ati nimusase turyame!

FDLR ni nka wa mupfu babwiye bati inzu irahiye, we ati nimusase turyame!

Ubwanditsi 30 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Ubwanditsi 18 Jun 2019
Amafoto – Lionel Messi yegukanye igihembo cya Ballon d’Or 2021 aba uwa mbere ufite ugize nyinshi, aho kugeza ubu yujuje iya 7
Amakuru

Amafoto – Lionel Messi yegukanye igihembo cya Ballon d’Or 2021 aba uwa mbere ufite ugize nyinshi, aho kugeza ubu yujuje iya 7

Ubwanditsi 30 Nov 2021
Perezida Museveni  yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza

Ubwanditsi 27 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru