• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Byasabye iminota y’inyongera ngo Senegal itsinde Amavubi, Umunsi wa 29 na 30 wa shampiyona y’u Rwanda yegejwe inyuma ho umunsi umwe

Byasabye iminota y’inyongera ngo Senegal itsinde Amavubi, Umunsi wa 29 na 30 wa shampiyona y’u Rwanda yegejwe inyuma ho umunsi umwe

Ubwanditsi 08 Jun 2022 Amakuru, IMIKINO

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri, mu gihugu cya Senegal habereye umukino w’umunsi wa kabiri w’amatsinda yo gushaka itike yo gukina igikombe cya Afurika 2023 wahuje u Rwanda rwari kariye Senegal.

 Ni umukino wakinwe ku isaha ya saa tatu z’ijoro ku isaha yo mu Rwanda, ni umukino wari wabaye mwiza ku ruhande rw’Amavubi kugeza ubwo byageze ku munota wa 5 w’inyongera kugirango Senegal ibone penaliti yatsinzwe na Sadio Mane birangira ikipe y’u Rwanda itsinzwe uyu mukino.

Uyu mukino wabereye kuri Me Abdoulaye Wade stadium, watangiye ikipe ya Senegal isatira cyane izamu ry’u Rwanda ryagiye rirokorwa cyane n’umunyezamu Olivier Kwizera wanigaragaje cyane kugeza mu minota 90 amakipe yombi anganya 0-0.


Gutakaza uyu mukino ku ruhande rw’Amavubi, bivuzeko mu mikino ibiri ifite inota rimwe dore ko iheruka kunganya na Mozambique 1-1, kuri uyu wa gatatu kandi mu mikino yo muri iri tsinda L, ikipe ya Benin irakina na Mozambique.


Usibye uyu mukino w’u Rwanda na Senegal, dore uko indi mikino yo guhatanira itike yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika 2023 kizabera muri Cote d’Ivoire yaraye igenze:


Eswatini 1-3 Burkina Faso
Zambia 2-1 Comoros
Cape Verde 2-0 Togo

Uko imikino ikinwa kuri uyu munsi:

Uganda vs Niger
Gabon vs Mauritania
Congo vs Gambia
Tanzania vs Algeria
Benin vs Mozambique
Sudan vs DR Congo

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryamaze gutangaza ko imikino ya shampiyona y’umunsi wa 29 yari iteganyijwe gukinwa mu mpera z’iki cyumweru yegejwe inyuma ishyirwa ku itariki ya 13 na 14 kamena 2022.


Ni mu gihe umunsi uzasoza shampiyona, ubwo ni ukuvuga umunsi wa 30 uzakinwa kuya 16, 17 na 18 Kamena 2022 ari nabwo hazatangwa igikombe ku ikipe izaba yitwaye neza kurusha izindi muri uyu mwaka w’imikino wa 2021-2022.

Izi mpinduka zikaba zatewe n’uko ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi azagera i Kigali mu rukerera rwa tariki ya 10 Kamena 2022 bavuye muri Senegal aho baraye bakinnye umukino wo guhatanira itike y’igikombe cy Afurika 2023.

2022-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mayweather yatsinze MacGregor Umunya-Ireland

Mayweather yatsinze MacGregor Umunya-Ireland

Ubwanditsi 27 Aug 2017
Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Ubwanditsi 29 Jul 2025
APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

Ubwanditsi 16 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira
INKURU NYAMUKURU

Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Ubwanditsi 16 Apr 2020
Champions League: Liverpool yakosoye Manchester City, FC Barcelone inyagira AS Roma
IMIKINO

Champions League: Liverpool yakosoye Manchester City, FC Barcelone inyagira AS Roma

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere- Perezida Idriss Déby
Mu Rwanda

Ubushake bukomeye burahari, ubu maze gufata Passport ya Africa ariko ndumva wagira ngo ni njye munyafrica wa mbere- Perezida Idriss Déby

Ubwanditsi 18 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru