• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uganda: Amashusho agaragaza uko Sgt (Rtd) Rutagungira yashimuswe

Uganda: Amashusho agaragaza uko Sgt (Rtd) Rutagungira yashimuswe

Ubwanditsi 11 Aug 2017 Mu Rwanda

Amashusho ya camera yafatiwe mu kabari Sgt (Rtd) Rene Rutagungira yashimutiwemo mu gihugu cya Uganda yagiye ahagaragara, aho agaragaza uko byagenze n’abantu bamushimuse bamusohora muri ako kabari kitwa Bahamas Bar.

Nk’uko aya mashusho ya CCTV abigaragaza, abagabo babiri bose bambaye sivile binjira muri ako kabari bagatumiza icyo kunywa, nyuma gato hakinjira undi wambaye ikoti ry’uruhu ryirabura n’ingofero, akegera aba akabereka aho Rene Rutagungira aba yicaye.

Amakuru agera ku kinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru ndetse nk’uko twabibagejejeho mu nkuru iheruka kuri iki kibazo, ngo ni uko uyu mugabo w’ingofero ari umusirikare ufite ipeti rya Capt. mu ngabo za Uganda .

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko abashakaga gushimuta Rutagungira babanje gutinya gato kuba bahanganira nawe muri aka kabari, nyuma hakoherezwa umuntu kumubwira ko hari umuntu ushaka ko bavugana hanze undi aragenda, ariko akijya gusohoka ngo yahise yiyumvamo ko agiye mu mutego ashaka gushidikanya, maze ba bagabo 2 bari bakomeje kumugenza mu kabari na bo bahise bahaguruka bamukurikiye mbere yo kumufata no kumusohora nabi mu kabari nk’uko amashusho abigaragaza.

Bageze hanze, aba bafashe Rutagungira bafashijwe na wa mu captain, bamwinjije mu modoka ya Toyota Corolla yari iri hanze ihita iva aho. Rutagungira ngo yagerageje kwirwanaho ariko abo bantu bamurusha imbaraga.

Nk’uko byemezwa n’umugore we, Jacinta Dusangeyezu, ngo umugabo we yatwawe mu modoka ifite purake UAT 694T.

Mu kiganiro uyu mugore wa Rutagungira yahaye Chimpreports yavuze ko yahamagawe saa cyenda z’ijoro, mu gihe umugabo we yashimuswe saa munani n’iminota mikeya, ahita ajya ku cyicaro cya polisi muri Old Kampala gutabaza.

Mu byo yabwiye polisi rero ngo harimo kuba ari abantu bo mu ihuriro RNC rirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, bashobora kuba barashimuse umugabo we kuko bari bamusabye ko bakorana akanga.

Uyu mugore kandi avuga ko uwo musirikare (Captain) watwaye umugabo we yabanje kwereka ushinzwe umutekano ku kabari ikarita ye y’akazi undi agahita ajya kumwereka aho Rene Rutagungira yari yicaye.

Dusangeyezu akaba avuga ko we n’abana babo babiri bahangayitse kuva umugabo we yashimutwa kuko ari we wari utunze umuryango, mbere yo kongeraho ko bagerageje ibishoboka ariko ntacyo bitanga.

Uwacuze uyu mugambi wo gushimuta Rutagungira ntarasobanuka

Umuvugizi w’igipolisi cya Uganda, Asan Kasingye yabwiye itangazamakuru ko bari mu iperereza, mu gihe Umuvugizi wungirije w’igisirikare, Lt Col. Deo Akiiki we avuga ko batazi ibya Rene nawe yabibonye ku mbuga nkoranyambaga agiye gushyingura Brig. Kyabihende uherutse kwitaba Imana.

Abajijwe niba UPDF yaragize uruhare muri iri shimutwa, Akiiki yasubije agira ati: “Ntabwo tujya dushimuta abantu. Nta makuru nigeze mbona ko twari tubirimo. Kugeza ubu nanjye nta makuru mfite nkawe”.

Uyu akaba yari yijeje iki kinyamakuru ko nabona amakuru amashya azakibwira ariko ngo inkuru yasohowe ntacyo aragitangariza ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane.

Si inshuro ya mbere uwahoze mu gisirikare cy’u Rwanda yaba ashimutiwe muri Uganda. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikaba ikunze gutunga urutoki inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Ubwo yabazwaga niba u Rwanda rwaba rufite uruhare muri iri shimutwa rya Rutagungira, Umukuru w’igipolisi cy’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana yabiteye utwatsi avuga ko nta ruhare bafitemo.

Yagize ati: “Ntibishoboka ko u Rwanda rwagira uruhare mu gikorwa nk’iki mu kindi gihugu.” Yongeyeho ko basaba amakuru arambuye ambasade y’u Rwanda muri Uganda.

Mu kubaza Ambasaderi w’u Rwanda, Frank Mugambage, nawe yavuze ko yakiriye ayo makuru gutyo. Ati: “Yego, twakiriye amakuru. Turi kugerageza kumva uko byagenze”.

Ambasaderi Mugambage yakomeje avuga ko amafoto ya camera yo mu kabari yashimutiwemo igipolisi gifite, azafasha mu kumenya ukuri.

Ku rundi ruhande ariko amakuru ngo inzego z’umutekano za Uganda zifite, ni uko zimaze iminsi zikeka kuri Rene Rutagungira uruhare mu kurasa kujya kugaragara mu bice bitandukanye bya Uganda.

-7578.jpg

-7577.jpg

-7576.jpg

-7575.jpg

-7573.jpg

-7574.jpg

Source: Chimpreports

2017-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali

Ubwanditsi 28 Aug 2021
Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Burundi: Habaye imirwano ikaze hagati y’igisirikare cya Leta n’inyeshyamba

Burundi: Habaye imirwano ikaze hagati y’igisirikare cya Leta n’inyeshyamba

Ubwanditsi 09 Apr 2017
‘Ntibisaba kuba warize siyansi kugira ngo umenye akamaro kayo’ – Perezida Kagame

‘Ntibisaba kuba warize siyansi kugira ngo umenye akamaro kayo’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Félix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze kandidatire mu matora ya Perezida
POLITIKI

RDC: Félix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze kandidatire mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 08 Aug 2018
Umuririmbyi Radio yasomewe misa yo kumusezeraho (Video +Amafoto)
HIRYA NO HINO

Umuririmbyi Radio yasomewe misa yo kumusezeraho (Video +Amafoto)

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Uko ibiyobyabwenge  bigira uruhare mu ihohoterwa rikorerwa abana
Mu Mahanga

Uko ibiyobyabwenge bigira uruhare mu ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 15 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru