• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Ubwanditsi 26 Jul 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe, Dr Edourad Ngirente yavuze ko Leta y’u Rwanda idashobora gushyira agahato ku baturage kugira ngo bagire umubare ntarengwa w’abana bagomba kubyara, gusa ngo izakomeza ubukangurambaga kugira ngo babyare abo bashoboye kurera.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, gahunda za Guverinoma ku bikorwa byo kunoza gahunda mbonezamikurire y’abana bato, igamije guteza imbere imikurire y’abana bakivuka kugeza ku myaka itandatu no guhugura umuryango ku kwita ku mikurire y’abana kugira ngo bakure mu bwenge, mu gihagararo, n’umutekano.

Abagize Inteko Ishinga Amategeko bashimye ibyo Leta imaze gukora ariko bagaragaza impungenge mu gihe nta ngamba zifashwe ku bwiyongere bw’abaturage butajyanye n’ubushobozi bwabo.

Buri mwaka Abanyarwanda biyongera ku kigero cya 2.6 %, ubu imibare ikaba yerekana ko nibura umugore umwe mu Rwanda abyara abana 4.

Depite Nyirarukundo Ignacienne yagize ati “Ntabwo Abanyarwanda bayobewe kurera abana babo ariko n’imibare ubwayo irivugira. Kuva ku bana 5.6 ukagera kuri 4.3 mu myaka hafi 20, ni ukuvuga ngo tuzagera ku bana babiri nkuko abantu babyifuzaga mu gihe cy’imyaka nka 60.Ntabwo dukwiye kubwira umuntu ko kubyara umwana umwe ari ikinegu.”

Depite Nkusi Juvènal we yavuze ko kuba ababyeyi babyara abana benshi ari kimwe mu bituma batabasha no kubitaho ku buryo baramutse babyaye bake bitaba ngombwa ko Leta ariyo ibitaho.

Yagize ati “Mu myaka itatu ubwonko bw’umwana buba bugeze kuri 80 % bukura, muri iyo myaka umugore aba amaze kubyara abana batatu. Mwambwira ukuntu azita kuri abo bana atwite, abonsa, abagaburira? Ni intambara tudashobora gutsinda kuko mu bigaragara umuntu ubyara buri mwaka kugira ngo ashobore kurangiza ziriya nshingano birakomeye.”

Nkusi yavuze ko hakwiye ingamba zikomeye harebwa ku nyungu z’igihugu. Ati “Hakwiye ko igihugu kigafata ibyemezo. Turabibona ariko bigakomeza bikagumaho. Yego ni uburenganzira bwa muntu ariko se uburenganzira bwa muntu buruta burenganzira n’ubushobozi bw’igihugu?”

Visi Perezida w’Umutwe w’abadepite, Mukama Abbas we yasabye ko ubukangurambaga bukorwa ariko byaba na ngombwa hagatangwa ibihano.

Ati “Twagombye gutekereza uru Rwanda abo tuzarusigira. None se nidukomeza gutya amafaranga y’igihugu aho kugira ngo ajye mu iterambere akajya muri izo gahunda zindi bizarangira bite? Iyi gahunda yo kuringaniza imbyaro nibiba ngombwa hazafatwa icyemezo gikomeye ariko turengere igihugu cyacu […] Nibiba ngombwa hakaba n’ibihano bikorwe. Nidutinya nitwe tuzabibazwa.”

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko bikwiye ko ubukangurambaga mu kuboneza urubyaro bwongerwa ariko avuga ko nta we Leta yahatira kugira umubare runaka w’abana adashobora kurenza.

Yagize ati “Ni ikibazo tuzi. Nta mubare uhari mu Rwanda twabwiye abantu ngo mutazarenza abana aba n’aba, ariko kwigisha abantu ko umuntu yagakwiye kubyara abo ashoboye kurera, ubwo bukangurambaga dukomeza kubukora kandi tuzabwongeramo imbaraga.”

Dr Ngirente yagaragaje ko ubusanzwe umubyeyi akwiye kwita ku bana yabyaye ngo ari nacyo bazakomeza gushimangira.

Ati “Umuntu ubyaye yagombye kurera, nubwo Leta ifasha ariko umuntu urera wa mbere ni umubyeyi. Ababyeyi rero kurera bisobanuye ko bagira ubushobozi bugomba kugendana n’abana umuntu abyaye […] Twe nka Leta ntabwo tuvuga umubare w’abana umuntu abyara ariko twumvisha abantu ko bagomba kubyara abana bazarerwa kandi bakavamo abanyarwanda beza.”

Kugeza ubu abanyarwanda basaga miliyoni 12. Muri Gashyantare Ikigo cy’Igihugu cy’ibarurishamibare cyatangarije abasenateri ko ibipimo bigaragaza ko leta nikomeza gushyiraho uburyo buhamye bwo kuboneza urubyaro, abaturage bazikuba inshuro ebyiri mu 2050, mu gihe zitashyirwaho bakikuba inshuro eshatu.

2018-07-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Uganda: Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.

Miliyoni 220 Frw nizo zigenewe imitwe ya Politike mu kwitegura Amatora y’Abadepite.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho

Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho

Ubwanditsi 24 Feb 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Kalisa
    August 1, 20187:21 am -

    Oya ntabwo twakomeza kuriya byaba ari kutareba kure.Umuturage uzabyara abana 11 azabareresha iki? baziga bate? Yego tuzi abarwanyaga ONAPO nibisubireho bayisubizeho kandi hashyirweho umubare ntarengwa famille yakagombye kubyara ,tuvuge 3.Kubyara umwe ntibibe igitutsi.Ndetse no kutabyara ababyifuza bakabikora.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igisilikare cy’ u Burundi  kimaze guhakana ko  ntawabuhungiyeho amaze kurasa abantu i Rusizi mu Rwanda
ITOHOZA

Igisilikare cy’ u Burundi kimaze guhakana ko ntawabuhungiyeho amaze kurasa abantu i Rusizi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryahakanye ibyitangira rya shampiyona byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF
Amakuru

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryahakanye ibyitangira rya shampiyona byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF

Ubwanditsi 22 Mar 2021
USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya  ‘ The Nantucket Project ‘
ITOHOZA

USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya ‘ The Nantucket Project ‘

Ubwanditsi 17 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru