• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uganda: Amashusho agaragaza uko Sgt (Rtd) Rutagungira yashimuswe

Uganda: Amashusho agaragaza uko Sgt (Rtd) Rutagungira yashimuswe

Ubwanditsi 11 Aug 2017 Mu Rwanda

Amashusho ya camera yafatiwe mu kabari Sgt (Rtd) Rene Rutagungira yashimutiwemo mu gihugu cya Uganda yagiye ahagaragara, aho agaragaza uko byagenze n’abantu bamushimuse bamusohora muri ako kabari kitwa Bahamas Bar.

Nk’uko aya mashusho ya CCTV abigaragaza, abagabo babiri bose bambaye sivile binjira muri ako kabari bagatumiza icyo kunywa, nyuma gato hakinjira undi wambaye ikoti ry’uruhu ryirabura n’ingofero, akegera aba akabereka aho Rene Rutagungira aba yicaye.

Amakuru agera ku kinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru ndetse nk’uko twabibagejejeho mu nkuru iheruka kuri iki kibazo, ngo ni uko uyu mugabo w’ingofero ari umusirikare ufite ipeti rya Capt. mu ngabo za Uganda .

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko abashakaga gushimuta Rutagungira babanje gutinya gato kuba bahanganira nawe muri aka kabari, nyuma hakoherezwa umuntu kumubwira ko hari umuntu ushaka ko bavugana hanze undi aragenda, ariko akijya gusohoka ngo yahise yiyumvamo ko agiye mu mutego ashaka gushidikanya, maze ba bagabo 2 bari bakomeje kumugenza mu kabari na bo bahise bahaguruka bamukurikiye mbere yo kumufata no kumusohora nabi mu kabari nk’uko amashusho abigaragaza.

Bageze hanze, aba bafashe Rutagungira bafashijwe na wa mu captain, bamwinjije mu modoka ya Toyota Corolla yari iri hanze ihita iva aho. Rutagungira ngo yagerageje kwirwanaho ariko abo bantu bamurusha imbaraga.

Nk’uko byemezwa n’umugore we, Jacinta Dusangeyezu, ngo umugabo we yatwawe mu modoka ifite purake UAT 694T.

Mu kiganiro uyu mugore wa Rutagungira yahaye Chimpreports yavuze ko yahamagawe saa cyenda z’ijoro, mu gihe umugabo we yashimuswe saa munani n’iminota mikeya, ahita ajya ku cyicaro cya polisi muri Old Kampala gutabaza.

Mu byo yabwiye polisi rero ngo harimo kuba ari abantu bo mu ihuriro RNC rirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, bashobora kuba barashimuse umugabo we kuko bari bamusabye ko bakorana akanga.

Uyu mugore kandi avuga ko uwo musirikare (Captain) watwaye umugabo we yabanje kwereka ushinzwe umutekano ku kabari ikarita ye y’akazi undi agahita ajya kumwereka aho Rene Rutagungira yari yicaye.

Dusangeyezu akaba avuga ko we n’abana babo babiri bahangayitse kuva umugabo we yashimutwa kuko ari we wari utunze umuryango, mbere yo kongeraho ko bagerageje ibishoboka ariko ntacyo bitanga.

Uwacuze uyu mugambi wo gushimuta Rutagungira ntarasobanuka

Umuvugizi w’igipolisi cya Uganda, Asan Kasingye yabwiye itangazamakuru ko bari mu iperereza, mu gihe Umuvugizi wungirije w’igisirikare, Lt Col. Deo Akiiki we avuga ko batazi ibya Rene nawe yabibonye ku mbuga nkoranyambaga agiye gushyingura Brig. Kyabihende uherutse kwitaba Imana.

Abajijwe niba UPDF yaragize uruhare muri iri shimutwa, Akiiki yasubije agira ati: “Ntabwo tujya dushimuta abantu. Nta makuru nigeze mbona ko twari tubirimo. Kugeza ubu nanjye nta makuru mfite nkawe”.

Uyu akaba yari yijeje iki kinyamakuru ko nabona amakuru amashya azakibwira ariko ngo inkuru yasohowe ntacyo aragitangariza ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane.

Si inshuro ya mbere uwahoze mu gisirikare cy’u Rwanda yaba ashimutiwe muri Uganda. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikaba ikunze gutunga urutoki inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Ubwo yabazwaga niba u Rwanda rwaba rufite uruhare muri iri shimutwa rya Rutagungira, Umukuru w’igipolisi cy’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana yabiteye utwatsi avuga ko nta ruhare bafitemo.

Yagize ati: “Ntibishoboka ko u Rwanda rwagira uruhare mu gikorwa nk’iki mu kindi gihugu.” Yongeyeho ko basaba amakuru arambuye ambasade y’u Rwanda muri Uganda.

Mu kubaza Ambasaderi w’u Rwanda, Frank Mugambage, nawe yavuze ko yakiriye ayo makuru gutyo. Ati: “Yego, twakiriye amakuru. Turi kugerageza kumva uko byagenze”.

Ambasaderi Mugambage yakomeje avuga ko amafoto ya camera yo mu kabari yashimutiwemo igipolisi gifite, azafasha mu kumenya ukuri.

Ku rundi ruhande ariko amakuru ngo inzego z’umutekano za Uganda zifite, ni uko zimaze iminsi zikeka kuri Rene Rutagungira uruhare mu kurasa kujya kugaragara mu bice bitandukanye bya Uganda.

-7578.jpg

-7577.jpg

-7576.jpg

-7575.jpg

-7573.jpg

-7574.jpg

Source: Chimpreports

2017-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rubavu: Abanyekongo babiri basanganwe indwara ya kolera

Rubavu: Abanyekongo babiri basanganwe indwara ya kolera

Ubwanditsi 09 Jul 2017
U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

Ubwanditsi 27 Aug 2021
Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’icyumweru cya Polisi

Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’icyumweru cya Polisi

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Huye: Polisi n’urubyuruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha(RYVCP) bifatanyije mu bikorwa byo kurengera ibidukikije

Huye: Polisi n’urubyuruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha(RYVCP) bifatanyije mu bikorwa byo kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 05 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Buruseli : Rudasingwa yateguye umuhango wo kwibuka Habyarimana, Interahamwe  na  Ex. FAR, baguye kurugamba
ITOHOZA

Buruseli : Rudasingwa yateguye umuhango wo kwibuka Habyarimana, Interahamwe na Ex. FAR, baguye kurugamba

Ubwanditsi 24 Sep 2016
Umwamikazi wa HipHop Oda Paccy Nyuma y’ Igihe Gito Ntagashya Yereka Abakunzi Be Yashyize Hanze Video “KANO” Asaba Umusore Kumukora Ahadasanzwe “REBA HANO”
SHOWBIZ

Umwamikazi wa HipHop Oda Paccy Nyuma y’ Igihe Gito Ntagashya Yereka Abakunzi Be Yashyize Hanze Video “KANO” Asaba Umusore Kumukora Ahadasanzwe “REBA HANO”

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza

Ubwanditsi 22 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru