• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Iturufu ryo kumara abanyarwanda inzara Dr Frank niryo akomeje gukoresha muturere twose ajyamo

Iturufu ryo kumara abanyarwanda inzara Dr Frank niryo akomeje gukoresha muturere twose ajyamo

Ubwanditsi 25 Jul 2017 Mu Rwanda

Umukandida w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, Dr Frank Habineza, yatangaje ko agiye gufata ingamba zigamije kurwanya amapfa, ibura ry’imvura n’inzara byakunze kuvugwa mu karere ka Bugesera.

Dr Habineza usigaye ufite izina ry’akabyiniro ka Dr Kimaranzara, yavuze ko ibyo bibazo byakunze kugaragara mu karere ka Bugesera abizi kandi bamaze igihe babishakira igisubizo kirambye. Yabivuze ubwo yahiyamamarizaga mu Murenge wa Juru hafi y’isoko rya Kabukuba ejo ku wa Mbere tariki ya 24 Nyakanga 2017.

Ibyo ngo bazabikemura bafata amazi y’uruzi rw’Akagera bayakoreshe mu kuvomerera imirima yo mu Bugesera, kuko ngo aya mazi ari yo atunze miliyoni 80 z’Abanyamisiri nkaho yakoreshejwe mu guhaza Abanyarwanda.

Abaturage kandi ngo bazahabwa amazi meza abarinda kurwara indwara ziterwa n’umwanda wo mu mazi mabi. Ibyo ngo azabikora ageza ivomo byibura ku ngo eshanu.

Abaturage kandi ngo bazahabwa ibishanga byahawe abanyamahanga, kuko ngo byahawe aba banyamahanga abaturage batagishijwe inama, ku buryo usanga n’ibihinzwemo, ni ukuvuga ibisheke usanga ngo abaturage batabibonaho ndetse n’isukari ivamo ntigere ku bakene.

Ibyo bishanga ngo bizahabwa abaturage bajye babihinga mu gihe cy’izuba, bahingemo ibiribwa bashaka biteze imbere.

Abana kandi ngo biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya bahabwa ifunguro rishyushye ku ishuri.

Abaturage bimuwe ahari gusizwa ikibuga cy’indege nabo ngo bazahabwa amafaranga akwiye kuko ngo hari ibitarabashimishije mu kwimurwa.

Ati “Tuzi ko abantu bahora barira bavuga bati ntabwo twishyuwe amafaranga yacu cyangwa se yatinze kuza n’abayabonye ntibabyishimira, iyo gahunda tuzayivugurura, aho azajya agende yishimye atagenda arira.”

Mu bijyanye no kurwanya inzara ngo azafasha ko u Rwanda rukomeza gutsura umubano n’u Burundi ku buryo abaturage bongera guhahirana.

Abaturage kandi ngo ntibazongera kwishyura imisoro ya gakondo yabo, ku butaka bazajya bakoresha uko bashaka.

-7343.jpg

Abaturage bitabiriye bari bake cyane

Abana bazahabwa inkoko n’inkwavu, abakuru bahabwe ihene ingurube n’andi matungo magufi, ngo bashobore kuyahabwa biteza imbere.

Mu murenge wa juru, azakora umuhanda wa Kaburimbo uva mu murenge wa Nyamata.

Abakemanga aho Green Party izavana ubushobozi bwo gukora ibyo abasezeranya, Dr Habineza avuga ko u Rwanda rutigeze rubura amafaranga, umugenzuzi mukuru w’imari ya leta yatangaje ko 40% by’ingengo y’imari yaburiwe irengero, ndetse atangaza n’abayariye, ariko ntihagira igikorwa, hanafatwa, hagafatwa amafi matoya atayishyura.

Habineza ngo azafunga inzira zose ayo mafaranga yanyuragamo, afunge ahaca ruswa, ayatakaraga nagarurwa ntihazabura amafaranga akoreshwa.

Akomeza avuga ko u Rwanda rufite umutungo kamere urimo peteroli igiye gucukurwa mu minsi iri imbere, ku buryo nicukurwa amafaranga aziyongera. Gusa ngo n’ahari arahagije ahubwo ngo akoreshwa nabi.

-7344.jpg

Umukandida Dr.Frank Habineza

2017-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Umuyobozi ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali yeguye

Umuyobozi ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali yeguye

Ubwanditsi 16 May 2018
Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ubwanditsi 28 Jan 2022
Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 17 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kanyankole Alex wahoze ayobora BRD yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kanyankole Alex wahoze ayobora BRD yatawe muri yombi

Ubwanditsi 03 Oct 2018
Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere
IKORANABUHANGA

Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Ubwanditsi 05 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru