• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma yaho Nyina umubyara asahuriye Ambasade akigurira inzu muri Amerika, umuhungu we Bikorwa Freeman arakataje mu ngengabitekerezo ya Jenoside

Nyuma yaho Nyina umubyara asahuriye Ambasade akigurira inzu muri Amerika, umuhungu we Bikorwa Freeman arakataje mu ngengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 26 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Singirankabo Bikorwa Freeman uzwi cyane kuri Internet mu mugambi ugayitse wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ni umuhungu wa Tangishaka David na Mariane Baziruwiha. Uyu Nyina umubyara Mariane Baziruwiha, Jenoside ikirangira yoherejwe muri Ambasade y’u Rwanda muri Amerika ariko we ahitamo gufata amafaranga bari bamuhaye y’ingengo y’imari ya Ambasade arayatwara ku manwa y’ihangu yiguriramo inzu y’igitangaza ubwo abeshya ko ahunze.

Baziruwiha yahawe akazi muri Ambasade tariki ya 4 Ukuboza 1995 yirukanwa tariki ya 21 Gicurasi 1996 kubera kunyereza akayabo. Usibye kunyereza amafaranga, Baziruwiha yakoranaga n’abantu bakoze muri Guverinoma y’Abajenosideri. Burya wasiga ikikwirukankaho ariko ntiwasiga ikikurimo.

Ibi byabaye mu gihe na JMV Ndagijimana nawe akiri Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga nawe yanyereje amafaranga akavuga ko ahunze. Mu bushobozi buke bwa Leta y’u Rwanda itari ifite ubushobozi, ikaba yarakoresheje amafaranga menshi ya FPR Inkotanyi, abo ba bihemu bo bahisemo kuyashyira ku mufuka wabo.

Ababyeyi ba Bikorwa Freeman bize ubuhinzi akaba ariyo mpamvu bakoraga mu mishanga y’ubuhinzi. Nyuma yo kwirukanwa muri Ambasade, nyina wa Bikorwa ariwe Baziruwiha yagiye yihuza n’abarwanya u Rwanda. Yashatse kwinjira muri RNC igitangira ariko kuko adacana uwaka na Theogene Rudasingwa ahitamo kujya muri CNR Intwari ya Habyarimana Emmanuel nawe wahunze u Rwanda.

Nubwo Singirankabo Bikorwa Freeman yize ikoranabuhanga akora mu igaraji akabifatanya no gukora ibiganiro bihakana Jenoside yakorewe Abatutsi aho akoresha cyane cyane abana bakomoka ku bakoze amahano mu Rwanda cyane cyane ababarizwa muri JAMBO asbl, ndetse n’abana ba Habyarimana.

Ibikorwa na Bikorwa ni umurage mubi akomora ku babyeyi be, ariko hakiyongeraho n’amaco y’inda yo gushaka indonke kuri Youtube icyarimwe.

2021-04-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

RUSHYASHYA 26 Nov 2025
APR FC yatsinze Musanze ishimangira umwanya wa mbere, Rayon Sports yafashe umwanya wa Kabiri itsinze Marine FC

APR FC yatsinze Musanze ishimangira umwanya wa mbere, Rayon Sports yafashe umwanya wa Kabiri itsinze Marine FC

Ubwanditsi 05 Feb 2024
Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika

Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika

Ubwanditsi 27 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwakubise Mowzey Radio bikamuviramo urupfu yagejejwe mu rukiko
INKURU NYAMUKURU

Uwakubise Mowzey Radio bikamuviramo urupfu yagejejwe mu rukiko

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Bishop Rugagi washyize ku isoko akanagurisha udutabo tudasanzwe duhesha kurongorwa, akazi, gukira indwara n’ibindi, arakekwa amababa. (Amafoto)
Mu Rwanda

Bishop Rugagi washyize ku isoko akanagurisha udutabo tudasanzwe duhesha kurongorwa, akazi, gukira indwara n’ibindi, arakekwa amababa. (Amafoto)

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru