• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

Ubwanditsi 23 Aug 2018 POLITIKI

Abakandida bahagarariye Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza, PSD, bijeje abanyarwanda ko nibabatorera kujya mu Nteko Ishinga Amategeko, bazaharanira ko hajyaho umurongo uboneye amakoperative akoreramo, hagamijwe guteza imbere abanyamuryango bayo.

Byagarutsweho kuri uyu wa 22 Kanama 2018 ubwo iri shyaka rifite abakandida-depite 65 ryiyamamarizaga mu Karere ka Musanze, hitegurwa amatora ateganyijwe ku wa 2 na 3 Nzeri 2018.

Niyonsenga Theodomir usanzwe ari n’Umunyamabanga Mukuru wungirije ushinzwe urubyiruko, yavuze ko nibajya mu Nteko Ishinga Amategeko bazaharanira ko hajyaho banki y’ubuhinzi n’ubworozi, kugira ngo abakora muri iyi mirimo barusheho gutera imbere.

Yakomeje agira ati “Abadepite bacu turifuza ko bazaharanira ko hajyaho banki y’ubuhinzi n’ubworozi kugira ngo butere imbere ndetse n’abantu batandukanye bashoremo imari, kuko bizaba byoroshye kubona inguzanyo ndetse n’abantu bakora iyo mirimo babone ubwishingizi.”

“Ikindi ni uko PSD izaharanira ko amakoperative y’abahinzi by’umwihariko ab’ibirayi aba ateza imbere abanyamuryango, tugaharanira ko imicungire n’imiyoborere inoga kandi igashimangira guteza imbere abanyamuryango kugira ngo abahinzi b’ibirayi abe aribo bagira inyungu kurusha ababicuruza.”

Muhakwa Valens unayobora iri shyaka mu Ntara y’Amajyaruguru we yijeje abaturage ko muri iyi manda ya 2018/2023 bazaharanira iyubahirizwa ry’amahame yo gukumira no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, Ihame ry’Uburinganire ry’abagabo n’abagore kuko igihugu kidashobora kugera ku iterambere umugore atabigizemo uruhare.

Yanavuze ko mu mategeko bazatora bazaharanira ko abanyarwanda bahabwa ubutabera bubanogeye, bakanashyirirwaho uburyo bwo kubakemurira ibibazo by’amakimbirane bitanyuze mu nkiko.

Yakomeje agira ati “Tuzaharanira ko gukemura amakimbirane bikorwa binyuze mu bwumvikane hatabanje kwitabazwa inkiko kuko murabizi inkiko zifata umwaya muremure kandi hakavamo igisubizo cy’uko haboneka utsinda n’utsindwa (…) Ariko kandi hari igihe habaho ibibazo bidashobora gukemurwa muri ubwo buryo.”

“Turimo duharanira ko igihe habayeho ko umuntu ajya mu nkiko yatanga ingwate aho kugira ngo aburane afunzwe, hanyuma akaburana ari hanze, urukiko rugafata umwanzuro agahabwa ibihano.”

Uwera Pelagie we yashimangiye ko bashaka amajwi kugira ngo bazabere abaturage intumwa nziza binyuze muri gahunda nziza bafite zirimo kurwanya ihohoterwa.

Ati “Ishyaka PSD ryatekereje gukomeza gushimangira ubwuzuzanye, umuryango wose nta hohoterwa. Ishyaka PSD riramagana ihohoterwa iryo ariryo ryose ricike burundu. Nimutore PSD kugira ngo ibabere intumwa itumika.”

Umuyobozi Mukuru w’Ishyaka, PSD, Dr Vincent Biruta yashimangiye ko bafite ingingo 41 zisobanura imigabo n’imigambi y’ibyo bazaheza ku banyarwanda muri iyi myaka itanu iri imbere, zikubiye mu nkingi ya Politiki, Imiyoborere n’ububanyi n’amahanga, Ubukungu n’Imibereho myiza y’abaturage.

Dr Biruta yavuze ko muri aka karere ka Musanze bazashyira imbaraga mu micungire y’amakoperative y’abahinzi b’ibirayi akagirira akamaro abahinzi b’ibirayi aho kigira ngo agirire akamaro abayobozi n’abacuruzi gusa.

Perezida wa PSD Dr Vincent Biruta yavuze ko bazashyira imbere kunoza imikorere y’amakoperative

Abayobozi ba PSD bitabiriye ibikorwa byo kwamamaza abakandida-Depite bayo

Abaturage benshi bakoraniye kuri Stade Ubworoherane i Musanze bumva imigabo n’imigambi bya PSD

2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame asanga Afurika ikwiye gukuraho inzitizi z’ubuhahirane

Perezida Kagame asanga Afurika ikwiye gukuraho inzitizi z’ubuhahirane

Ubwanditsi 02 Jul 2017
Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024
Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Ubwanditsi 15 May 2024
Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Ubwanditsi 11 Oct 2024

Igitekerezo kimwe

  1. twubakane
    August 24, 20181:09 pm -

    Ubu mwategereje iyo myaka yose kugirango amakoperative anozwe????????????????????????????????????????. Abamotari nibagende bararika.!!!!!!!!!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Umuzamu warindaga Umurenge Sacco yishwe n’abajura, undi arakomereka
Mu Mahanga

Kigali: Umuzamu warindaga Umurenge Sacco yishwe n’abajura, undi arakomereka

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Ragga Dee agiye gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri agizwe Ambasaderi
HIRYA NO HINO

Ragga Dee agiye gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri agizwe Ambasaderi

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Abatuye muri Rutsiro bakanguriwe kutangiza ibidukikije
Mu Mahanga

Abatuye muri Rutsiro bakanguriwe kutangiza ibidukikije

Ubwanditsi 04 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru