• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mamadou Sy na Dauda Youssef bari bahagaritswe na APR FC, bababariwe basubizwa mu kazi

Mamadou Sy na Dauda Youssef bari bahagaritswe na APR FC, bababariwe basubizwa mu kazi

Ubwanditsi 31 Oct 2025 Amakuru, IMIKINO

APR Football Club yatangaje imyanzuro yafashwe n’itsinda rishinzwe imyitwarire nyuma y’uko abakinnyi babiri, Dauda Yussif na Sy Mamadou, bagaragaje imyitwarire idahwitse mu gihe ikipe yari mu myiteguro y’imikino ya CAF Champions League yakinirwaga na Pyramids FC.


Nk’uko biteganywa n’amategeko n’amabwiriza agenga ikipe,
Komite ishinzwe imyitwarire yahise itoranywa kugira ngo ikurikirane iki kibazo cyabaye mu gihe ikipe yari mu mwiherero ukomeye w’imyiteguro.

Nyuma yo gusuzuma no gusesengura ibimenyetso, Komite yasanze aba bakinnyi bombi bararenze ku mabwiriza y’ikipe ndetse n’ay’abatoza, bigaragaza imyitwarire idahwitse. Kubera ibyo, bafatiwe icyemezo cyo kubavanamo by’agateganyo mu gihe iperereza ryari rigikorwa.

Nyuma y’isesengura ryimbitse, Komite yasanze imyitwarire yabo itari mu murongo w’indangagaciro z’ikipe, bityo ifata icyemezo cyo kubaha umuburo no kubibutsa inshingano zabo nk’abakinnyi ba APR FC.

Mu ngingo ya kane y’itangazo, APR FC yatangaje ko mu kumva uruhande rw’aba bakinnyi, bemeye amakosa yabo, basaba imbabazi, kandi biyemeza gukurikiza amabwiriza y’ikipe.

Komite, nyuma yo gusuzuma neza uko ibintu byagenze, yafashe icyemezo cyo kubaha umuburo wa nyuma mu nyandiko ndetse inashyiraho ingamba z’inyongera z’imyitwarire, bityo abasubiza mu mwiherero hamwe na bagenzi babo.

Komite ishinzwe imyitwarire igizwe na:

• Col (Lt) V. Mugisha, Umunyamabanga Mukuru akaba na Perezida wa Komite

• Lt Col J. P. R. Ruhorohoza, Umukozi ushinzwe amategeko

• Lt Francine, Ubuyobozi bwungirije

Mu nama ya Komite, umuyobozi wa APR FC yari ahari nk’umureberera.


Mu gusoza,
Brig. Gen. Deo Rusanganwa, Umuyobozi wa APR FC, yashimangiye ko ikipe izakomeza gukurikiza indangagaciro zayo zirimo ikinyabupfura, ubunyangamugayo, umurava n’urukundo rw’igihugu, kuko aribyo shingiro ry’intsinzi y’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Nyuma y’ibi byemezo, APR FC ikomeje imyiteguro y’umukino bazahura na Rutsiro FC mu mukino wa Shampiyona uteganyijwe kubera i Rubavu kuri uyu wa Gatandatu.

2025-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Callixte Nsabimana yibukije Paul Rusesabagina ko ari umunyarwanda yareka ibyo gutinza urubanza

Callixte Nsabimana yibukije Paul Rusesabagina ko ari umunyarwanda yareka ibyo gutinza urubanza

Ubwanditsi 17 Feb 2021
Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw’uyu mutwe w’iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE.

Ubwanditsi 23 Nov 2020
Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Ubwanditsi 31 Dec 2019
Rayon Sports irabona umutoza mukuru bitarenze iki cyumweru – Perezida Uwayezu Jean Fidèle

Rayon Sports irabona umutoza mukuru bitarenze iki cyumweru – Perezida Uwayezu Jean Fidèle

Ubwanditsi 16 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwamaganye ibyo kugaba igitero mu Burundi
Mu Mahanga

U Rwanda rwamaganye ibyo kugaba igitero mu Burundi

Ubwanditsi 07 Oct 2016
APR FC yanyagiye Marines FC ikomeza kwanikira Rayon Sports
IMIKINO

APR FC yanyagiye Marines FC ikomeza kwanikira Rayon Sports

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Babiri bafunzwe bazira gufatanwa amafaranga y’amiganano
ITOHOZA

Babiri bafunzwe bazira gufatanwa amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 08 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru