• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu

Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 16 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO

Abakinnyi b’abanyarwanda bakina hanze y’igihugu, bahamagawe ngo bitegure imikino ibiri isoza amatsinda yo gushaka itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroon muri 2022, batangiye kugera i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere.

Kuva tariki ya 07 Werurwe 2021, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru iri mu mwiherero utegura imikino isoza amatsinda yo gushaka itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroon muri 2022, u Rwanda rukaba rutegura imikino ibiri ruzakina na Mozambique na Cameroon

Nirisarike Salomon

Nyuma y’imyitozo imaze iminsi ikorwa n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu, ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere nibwo abakinnyi babimburiye abandi kugera mu mwiherero w’Amavubi aho bahita banakomezanya imyitozo na bagenzi babo uhereye kuri uyu wa kabiri.

Ku isonga, k’umugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 15/03/2021 nibwo kapiteni w’ikipe y’iguhugu Amavubi, Haruna Niyonzima ukinira ikipe ya Young Africans yo mu gihugu cya Tanzania yageze i Nyamata akurikirwa na myugariro Amavubi Salomo Nirisarike ukinira Urartu FC yo mu gihugu cy’Armenia.

Uko gahunda yose iteye:

▪️ Rubanguka Steven, umunyarwanda ukina hagati mu kibuga muri AE Karaiskakis FC yo mu cyiciro cya kabiri mu Bugeleki we azagera mu Rwanda kuwa Gatatu tariki ya 17 Werurwe 2021, saa mbili na 15′ z’amanywa

▪️ Mukunzi Yannick ukina hagati mu kibuga muri IF Sandvikens yo mu cyiciro cya gatatu muri Sweden azagera mu Rwanda kuwa Gatanu tariki ya 19 Werurwe 2021, saa mbili n’iminota itanu zo ku manywa

▪️ Kagere Meddie, Rutahizamu wa Simba SC yo muri Tanzania azagera mu Rwanda kuwa Gatanu tariki ya 19 Werurwe 2021, saa kumi n’ebyiri n’igice za nimugoroba

▪️ Mvuyekure Emery ukina nk’umunyezamu wa Tusker yo muri Kenya nawe azagera mu Rwanda ku cyumweru tariki ya 21 Werurwe 2021, saa tanu na 50′ zo ku manywa.

▪️ Rwatubyaye Abdoul na Muhire Kevin bo igihe bazazira ntikiramenyekana.

U Rwanda na Mozambique bazakina kuwa gatatu w’icyumweru gitaha tariki ya 24 Werurwe 2021, ni umukino uzayoborwa na Issa Sy uzasifura hagati mu Djibril Camara na El Hadji Malick bombi b’abanya-Senegal bazaba bari ku mpande, Diouf Adalbert azaba ari umusifuzi wa kane, umunya – Ethiopia Salomon Gebresilasie Adebe azaba ari komiseri w’umukino mu gihe Umurundi Nyamusore azaba ashinzwe kureba ibijyanye na Covid-19.

2021-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo

Ubwanditsi 10 Dec 2025
Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwanditsi 09 Mar 2022
Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Ubwanditsi 29 Aug 2024
FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

Ubwanditsi 10 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda
ITOHOZA

Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Abari abayobozi ba ADEPR bitabye Urukiko Rukuru bajuririra gufungwa by’agateganyo
ITOHOZA

Abari abayobozi ba ADEPR bitabye Urukiko Rukuru bajuririra gufungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 01 Jun 2017
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0
IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0

Ubwanditsi 07 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru