• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzinge yahungiye mu Bwongereza, menya impamvu zabyo

Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzinge yahungiye mu Bwongereza, menya impamvu zabyo

Ubwanditsi 13 Nov 2016 ITOHOZA

Mugihe imyiteguro yo kohereza mu Rwanda Umugogo w’Umwami Kigeli irarimbanije, nyuma y’urugamba rutoroshye hagati y’umuryango wa Kigeli usanzwe uba mu Rwanda uyobowe na Pasiteri Ezra Mpyisi n’undi uba mu bihugu bitandukanye ukorana n’abarwanya Leta y’u Rwanda biganjemo abo muri RNC n’abaterankunga bayo barimo umunyemari Ayabatwa Rujugiro Tribert, wari umaze gutanga akayabo k’amafaranga ngo Umwami Kigeli ajyanwe gutabarizwa muri Portigal aho Rujugiro aba muri ikigihe .

Nyuma y’impaka ndende higwa aho umugogo wa Kigeli ukwiye gutabarizwa byabaye ngombwa ko hitabazwa urukiko rw’Amerika rusuzuma inyandiko ya mushiki wa Kigeli uba i Nairobi Christine Mukabayojo wifuzaga ko umugogo wa musaza we watabarizwa i Mwima mu Karere ka Nyanza mu Rwanda aho Kigeli yimiye akaba ari naho mukuruwe ashyinguye.

-4610.jpg

Umwami Kigeli V Ndahindurwa

Hari amakuru avuga ko Chancellor Boniface Benzinge wabanye n’Umwami Kigeli ubu amaze guhungira mu Bwongereza kuko ibyo yijeje abarwanya Leta y’u Rwanda ndetse babishoyemo akayabo k’amafaranga menshi kugirango umugogo w’Umwami Kigeli utoherezwa mu Rwanda bitakibaye, ubu umugogo ukaba ugiye koherezwa mu Rwanda nyuma yo kwitabaza inkiko.

Boniface Benzinge yavugaga ko hagomba gukurikizwa icyifuzo Umwami yavuze akiriho kandi gikwiriye kubahirizwa, ko kandi no mu muco no mu mategeko ya Leta ngo bakurikiza ijambo rya nyuma umuntu yivugiye akiriho.

Benzinge yakomeje agaragaza ko Kigeli V akiriho atigeze yifuza gutabarizwa mu Rwanda. Ariko urukiko rwamusaba inyandiko y’Umwami Kigeli ishimangira ibyo avuga akayibura.

-146.png

Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzige ubu arabarizwa mu Bwongereza

Yabajijwe niba Kigeli V yarabasobanuriye impamvu atifuza ko umugogo we ujyanwa mu Rwanda, niba hari nk’inyandiko yaba yarasize irimo icyo cyifuzo, asubiza ko Umwami yanze kuza mu Rwanda nk’Umunyarwanda usanzwe binyuranije n’ugushaka kwe.

Ubu bushyamirane bwakuruwe n’agatsiko kamwe k’umuryango w’Umwami Kigeli kagizwe na Gerard Rwigemera wabaye umu RADER na Emmanuel bivugwa ko kariye amafaranga atubutse y’ibigarasha bitashakaga ko Kigeli atabarizwa mu Rwanda nibyo byaviriyemo Boniface Benzinge gukwepa ahungira mu Bwongereza.

Agashya

Abateruzi b’ibibindi muri RNC, barimo Condo Gervais bangiwe gukandagiza ikirenge hafi y’Umugogo w’Umwami Kigeli ubwo yasezerwagaho bwanyuma Condo ( Umuteruzi w’ibibindi ) bamwirukanira kumuryango ngo ntamuteruzi w ‘ibibindi ureba umugogo w’Umwami, Gahima Gerard wari inyuma ya Condo abibonye atwo aranyerera.

-4611.jpg

Condo na Rudasingwa

Kubera amatora yari muri Amerika yatumye ibintu byose bihagarara, ubu ikiri gukorwa ni ugushaka indege n’ibindi byose byo guherekeza umugogo w’Umwami Kigeli ukazanwa mu Rwanda mu minsi yavuba.

-4609.jpg

Umuryango w’Umwami Kigeli uba mu Rwanda

2016-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dore Urutonde rw’ abanyamakurukazi Mu Rwanda bakunzwe Kubera Amajwi yabo Meza aryohera benshi “AMAFOTO”

Dore Urutonde rw’ abanyamakurukazi Mu Rwanda bakunzwe Kubera Amajwi yabo Meza aryohera benshi “AMAFOTO”

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Gatsinzi wakorewe iyica rubozo na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n’u Rwanda

Gatsinzi wakorewe iyica rubozo na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Mu minsi ya vuba Burundi 24 TV irasohora inkuru mbarankuru itangaje kuri Nkurunziza n’ababyeyi be

Mu minsi ya vuba Burundi 24 TV irasohora inkuru mbarankuru itangaje kuri Nkurunziza n’ababyeyi be

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Umuhungu wa Osama bin Laden yashyizwe ku rutonde rw’abahigwa Bukware kubera iterabwoba

Umuhungu wa Osama bin Laden yashyizwe ku rutonde rw’abahigwa Bukware kubera iterabwoba

Ubwanditsi 06 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara
POLITIKI

Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara

Ubwanditsi 03 Feb 2020
Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika
ITOHOZA

Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Ubwanditsi 17 Apr 2017
RDF yasimbuje abasirikare bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo
Mu Mahanga

RDF yasimbuje abasirikare bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 02 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru